Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi

radiotv10by radiotv10
15/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ikimutera ishema kurusha ibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko kimwe mu bimutera ishema, ari ukuba yaratanze umusanzu mu gukumira ko Igihugu cy’u Rwanda gisenyuka nk’uko hari ababonaga ko cyarangiye mu myaka 30 ishize, ariko kikaba kigeze ku bitaratekerezwaga ko byashoboka.

Umukuru w’u Rwanda yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Televiziyo ya NTV ikorera muri Kenya, cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo, Politiki y’akarere, umutekano, ndetse n’iterambere ry’u Rwanda.

Perezida Paul Kagame abajijwe ikimutera ishema kurusha ibindi nk’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, yavuze ko ari byinshi ariko ko yabimbatirira hamwe.

Ati “Ntabwo ari ikintu kimwe, ni ibintu byinshi, ariko nterwa ishema no kuba mu nshingano zanjye naratanze umusanzu mu gukumira ko iki Gihugu gisenyuka [failed state] ariko ntibigarukire aho gusa, ahubwo kikaniyubaka.

Aho Igihugu kigeze ubu nta muntu watekerezaga ko cyahagera mu myaka 30 ishize kuva mu 1994, yewe na bamwe muri twe, hari ibijya bidutangaza.”

Perezida Kagame yavuze ko ibi byagezweho kubera umusanzu w’Abanyarwanda bose baharaniye kwigira no kutabohwa n’amateka y’ibihe bigoye bari bavuyemo mu 1994.

Ati “Habayeho guharanira kwigira kw’abaturage bacu, habaho no kubyemera ko bashobora kuva muri ibyo bibazo. Ibyo ni byo bintera ishema, nubwo atari ikintu kimwe ariko muri rusange ni uruhurirane rw’ibyo byose.”

Perezida Kagame kandi mu bihe bitandukanye, yakunze kuvuga ko nanone yishimira kubona imyumvire y’Abanyarwanda yarakuze, ku buryo nta muntu ucyumva ko yabeshwaho n’undi.

Mu kiganiro yatanze mu kwezi k’Ugushyingo umwaka ushize wa 2023, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro ikigo Norrsken Kigali House gifasha ba rwiyemezamirimo b’imishinga y’ikoranabuhanga, Perezida Kagame yabajijwe icyagezweho na Guverinoma y’u Rwanda kitari cyitezwe, avuga ko ari uguhindura imyumvire y’Abanyarwanda.

Icyo gihe yagize ati “Kuva ku guhora bategereje inkunga z’abandi, bakagera ku rwego rwo kwigira ubwacu ariko nanone tukanakorana n’abandi. Ariko kuba imyumvire yarahindutse, ni ingenzi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 2 =

Previous Post

Nyaruguru: Barijujutira Kompanyi y’ubwubatsi kubera ibyo yabakoreye byabashyiriye ubuzima mu kaga

Next Post

Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

Related Posts

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

by radiotv10
19/05/2025
0

Diyose Gatulika ya Cyangugu yaremeye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yoroza inka imiryango 10 itishoboye yo mu Turere twa Rusizi na...

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannete Kagame, bari kumwe n’abuzukuru bombi, Anaya Abe na Amalia Agwize Ndengeyingoma, barebye umukino APR...

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

by radiotv10
17/05/2025
0

Abazi umugabo ufite akabari mu Mudugudu wa Mukazanyana mu Kagari ka Sazange mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye,...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Dosiye ya ‘Bishop Gafaranga’ uregwa ihohotera rishingiye ki gitsinda yazamuwe

by radiotv10
16/05/2025
0

Dosiye y’ikirego kiregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’, yamaze kugezwa mu Bushinjacyaha kugira ngo buyisuzume buzayiregere Urukiko. Bishop Gafaranga...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

by radiotv10
19/05/2025
0

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

19/05/2025
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

19/05/2025
Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

17/05/2025
Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

Icyifuzo cyo kwambura ubudahangarwa uwayoboye DRCongo ntikivugwaho rumwe n’abahawe kugisuzuma

17/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

Abatoza bategereje ko abakinnyi b’ikipe yo mu Rwanda ivugwamo ibibazo baza mu myitozo baraheba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.