Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo

radiotv10by radiotv10
09/06/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Perezida Kagame yatumye Afurika Yunze Ubumwe itangira kugera ku byari inzozi zayo
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ivuga ko kuva Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yatangira inshingano zo kuyobora amavugurura agamije kwigira k’uyu muryango, hatewe intambwe ishimishije, igaragarira mu byatangiye kugerwaho.

Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat n’umwungirije, Umunyarwandakazi Dr Monique Nsanzabaganwa bari mu Rwanda, basuzuma aho amavugurura y’uyu muryango ageze.

Aya mavugurura amaze imyaka itandatu ayobowe na Perezida Paul Kagame, agamije gutuma uyu muryango wigira, ndetse n’Ibihugu biwugize bikarushaho kwihuta mu rugendo rubiganisha ku ntego zawo zikubiye mu cyerekezo 2063.

Komisiye y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ishimangira ko izi nshingano Perezida Kagame amazemo iyi myaka yose zatanze umusaruro ukomeye.

Visi Perezida w’iyi Komisiyo, Dr Monique Nsanzabaganwa, yagize “Hari byinshi byavuguruwe kugira ngo tubashe gutera imbere no gukora neza. Hari n’ivugurura mu bijyanye n’ingengo y’imari kugira ngo Ibihugu bitange imigabane ihagije yatuma Umuryango ubasha kwihaza.”

Yakomeje agira ati “Kugeza uyu munsi Umuryango wihagije ku bijyane n’ibikoresho no guhemba abakozi, ariko turacyari mu rugendo rwo kwiyubaka kugira ngo ingengo y’imari ijyanye n’ibikorwa na za gahunda na yo bayigiremo uruhare.”

Icyakora ngo hari indi ntambwe bakeneye gutera kugira ngo uyu Mugabane urusheho kwegera intego z’icyerekezo 2063.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba; Prof Nshuti Manasseh, avuga ko mu gihe cyose imishinga y’uyu Mugabane yakomeza kurambiriza ku nkunga n’imfashanyo z’amahanga, byagorana ko watera imbere.

Yagize ati “Uyu muryango uracyarambirije ku nkunga z’amahanga. Ibyo bigomba kwigwaho kugira ngo wishakemo ubushobozi bwose bushorwa mu mishinga yawo. Ndatekereza ko mu nama yabaye mu mwaka wa 2015, yemeje ko iki kibazo kigomba gushakirwa igisubizo. Gukomeza gutegereza inkunga z’amahanga mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, bituma ibyemezo byafatiwe i Johanesburg zitagerwaho.

Kuri iyi ngingo, Moussa Faki Mahamat, avuga ko bari kugishakira igisubizo. Ati “Dushingiye ku byemezo by’inama y’Abakuru b’Ibihugu yabaye mu kwezi kwa 7/2015, mu mwanzuro wa 605 wafatiwe i Kigali, n’uwa 635 wafatiwe i Addis Ababa; Ibihugu bigomba gushaka amafaranga yose yagenewe imishinga y’uyu muryango.”

Naho ku bijyanye n’ibikorwa byo kubungabunga amahoro, Moussa Faki Mahamat yavuze ko hari byinshi byakozwe, kuko hamaze kuboneka Miliyoni 330 USD, mu gihe intego ari ugukusanya Miliyoni 400 USD yagenewe ikigega cyo gushyigikira ibyo bikorwa.

Ati “Hari itsinda ry’Abaminisitiri bashinzwe imari bafite umukoro wo gushaka aho amafaranga y’ibikorwa by’uyu Muryango agomba kuva. Turi no gushyiraho uburyo bwo gukaza ibihano ku Bihugu bitishyura n’ibitinda gutanga imisanzu y’Umuryango buri mwaka.”

Uko kudashyira hamwe ngo bashake ubushobozi bwo gushora mu bikorwa by’iterambere; ni ingingo na Dr. William Kipchirchir Samoei Arap Ruto, uyobora Kanya aherutse kuvuga ko ituma batabasha kwikemurira ibibazo.

Faki Mahamat yayoboye umwiherero wabereye i Kigali

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 13 =

Previous Post

Menya icyo Gen Kabarebe yahereyeho mu ruzinduko rw’iminsi 3 muri Centrafricque

Next Post

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka
AMAHANGA

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Rwamagana: Igisubizo cy’ikibazo gituma basebera imbere y’abakiliya gitandukanye n’icyo bifuzaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.