Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuye muri Barbados anyura muri Senegal aganira na Macky Sall

radiotv10by radiotv10
18/04/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuye muri Barbados anyura muri Senegal aganira na Macky Sall
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame wasoje uruzinduko yagiriraga mu birwa bya Caraïbes, yanyuze muri Senegal, aganira na mugenzi we w’iki Gihugu, Macky Sall.

Perezida Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu bihugu bibiri byo mu Birwa bya Caraïbes birimo Jamaica na Barbados, yasoje uruzinduko rwe kuri iki Cyumweru.

Ubwo yavagayo yahitse anyura muri Senegal, yakirwa na mugenzi we Macky Sall ku Kibuga cy’Indege cya Gisirikare cya Yoff.

Nk’uko tubikesha ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Senegal, Perezida Kagame na Macky Sall baboneyeho umwanya wo kuganira ku butwererane bw’Ibihugu byabo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yaherukaga muri Senegal mu mezi abiri ashize kuko tariki 21 Gashyantare yari yagiye muri iki Gihugu ubwo yitabiraga umuhango wo gufungura ku mugaragaro Stade du Senegal yiritiwe Abdoulaye Wade wayoboye iki Gihugu.

Icyo gihe na bwo akigera muri Senegal, Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we Macky Sall

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame yageze muri Sénégal, aho biteganyijwe ko ari umwe mu banyacyubahiro bazitabira umuhango wo gutahanga ‘Stade du Sénégal’ izajya yakira imikino itandukanye irimo n’umupira w’amaguru.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yageze i Dakar kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022. Akigera muri iki gihugu yakiriwe na mugenzi we, Perezida Macky Sall.

Perezida Kagame yakiriwe na mugenzi we Macky Sall

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 14 =

Previous Post

Abanyarwanda barimo ibyamamare basabye Chameleone gukosora imvugo ipfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi

Next Post

Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IMYIDAGADURO

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru

Malaika wari Umu-Rayon byahamye yahinduye inzira ubu yambaye umukara n’umweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.