Monday, December 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku gisubizo Umujyi wa Kigali watanze ku kibazo kivugwa kuri Pele Stadium

radiotv10by radiotv10
23/08/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yavuze ku gisubizo Umujyi wa Kigali watanze ku kibazo kivugwa kuri Pele Stadium
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali wemeye ko moteri itanga umuriro utuma amatara yaka kuri Kigali Pele Stadium; idafite ubushobozi buhagije ku buryo hakinirwa imikino ya nijoro, Perezida Paul Kagame yavuze ko iki kibazo kidakwiye kuba kuri iyi sitade imaze umwaka n’igice ifunguwe.

Ni nyuma y’uko kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda gitangaje iby’iki kibazo cya moteri ikoreshwa mu gutanga amashanyarazi yatsa amatara kuri Kigali Pele Stadium.

Ikinyamakuru The Chronicles cyari cyagize kiti “Kigali Pele Stadium yatewe inkunga na FIFA ntigira moteri ishobora gutanga amashanyarazi yatuma amatara yaka. Ibi bituma nta mikino ishobora kuhakinirwa mu masaha y’ijoro nk’uko bigaragazwa n’Ubugenzuzi bwakozwe n’Umujyi wa Kigali ndetse n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru.”

Ubutumwa bw’iki kinyamakuru bwasozaga buvuga ko ibi biri kuba nyamara iyi Sitade yaremejwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatanze igitekerezo kuri ubu butumwa bw’iki kinyamakuru, bwavuze ko hari gushakwa umuti urambye w’iki kibazo, bwemera ko koko “moteri ihari ubu idafite ubushobozi n’imbaraga zo kwatsa amatara yose bihagije mu mikino ya nijoro.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakomeje buvuga ko mu gihe “amakipe yaba afite ubushobozi bwo kuzana moteri y’inyongera, yemerewe gukina nijoro.”

Bukavuga ko umuti urambye w’iki kibazo ari ukuzazana moteri ifite ubushobozi kandi ko yamaze gutumizwa, aho biteganyijwe ko izagera mu Rwanda mu mezi atatu ari imbere.

Perezida Paul Kagame akoresheje konti ye y’Urubuga Nkoranyambaga rwa X [Twitter], yatanze igitekerezo kuri ubu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, avuga ko “Ibi ntibikwiye kuba biba muri iki gihe cy’aka kanya!!!”

Sitade ya Kigali ivugwaho iki kibazo, imaze umwaka n’igice ifunguwe ku mugagaro, aho yafunguwe muri Werurwe umwaka ushize wa 2023, mu gikorwa cyayobowe na Perezida Paul Kagame na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Iki gikorwa cyo gufungura iyi Sitade, cyakurikiwe n’umukino w’ubusabane wahuje amakipe abiri yari arimo aba bayobozi bombi, ndetse na bamwe mu bakanyujijeho muri ruhago nka Jay Jay Okocha wari mu ikipe yari iya Perezida Kagame ari na yo yegukanye intsinzi y’ibitego 3-2 by’ikipe ya Infantino.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Hagaragajwe urutonde rw’Amatorera arenga 40 yahagaritswe mu Rwanda hatangazwa n’impamvu

Next Post

Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Related Posts

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

by radiotv10
01/12/2025
0

A new public transport system is set to begin operating in the City of Kigali, one that will ensure buses...

IZIHERUKA

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano
IBYAMAMARE

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

by radiotv10
01/12/2025
0

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

01/12/2025
Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

Eng.-Key Things to Know About the New Public Transport System in Kigali

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.