Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ivuga ko kuva Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yatangira inshingano zo kuyobora amavugurura agamije kwigira k’uyu muryango, hatewe intambwe ishimishije, igaragarira mu byatangiye kugerwaho.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat n’umwungirije, Umunyarwandakazi Dr Monique Nsanzabaganwa bari mu Rwanda, basuzuma aho amavugurura y’uyu muryango ageze.

Aya mavugurura amaze imyaka itandatu ayobowe na Perezida Paul Kagame, agamije gutuma uyu muryango wigira, ndetse n’Ibihugu biwugize bikarushaho kwihuta mu rugendo rubiganisha ku ntego zawo zikubiye mu cyerekezo 2063.

Komisiye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ishimangira ko izi nshingano Perezida Kagame amazemo iyi myaka yose zatanze umusaruro ukomeye.

Visi Perezida w’iyi Komisiyo, Dr Monique Nsanzabaganwa, yagize “Hari byinshi byavuguruwe kugira ngo tubashe gutera imbere no gukora neza. Hari n’ivugurura mu bijyanye n’ingengo y’imari kugira ngo Ibihugu bitange imigabane ihagije yatuma Umuryango ubasha kwihaza.”

Yakomeje agira ati “Kugeza uyu munsi Umuryango wihagije ku bijyane n’ibikoresho no guhemba abakozi, ariko turacyari mu rugendo rwo kwiyubaka kugira ngo ingengo y’imari ijyanye n’ibikorwa na za gahunda na yo bayigiremo uruhare.”

Icyakora ngo hari indi ntambwe bakeneye gutera kugira ngo uyu Mugabane urusheho kwegera intego z’icyerekezo 2063.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba; Prof Nshuti Manasseh, avuga ko mu gihe cyose imishinga y’uyu Mugabane yakomeza kurambiriza ku nkunga n’imfashanyo z’amahanga, byagorana ko watera imbere.

Yagize ati “Uyu muryango uracyarambirije ku nkunga z’amahanga. Ibyo bigomba kwigwaho kugira ngo wishakemo ubushobozi bwose bushorwa mu mishinga yawo. Ndatekereza ko mu nama yabaye mu mwaka wa 2015, yemeje ko iki kibazo kigomba gushakirwa igisubizo. Gukomeza gutegereza inkunga z’amahanga mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, bituma ibyemezo byafatiwe i Johanesburg zitagerwaho.

Kuri iyi ngingo, Moussa Faki Mahamat, avuga ko bari kugishakira igisubizo. Ati “Dushingiye ku byemezo by’inama y’Abakuru b’Ibihugu yabaye mu kwezi kwa 7/2015, mu mwanzuro wa 605 wafatiwe i Kigali, n’uwa 635 wafatiwe i Addis Ababa; Ibihugu bigomba gushaka amafaranga yose yagenewe imishinga y’uyu muryango.”

Naho ku bijyanye n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro, Moussa Faki Mahamat yavuze ko hari byinshi byakozwe, kuko hamaze kuboneka Miliyoni 330 USD, mu gihe intego ari ugukusanya Miliyoni 400 USD yagenewe ikigega cyo gushyigikira ibyo bikorwa.

Ati “Hari itsinda ry’Abaminisitiri bashinzwe imari bafite umukoro wo gushaka aho amafaranga y’ibikorwa by’uyu Muryango agomba kuva. Turi no gushyiraho uburyo bwo gukaza ibihano ku Bihugu bitishyura n’ibitinda gutanga imisanzu y’Umuryango buri mwaka.”

Uko kudashyira hamwe ngo bashake ubushobozi bwo gushora mu bikorwa by’iterambere; ni ingingo na Dr. William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, uyobora Kanya aherutse kuvuga ko ituma batabasha kwikemurira ibibazo.

Faki Mahamat yayoboye umwiherero wabereye i Kigali

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 18 =

Previous Post

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Next Post

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.