Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa

radiotv10by radiotv10
07/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abarimo Umugaba Mukuru wa RDF agira icyo abibutsa
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi bahawe inshingano nshya mu nzego z’umutekano, abibutsa ko kimwe n’abandi bayobozi bose; bagomba kuzirikana uburemere bw’inshingano zabo, zo gukorera Abanyarwanda.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Kamena 2023, aho abayobozi barahiye, ari Minisitiri mushya w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganda, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), Brig Gen Evariste Murenzi.

Perezida Paul Kagame yashime aba bayobozi kuba bemeye izi nshingano nshya zije nyuma y’izo bari basanganywe, avuga ko nubwo zahindutse ariko zose ari ugukorera Igihugu.

Ati “Nta gishya kindi, ariko iteka aho umutu agiye hose cyangwa aho aba asanzwe, imirimo ni ukuyikora uko bishoboka, igakorwa neza, igakorwa twumva uburemere bw’izo nshingano, bitewe n’uko hafi byose cyangwa byinshi tuba tubikorera Igihugu cyangwa Abanyarwanda.”

Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa ko mu mikorere y’inzego zose, hagomba kubamo gukorana, kuko bose baba bakorera Abanyarwanda kandi bagahora iteka bazirikana iyo ntego.

Aba bayobozi bashya, bashyizweho umusibo ejo, ubwo Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoraga amavugurura mu nzego nkuru z’umutekano w’u Rwanda.

Lt Gen Mubarakh Muganga, yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda asimbuye General Jean Bosco Kazura, mu gihe Maj Gen Vincent Nyakarundi yasimbuye Muganga, naho Brig Gen Evariste Murenzi akaba yarasimbuye Juvenal Marizamunda wagizwe Minisitiri w’Ingabo.

Aya mavugurura kandi yakurikiwe n’iyirukanwa rya bamwe mu basirikare bakuru muri RDF, barimo Maj Gen Aloys Muganga na Brig Gen Francis Mutiganda, birukanywe na Perezida wa Repubulika Akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu.

Juvenal Marizamunda yarahiriye kuba Minisitiri w’Ingabo
Umugaba Mukuru w’Inagbo, Lt Gen Muganga
Maj Gen Vincent Nyakarundi, Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka
Brig Gen Evariste yagizwe Komiseri mukuru wa RCS

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + seven =

Previous Post

Uwabaye ikiraro cyazamuye abahanzi benshi ubu yanabaye ikibambutsa ibwotamasimbi

Next Post

Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga
AMAHANGA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Kenya: Hafashwe icyemezo cyihariye ku ishyamba ryatikiriyemo abakristu batewe icya semuhanuka n’umupasiteri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.