Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye Blinken baganira ku ngingo zirimo ibyo muri DRC

radiotv10by radiotv10
11/08/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yakiriye Blinken baganira ku ngingo zirimo ibyo muri DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken bagirana ikiganiro cyagarutse ku mubano usanzwe hagati y’Ibihugu byombi ndetse n’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta mu kiganiro we na mugenzi we Antony Blinken bagiranye n’itangazamakuru.

Dr Vincent Biruta yavuze ko Perezida Paul Kagame yakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken bakagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye busanzwe buri hagati y’Ibihugu byombi.

Dr Biruta yagize ati “Twagize ikiganiro cy’ingirakamaro ku bijyanye n’ubufatanye hagati y’Ibihugu byacu byombi, ku bijyanye n’imikoranire twashimye imikoranire ihamye mu nzego zitandukanye zirimo igisirikare n’umutekano, ubucuruzi n’ishoramari, kugarura amahoro no mu buzima.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga avuga ko u Rwanda rwaboneyeho gushimira inkunga ikomeye yahawe na Leta Zunze Ubumwe za America mu bijyanye no guhangana n’icyorezo cya COVID-19 ahatanzwe doze zisaga miliyoni 5 z’inkingo z’iki cyorezo.

Ato “Leta Zunze ubumwe za America zikomeje kuba umufatanyabikorwa muri gahunda z’u Rwanda zigamije kubaka urwego rw’ubuzima rushikamye. Twishimiye kandi ubufatanye mu rwego rwa gisirikare.”

Yavuze kandi ko ibi biganiro byanagarutse ku bibazo by’umutekano mucye bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo binagira ingaruka ku Rwanda.

Ati “Twashimangiye inkunga yacu mu ngamba zashyizweho n’akarere zirimo izafatiwe mu nama y’i Nairobi ndetse n’i Luanda zigamije kuzana amahoro mu karere kacu.”

Dr Biruta kandi yavuze ko impande zombi zemeranyijwe gukumira ibikorw abyose by’imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Congo irimo uwa FDLR.

Yavuze kandi ko banamaganye imbwirwaruhame z’ivangura n’urwango ndetse n’ingengabitekerezo zavuzwe na bamwe mu bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse basaba ko ibi bihagarara.

Banaganiriye kandi ku bwubahane no kutavogerana hagati y’Ibihugu byo mu Karere nyuma yuko u Rwanda na Congo bimaze iminsi bishinjanya kuvogerana.

Antony Blinken yashimye intambwe ishimishije u Rwanda rwateye mu myaka irenga 20 nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Antony Blinken yashimye intambwe ishimishije u Rwanda rwateye mu myaka irenga 20 nyuma ya Jenoside Yakorewe Abatutsi ubu rukaba ari Igihugu cy’intangarugero ku Isi haba mu cyerekezo cy’Isi, mu ishoramari ndetse no mu bukerarugendo.

Yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za America zisanzwe zifitanye imikoranire n’ubufanye n’u Rwanda mu nzego zitandukanye zirimo kuzamura urwego rw’ubuzima ndetse no kuzamura urwego rw’ubukungu.

Ati “Mu byukuri ubufatanye hagati y’Ibihugu byacu ushinze imizi kandi ukaba ugizwe n’ingingo zinyuranye nkuko hari ibihamya ko imikoranire hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iya Leta Zunze Ubumwe za America nko mu miryango itari ita Leta ndetse n’inkunga zihabwa abanyeshuri.”

Perezida Kagame yakiriye Blinken n’itsinda ayoboye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 14 =

Previous Post

Pasiteri yagaragaye ku ruhimbi akubita abakobwa ku mabuno bambaye impenure

Next Post

Blinken mu Rwanda yongeye kuvuga ko Rusesabagina atahawe ubutabera buboneye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Blinken mu Rwanda yongeye kuvuga ko Rusesabagina atahawe ubutabera buboneye

Blinken mu Rwanda yongeye kuvuga ko Rusesabagina atahawe ubutabera buboneye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.