Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa

radiotv10by radiotv10
07/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bahawe inshingano nshya mu nzego z’umutekano, abibutsa ko kimwe n’abandi bayobozi bose; bagomba kuzirikana uburemere bw’inshingano zabo, zo gukorera Abanyarwanda.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Kamena 2023, aho abayobozi barahiye, ari Minisitiri mushya w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganda, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), Brig Gen Evariste Murenzi.

Perezida Paul Kagame yashime aba bayobozi kuba bemeye izi nshingano nshya zije nyuma y’izo bari basanganywe, avuga ko nubwo zahindutse ariko zose ari ugukorera Igihugu.

Ati “Nta gishya kindi, ariko iteka aho umutu agiye hose cyangwa aho aba asanzwe, imirimo ni ukuyikora uko bishoboka, igakorwa neza, igakorwa twumva uburemere bw’izo nshingano, bitewe n’uko hafi byose cyangwa byinshi tuba tubikorera Igihugu cyangwa Abanyarwanda.”

Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa ko mu mikorere y’inzego zose, hagomba kubamo gukorana, kuko bose baba bakorera Abanyarwanda kandi bagahora iteka bazirikana iyo ntego.

Aba bayobozi bashya, bashyizweho umusibo ejo, ubwo Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoraga amavugurura mu nzego nkuru z’umutekano w’u Rwanda.

Lt Gen Mubarakh Muganga, yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye General Jean Bosco Kazura, mu gihe Maj Gen Vincent Nyakarundi yasimbuye Muganga, naho Brig Gen Evariste Murenzi akaba yarasimbuye Juvenal Marizamunda wagizwe Minisitiri w’Ingabo.

Aya mavugurura kandi yakurikiwe n’iyirukanwa rya bamwe mu basirikare bakuru muri RDF, barimo Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda, birukanywe na Perezida wa Repubulika Akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.

Juvenal Marizamunda yarahiriye kuba Minisitiri w’Ingabo
Umugaba Mukuru w’Inagbo, Lt Gen Muganga
Maj Gen Vincent Nyakarundi, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka
Brig Gen Evariste yagizwe Komiseri mukuru wa RCS

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 4 =

Previous Post

Uwabaye ikiraro cyazamuye abahanzi benshi ubu yanabaye ikibambutsa ibwotamasimbi

Next Post

Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.