Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa

radiotv10by radiotv10
07/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bahawe inshingano nshya mu nzego z’umutekano, abibutsa ko kimwe n’abandi bayobozi bose; bagomba kuzirikana uburemere bw’inshingano zabo, zo gukorera Abanyarwanda.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Kamena 2023, aho abayobozi barahiye, ari Minisitiri mushya w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganda, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), Brig Gen Evariste Murenzi.

Perezida Paul Kagame yashime aba bayobozi kuba bemeye izi nshingano nshya zije nyuma y’izo bari basanganywe, avuga ko nubwo zahindutse ariko zose ari ugukorera Igihugu.

Ati “Nta gishya kindi, ariko iteka aho umutu agiye hose cyangwa aho aba asanzwe, imirimo ni ukuyikora uko bishoboka, igakorwa neza, igakorwa twumva uburemere bw’izo nshingano, bitewe n’uko hafi byose cyangwa byinshi tuba tubikorera Igihugu cyangwa Abanyarwanda.”

Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa ko mu mikorere y’inzego zose, hagomba kubamo gukorana, kuko bose baba bakorera Abanyarwanda kandi bagahora iteka bazirikana iyo ntego.

Aba bayobozi bashya, bashyizweho umusibo ejo, ubwo Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoraga amavugurura mu nzego nkuru z’umutekano w’u Rwanda.

Lt Gen Mubarakh Muganga, yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye General Jean Bosco Kazura, mu gihe Maj Gen Vincent Nyakarundi yasimbuye Muganga, naho Brig Gen Evariste Murenzi akaba yarasimbuye Juvenal Marizamunda wagizwe Minisitiri w’Ingabo.

Aya mavugurura kandi yakurikiwe n’iyirukanwa rya bamwe mu basirikare bakuru muri RDF, barimo Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda, birukanywe na Perezida wa Repubulika Akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.

Juvenal Marizamunda yarahiriye kuba Minisitiri w’Ingabo
Umugaba Mukuru w’Inagbo, Lt Gen Muganga
Maj Gen Vincent Nyakarundi, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka
Brig Gen Evariste yagizwe Komiseri mukuru wa RCS

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 9 =

Previous Post

Uwabaye ikiraro cyazamuye abahanzi benshi ubu yanabaye ikibambutsa ibwotamasimbi

Next Post

Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.