Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko adaheruka kuvuga na Museveni agaragaza n’icyakorwa ngo bongere bavugane

radiotv10by radiotv10
22/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ko adaheruka kuvuga na Museveni agaragaza n’icyakorwa ngo bongere bavugane
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hashize igihe atavugana na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kubera ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda byanatumye abatuye ibi bihugu byafatwaga nk’ibivandimwe, bidakomeza kugenderana nk’uko byari bisanzwe.

Perezida Kagame Paul yabivuze mu kiganiro yagiranye na Al Jazeera, aho yagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo politiki y’u Rwanda, imibanire y’u Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi nka Uganda.

Ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo igitotsi, Perezida Kagame yavuze ko impande z’ibihugu byombi zagiye zihura zikaganira ariko ko ibibazo bikiriho.

U Rwanda rwakuze kugaragaza ko igihugu cya Uganda gikomeje kugirira nabi Abanyarwanda baba abakibamo cyangwa abakijyamo ndetse no gutera inkunga imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi bibazo byose byatumye Guverinoma y’u Rwanda igira inama Abanyarwanda kutajya muri Uganda kuko bagerayo bakagirirwa nabi, ku buryo imipaka ihuza ibi bihugu ifunze.

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Al Jazeera, yavuze ko igice kinini cy’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda gifunze nubwo hari abakomeje gusaba ko ifungurwa.

Ati “Ndetse ibyo buri muntu muri aka karere arabishaka, kuri twe, ikibazo ni icyatumye imipaka ifungwa, gikeneye gukemurwa mbere y’uko ifungurwa.”

Perezida Kagame aherutse kubwira Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA ko kubuza Abanyarwanda kujya muri Uganda ari “amaburakindi kuko hari benshi bafiteyo imiryango, abana, ababyeyi, ibihugu byombi bifitanye amateka maremare.”

Muri kiriya kiganiro yagira na Al Jazeera, Perezida Kagame yavuze ko Leta ya Uganda ari yo ikunze gushinja Abanyarwanda kuba inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye muri kiriya Gihugu, ati “Nyamara Abanya-Uganda bo iyo baje mu Rwanda nta bibazo bagira nk’ibyo Abanyarwanda bahura na byo muri Uganda.”

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko ibi bibazo by’ibihugu byombi, byanatumye we na mugenzi Perezida Yoweri Kaguta Museveni bamaze igihe batavugana.

Perezida Kagame avuga ko bari basanzwe bavugana ariko ko “hashize igihe bihagaze, hashize igihe, kuzageza ubwo ibi bibazo bizaba bikemutse, kuganira ntibyabaho hatabayeho impamvu ifatika. Muganira iyo muhuje, mukorera hamwe.”

Leta ya Uganda yakunze gufata bamwe mu Banyarwanda ikabafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bamwe bagakorerwa iyicarubozo hakaba hari n’abahasize ubuzima, abandi ikabarekura ihita ibirukana; no mu cyumweru gishize hari Abanyarwanda 43 birukanywe.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 11 =

Previous Post

Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Next Post

Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.