Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Mu masomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda hagiye kwigishwa no gukanika indege

radiotv10by radiotv10
08/02/2022
in Uncategorized
0
Mu masomo y’imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda hagiye kwigishwa no gukanika indege
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, buratangaza ko mu mwaka w’amashuri utaha muri iki cyiciro hazantangira gutangwa amasomo yo gukanika indenge na Gari ya Moshi.

Ni amasomo mashya atari asanzwe ari mu mfashanyigisho y’amasomo y’imyuga n’ubumenyi ngiro yo mu Rwanda nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro, Umukunzi Paul.

Yagize ati “Nko gukanika indege na Gari ya Moshi ntabwo byari bisanzwe, ariko ni porogaramu nshya zirimo kuza muri TVET, kuko muzi ko mu ntumbero y’igihugu cyacu ibijyanye na Gali ya Moshi zigiye kuza mu Rwanda.”

Avuga ko kugira ngo nk’ibi bikorwa remezo bihambaye bigiye kuza mu Rwanda, bigomba guha amahirwe abana b’Abanyarwanda bityo ko bagomba gutegura abana bakaba bashobora nko kubaka imihanda ya Gari ya Moshi ndetse no kuzikanika.

Akomeza agira ati “Bashobora kwita ku bikorwa remezo byose bifite aho bihuriye na Gari ya Moshi.”

Avuga ko nk’amasomo ajyanye n’iby’indege na yo atajyaga atangwa mu Rwanda ariko ko igihe kigeze kugira ngo Abana b’Abanyarwanda na bo bige aya masomo.

Ati “Ni amasomo tutagiraga mu Rwanda, ariko na yo tugiye gutangiza ku rwego rwa Rwanda Polytechnic.”

Umukunzi Paul atangaza ko ubu hari gukorwa imfashanyigisho y’ayo masomo ndetse hanashakwa abarimu bo kuzayatanga kimwe n’ibikoresho kandi ko hari icyizere ko umwaka utaha w’amashuri bizaba byararangiye, aya masomo na yo agatangira gutangwa.

Umukunzi Paul avuga ko aya masomo azatangira gutangwa umwaka utaha

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 5 =

Previous Post

Umunyabigwi yajyanywe na FERWAFA kwerekwa abana bafite impano agezeyo asanga ni abasore

Next Post

Perezida Kagame yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi ku nyamaswa zica amatungo y’abaturage

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi ku nyamaswa zica amatungo y’abaturage

Perezida Kagame yavuze ko yatunguwe n’ibisobanuro yahawe n’abayobozi ku nyamaswa zica amatungo y’abaturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.