Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/09/2023
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yashyize mu kiruhuko Abapolisi bakomeye barimo uwayoboye Polisi y’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru Abapolisi 99 barimo abo ku rwego rwo hejuru mu cyiciro cy’Abakomiseri batandatu, barimo CG Emmanuel Gasana wigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, ko Perezida Paul Kagame yemeje ishyirwa mu kiruhuko ku Bapolisi barimo abakuru.

CG Gasana Emmanuel Gasana uri mu bashyize mu kiruhuko, yamaze imyaka icyenda ari Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, kuko yatangiye izi nshingano mu kwezi k’Ukwakira 2009 kugeza mu Ukwakira 2018, aho yavuye ahita ajya kuyobora Intara y’Amajyepfo, ubu akaba ayobora iy’Iburasirazuba.

Uretse CG Gasana Emmanuel, abandi bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, barimo CP Emmanuel Butera wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Polisi cy’amahugurwa.

Barimo kandi CP Vianney Nshimiyimana wari Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe Ubutwererane na Porotokole, CP Bruce Munyambo wigeze kuba Umuyobozi w’Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNAMISS).

Barimo kandi ACP Damas Gatare wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ndetse akaba yaranayoboye ishami rya Polisi rishinzwe ibikorwa bihuriweho na Polisi n’abaturage (Community Policing).

Perezida Paul Kagame kandi yemeje ishyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru abandi Bapolisi b’Abofisiye Bakuru batanu, Abofisiye bato 28, n’abandi Bapolisi bato  60.

Yanemeje kandi isezererwa ku Bapolisi barindwi (7) bo ku rwego rwa Ofisiye, anemeza isezererwa ry’abandi Bapolisi batandatu ku mpamvu zitandukanye.

CG Emmanuel Gasana yigeze kuyobora Polisi y’u Rwanda ubu ni Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba
CP Emmanuel Butera na we yashyize mu kiruhuko
CP Vianney Nshimiyimana na we yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru
Na CP Bruce Munyambo
ACP Damas Gatare we yigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Uvuga ko yabaye hamwe na Kazungu amuvuzeho ibindi bidasanzwe amuziho

Next Post

Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Byashowemo arenga miliyari 10Frw,…Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda

Byashowemo arenga miliyari 10Frw,...Iby’ingenzi wamenya ku bihembo mpuzahanga bizatangirwa mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.