Saturday, October 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko adaheruka kuvuga na Museveni agaragaza n’icyakorwa ngo bongere bavugane

radiotv10by radiotv10
22/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yavuze ko adaheruka kuvuga na Museveni agaragaza n’icyakorwa ngo bongere bavugane
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko hashize igihe atavugana na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni kubera ibibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Uganda byanatumye abatuye ibi bihugu byafatwaga nk’ibivandimwe, bidakomeza kugenderana nk’uko byari bisanzwe.

Perezida Kagame Paul yabivuze mu kiganiro yagiranye na Al Jazeera, aho yagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo politiki y’u Rwanda, imibanire y’u Rwanda n’ibihugu by’ibituranyi nka Uganda.

Ku bijyanye n’umubano w’u Rwanda na Uganda umaze iminsi urimo igitotsi, Perezida Kagame yavuze ko impande z’ibihugu byombi zagiye zihura zikaganira ariko ko ibibazo bikiriho.

U Rwanda rwakuze kugaragaza ko igihugu cya Uganda gikomeje kugirira nabi Abanyarwanda baba abakibamo cyangwa abakijyamo ndetse no gutera inkunga imitwe ihungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ibi bibazo byose byatumye Guverinoma y’u Rwanda igira inama Abanyarwanda kutajya muri Uganda kuko bagerayo bakagirirwa nabi, ku buryo imipaka ihuza ibi bihugu ifunze.

Muri iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Al Jazeera, yavuze ko igice kinini cy’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda gifunze nubwo hari abakomeje gusaba ko ifungurwa.

Ati “Ndetse ibyo buri muntu muri aka karere arabishaka, kuri twe, ikibazo ni icyatumye imipaka ifungwa, gikeneye gukemurwa mbere y’uko ifungurwa.”

Perezida Kagame aherutse kubwira Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA ko kubuza Abanyarwanda kujya muri Uganda ari “amaburakindi kuko hari benshi bafiteyo imiryango, abana, ababyeyi, ibihugu byombi bifitanye amateka maremare.”

Muri kiriya kiganiro yagira na Al Jazeera, Perezida Kagame yavuze ko Leta ya Uganda ari yo ikunze gushinja Abanyarwanda kuba inyuma y’ibibazo by’umutekano mucye muri kiriya Gihugu, ati “Nyamara Abanya-Uganda bo iyo baje mu Rwanda nta bibazo bagira nk’ibyo Abanyarwanda bahura na byo muri Uganda.”

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko ibi bibazo by’ibihugu byombi, byanatumye we na mugenzi Perezida Yoweri Kaguta Museveni bamaze igihe batavugana.

Perezida Kagame avuga ko bari basanzwe bavugana ariko ko “hashize igihe bihagaze, hashize igihe, kuzageza ubwo ibi bibazo bizaba bikemutse, kuganira ntibyabaho hatabayeho impamvu ifatika. Muganira iyo muhuje, mukorera hamwe.”

Leta ya Uganda yakunze gufata bamwe mu Banyarwanda ikabafunga mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse bamwe bagakorerwa iyicarubozo hakaba hari n’abahasize ubuzima, abandi ikabarekura ihita ibirukana; no mu cyumweru gishize hari Abanyarwanda 43 birukanywe.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 7 =

Previous Post

Manchester United yirukukanye uwari umutoza wayo mukuru Ole Gunnar Solskjaer

Next Post

Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Related Posts

Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Every new week is a quiet reset, a chance to step forward without dragging the emotional and mental clutter of...

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

by radiotv10
17/10/2025
0

Inzego z’umutekano n’iz’ibanze ziri gushakisha umusore wo mu Murenge wa Munyiginya mu Karere ka Rwamagana, watorotse nyuma yo gukekwaho gutera...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate yemeye ko yakoresheje imvugo idakwiye kubera ibyo yatangaje ko mu bihe biri Imbere Abanyarwanda bashobora kuzaha akazi...

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

Umugabo w’i Nyagatare watwitswe n’umugore we ku gitsina yavuze ko icyo akeka

by radiotv10
17/10/2025
0

Umugabo wo Murenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare watwikishijwe amazi yatuye n’umugore we byumwihariko ku bugabo bwe bugakomereka bikabije,...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
17/10/2025
0

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

17/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Urukiko rwo mu Bufaransa ruratangira kuburanisha Claude Muhayimana uregwa Jenoside ku Kibuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.