Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi ku nyamaswa zica amatungo y’abaturage

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi ku nyamaswa zica amatungo y’abaturage
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Kagame Paul yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe na bamwe mu bayobozi barimo abo mu nzego z’umutekano ku kibazo cy’inyamaswa zimaze iminsi zica inka z’Abaturage, bamubwiye ko basanzwe bakizi kuva muri 2019 ariko bakaba bataragize icyo bagikoraho.

Yabivuze kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022 ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi baherutse gushyirwa mu nshingano barimo Dr Ernest Nsabimana wagizwe Minisitiri w’Ibikorwa Remezo.

Perezida Kagame avuga ko imikorere y’umuntu ikwiye kujyana n’ubushobozi buhari ariko hakaza n’ubushake.

Ati “Ubundi byari bikwiye kuba byumvikana rwose bitagombye gusubirwamo buri munsi ariko iyo bigeze mu bikorwa n’ibiva muri ibyo bikorwa ni ho bigaragarira wenda ko ibyo tuba twibwira ko byumvikana cyangwa byoroshye kumva atari ko bigenda. Abantu benshi kubusanya imvugo n’ingiro no kugera ku ntego akenshi si ko tubibona.”

Perezida Kagame avuga bamwe baba bateshutse ku nshingano akenshi batanga impamvu zitumvikana nko kuvuga ngo “Twibariwe” ati “Ariko se wibagiwe buri gihe. Kwibagirwa birashoboka ariko wakwibagirwa buri gihe, wakwibagirwa mu bikomeye se?”

Ndetse bikanarenga hakabaho n’abahera ku nyungu zabo bwite cyangwa ababo. Ati “Ni ho ibintu bipfira. Uburangare.”

Yatanze urugero rwa bimwe mu bikorwa bigamije kuzamura imibereho y’abaturage nko kubakira abatishoboye ndetse na gahunda ya Girinka Munyarwanda, byakunze kugaragaramo kutabikurikirana ndetse bamwe mu bayobozi bakikubira nk’ayo matungo.

Ati “Ejobundi aha nza kubona baturage batakamba bavuga inyamaswa zabamariye amatungo hafi na Gishwati. Mbibonye mfata telephone mpamagara abayobozi bamwe mpera ku b’umutekano…mbaza Abapolisi nti ‘ibi bintu murabizi mwabibonye?’ bati ‘twabibonye’ nti ‘ibi byanditswe n’igihe bimaze n’amatungo amaze kwicwa n’izo nyamaswa, mwari mubizi icyo gihe cyose?’ rwose ntasoni ambwira ko bari babizi.”

Perezida Kagame avuga ko kuri iki kibazo, abayobozi bamusubije ko iki kibazo ari icyo kuva muri 2019, ati “Nk’ubwo iyo ndwara iba iri mu bayobozi umuntu ayivura gute?”

Perezida Kagame wavuze ko ibibazo nk’ibi ari byinshi, avuga ko bitumvikana kuba ibibazo nk’ibi bigaragara ariko ababishinzwe ntibabishakire umuti.

Ati “Unambwiye ngo urabizi ariko ntacyo ubikorera, wabimenyeye iki se cyangwa ubereye iki kuba Minisitiri? Uvuze ngo ntubizi, nabyo wakwibaza ngo uyu Muminisitiri uba aha cyangwa umuyobozi utamenya ibintu bigirira nabi abaturage, ubundi we amaze iki, abereyeho iki?”

Perezida Kagame yavuze ko imikorere nk’iyi idakwiye kuko iyo baje mu muhango wo kurahirira gukorera Abanyarwanda nk’uku bidakwiye kuba umugenzo ahubwo bakwiye guhora batekereza umuturage bakorera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + fifteen =

Previous Post

Mu masomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda hagiye kwigishwa no gukanika indege

Next Post

Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n’Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n’Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Mu bihe biri imbere Abanyarwanda n'Abarundi barongera babane uko byari bisanzwe- Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.