Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi ku nyamaswa zica amatungo y’abaturage

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi ku nyamaswa zica amatungo y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe na bamwe mu bayobozi barimo abo mu nzego z’umutekano ku kibazo cy’inyamaswa zimaze iminsi zica inka z’Abaturage, bamubwiye ko basanzwe bakizi kuva muri 2019 ariko bakaba bataragize icyo bagikoraho.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano barimo Dr Ernest Nsabimana wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.

Perezida Kagame avuga ko imikorere y’umuntu ikwiye kujyana n’ubushobozi buhari ariko hakaza n’ubushake.

Ati “Ubundi byari bikwiye kuba byumvikana rwose bitagombye gusubirwamo buri munsi ariko iyo bigeze mu bikorwa n’ibiva muri ibyo bikorwa ni ho bigaragarira wenda ko ibyo tuba twibwira ko byumvikana cyangwa byoroshye kumva atari ko bigenda. Abantu benshi kubusanya imvugo n’ingiro no kugera ku ntego akenshi si ko tubibona.”

Perezida Kagame avuga bamwe baba bateshutse ku nshingano akenshi batanga impamvu zitumvikana nko kuvuga ngo “Twibariwe” ati “Ariko se wibagiwe buri gihe. Kwibagirwa birashoboka ariko wakwibagirwa buri gihe, wakwibagirwa mu bikomeye se?”

Ndetse bikanarenga hakabaho n’abahera ku nyungu zabo bwite cyangwa ababo. Ati “Ni ho ibintu bipfira. Uburangare.”

Yatanze urugero rwa bimwe mu bikorwa bigamije kuzamura imibereho y’abaturage nko kubakira abatishoboye ndetse na gahunda ya Girinka Munyarwanda, byakunze kugaragaramo kutabikurikirana ndetse bamwe mu bayobozi bakikubira nk’ayo matungo.

Ati “Ejobundi aha nza kubona baturage batakamba bavuga inyamaswa zabamariye amatungo hafi na Gishwati. Mbibonye mfata telephone mpamagara abayobozi bamwe mpera ku b’umutekano…mbaza Abapolisi nti ‘ibi bintu murabizi mwabibonye?’ bati ‘twabibonye’ nti ‘ibi byanditswe n’igihe bimaze n’amatungo amaze kwicwa n’izo nyamaswa, mwari mubizi icyo gihe cyose?’ rwose ntasoni ambwira ko bari babizi.”

Perezida Kagame avuga ko kuri iki kibazo, abayobozi bamusubije ko iki kibazo ari icyo kuva muri 2019, ati “Nk’ubwo iyo ndwara iba iri mu bayobozi umuntu ayivura gute?”

Perezida Kagame wavuze ko ibibazo nk’ibi ari byinshi, avuga ko bitumvikana kuba ibibazo nk’ibi bigaragara ariko ababishinzwe ntibabishakire umuti.

Ati “Unambwiye ngo urabizi ariko ntacyo ubikorera, wabimenyeye iki se cyangwa ubereye iki kuba Minisitiri? Uvuze ngo ntubizi, nabyo wakwibaza ngo uyu Muminisitiri uba aha cyangwa umuyobozi utamenya ibintu bigirira nabi abaturage, ubundi we amaze iki, abereyeho iki?”

Perezida Kagame yavuze ko imikorere nk’iyi idakwiye kuko iyo baje mu muhango wo kurahirira gukorera Abanyarwanda nk’uku bidakwiye kuba umugenzo ahubwo bakwiye guhora batekereza umuturage bakorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 4 =

Previous Post

Mu masomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda hagiye kwigishwa no gukanika indege

Next Post

Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n’Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Related Posts

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n’Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n'Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.