Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku gisubizo Umujyi wa Kigali watanze ku kibazo kivugwa kuri Pele Stadium

radiotv10by radiotv10
23/08/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yavuze ku gisubizo Umujyi wa Kigali watanze ku kibazo kivugwa kuri Pele Stadium
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali wemeye ko moteri itanga umuriro utuma amatara yaka kuri Kigali Pele Stadium; idafite ubushobozi buhagije ku buryo hakinirwa imikino ya nijoro, Perezida Paul Kagame yavuze ko iki kibazo kidakwiye kuba kuri iyi sitade imaze umwaka n’igice ifunguwe.

Ni nyuma y’uko kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda gitangaje iby’iki kibazo cya moteri ikoreshwa mu gutanga amashanyarazi yatsa amatara kuri Kigali Pele Stadium.

Ikinyamakuru The Chronicles cyari cyagize kiti “Kigali Pele Stadium yatewe inkunga na FIFA ntigira moteri ishobora gutanga amashanyarazi yatuma amatara yaka. Ibi bituma nta mikino ishobora kuhakinirwa mu masaha y’ijoro nk’uko bigaragazwa n’Ubugenzuzi bwakozwe n’Umujyi wa Kigali ndetse n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru.”

Ubutumwa bw’iki kinyamakuru bwasozaga buvuga ko ibi biri kuba nyamara iyi Sitade yaremejwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatanze igitekerezo kuri ubu butumwa bw’iki kinyamakuru, bwavuze ko hari gushakwa umuti urambye w’iki kibazo, bwemera ko koko “moteri ihari ubu idafite ubushobozi n’imbaraga zo kwatsa amatara yose bihagije mu mikino ya nijoro.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakomeje buvuga ko mu gihe “amakipe yaba afite ubushobozi bwo kuzana moteri y’inyongera, yemerewe gukina nijoro.”

Bukavuga ko umuti urambye w’iki kibazo ari ukuzazana moteri ifite ubushobozi kandi ko yamaze gutumizwa, aho biteganyijwe ko izagera mu Rwanda mu mezi atatu ari imbere.

Perezida Paul Kagame akoresheje konti ye y’Urubuga Nkoranyambaga rwa X [Twitter], yatanze igitekerezo kuri ubu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, avuga ko “Ibi ntibikwiye kuba biba muri iki gihe cy’aka kanya!!!”

Sitade ya Kigali ivugwaho iki kibazo, imaze umwaka n’igice ifunguwe ku mugagaro, aho yafunguwe muri Werurwe umwaka ushize wa 2023, mu gikorwa cyayobowe na Perezida Paul Kagame na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Iki gikorwa cyo gufungura iyi Sitade, cyakurikiwe n’umukino w’ubusabane wahuje amakipe abiri yari arimo aba bayobozi bombi, ndetse na bamwe mu bakanyujijeho muri ruhago nka Jay Jay Okocha wari mu ikipe yari iya Perezida Kagame ari na yo yegukanye intsinzi y’ibitego 3-2 by’ikipe ya Infantino.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 17 =

Previous Post

Hagaragajwe urutonde rw’Amatorera arenga 40 yahagaritswe mu Rwanda hatangazwa n’impamvu

Next Post

Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

IZIHERUKA

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.