• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yakiranywe urugwiro n’icyubahiro na Colonel Mamadi uyobora Guinée (AMAFOTO)

Col Mamadi yamutereye amasaluti

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Bihugu binyuranye byo ku Mugabane wa Afurika, yageze muri Guinée aho yakiranywe ubwuzu na Colonel Mamadi Doumbouya uyobora iki Gihugu.

Perezida Paul Kagame watangiriye uruzinduko rwe muri Afurika mu Benin mu mpera z’icyumweru gishize, yarukomereje muri Guinea-Bissau, aza no kurukomereza muri Guinée kuri uyu wa Mbere tariki 17 Mata 2023.

Ubwo Perezida Kagame yageraga ku Kibuga cy’Indege mpuzamahanga cya Aéroport international Ahmed Sékou Touré, yakiriwe na Perezida w’Inzibacyuho w’iki Gihugu, Colonel Mamadi Doumbouya, wamugaragarije urugwiro n’icyubahiro byinshi, amuha ikaze mu Gihgu cye.

Ku Kibuga cy’Indege kandi hahise habera akarasisi ko kwakira Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, kakozwe n’igisirikare cya Guinée.

Perezida Colonel Mamadi Doumbouya yahise ajya kwereka Perezida Kagame imiterere y’aka karasiri kanaririmbye indirimbo zubahiriza Ibihugu byombi.

Perezida Colonel Mamadi Doumbouya kandi yahise yakira mugenzi we Paul Kagame mu biro bye, banatanga imbwirwaruhame imbere y’itangazamakuru.

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we uburyo yamwakiriye we n’itsinda ry’abayobozi bari kumwe, avuga ko gusura iki Gihugu byari mu byifuzo bye.

Ati “Nahoze nifuza kubasura no gusura Igihugu cyanyu na mbere, ariko simbigereho none ubu ndishimye ko naje hano, nizeye turi bugirane ibiganiro byiza, kandi nishimiye kuzana u Rwanda muri Guinée kandi nizeye nanishimiye ko nanjye Guinée nza kuyisubiranayo ku mutima mu Rwanda.”

Perezida Mamadi Doumbouya na we yashimiye byimazeyo Perezida Paul Kagame ku bwo kwemera gusura Igihugu cye kuko hari byinshi byo kumwigiraho ndetse no kwigira ku Rwanda.

Perezida Kagame ubwo yururukaga mu ndege
Col Mamadi yamutereye amasaluti
Yishimiye kuba asuye Igihugu cye
Yamuhaye ikaze

Yamwakiriye mu biro bye
Banagirana ibiganiro
Perezida Kagame yavuze ko yishimiye kuba yaje kwagurira amaboko u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Bararira ayo kwarika kubera umushoramari wabizeje ibitangaza none umwaka urihiritse baramubuze

Next Post

Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda

Abasirikare ba Guinée-Bissau ubwo bakiraga Perezida Kagame bakoze ibyatunguye Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.