Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku gisubizo Umujyi wa Kigali watanze ku kibazo kivugwa kuri Pele Stadium

radiotv10by radiotv10
23/08/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yavuze ku gisubizo Umujyi wa Kigali watanze ku kibazo kivugwa kuri Pele Stadium
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umujyi wa Kigali wemeye ko moteri itanga umuriro utuma amatara yaka kuri Kigali Pele Stadium; idafite ubushobozi buhagije ku buryo hakinirwa imikino ya nijoro, Perezida Paul Kagame yavuze ko iki kibazo kidakwiye kuba kuri iyi sitade imaze umwaka n’igice ifunguwe.

Ni nyuma y’uko kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda gitangaje iby’iki kibazo cya moteri ikoreshwa mu gutanga amashanyarazi yatsa amatara kuri Kigali Pele Stadium.

Ikinyamakuru The Chronicles cyari cyagize kiti “Kigali Pele Stadium yatewe inkunga na FIFA ntigira moteri ishobora gutanga amashanyarazi yatuma amatara yaka. Ibi bituma nta mikino ishobora kuhakinirwa mu masaha y’ijoro nk’uko bigaragazwa n’Ubugenzuzi bwakozwe n’Umujyi wa Kigali ndetse n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru.”

Ubutumwa bw’iki kinyamakuru bwasozaga buvuga ko ibi biri kuba nyamara iyi Sitade yaremejwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatanze igitekerezo kuri ubu butumwa bw’iki kinyamakuru, bwavuze ko hari gushakwa umuti urambye w’iki kibazo, bwemera ko koko “moteri ihari ubu idafite ubushobozi n’imbaraga zo kwatsa amatara yose bihagije mu mikino ya nijoro.”

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwakomeje buvuga ko mu gihe “amakipe yaba afite ubushobozi bwo kuzana moteri y’inyongera, yemerewe gukina nijoro.”

Bukavuga ko umuti urambye w’iki kibazo ari ukuzazana moteri ifite ubushobozi kandi ko yamaze gutumizwa, aho biteganyijwe ko izagera mu Rwanda mu mezi atatu ari imbere.

Perezida Paul Kagame akoresheje konti ye y’Urubuga Nkoranyambaga rwa X [Twitter], yatanze igitekerezo kuri ubu butumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali, avuga ko “Ibi ntibikwiye kuba biba muri iki gihe cy’aka kanya!!!”

Sitade ya Kigali ivugwaho iki kibazo, imaze umwaka n’igice ifunguwe ku mugagaro, aho yafunguwe muri Werurwe umwaka ushize wa 2023, mu gikorwa cyayobowe na Perezida Paul Kagame na Perezida wa FIFA, Gianni Infantino.

Iki gikorwa cyo gufungura iyi Sitade, cyakurikiwe n’umukino w’ubusabane wahuje amakipe abiri yari arimo aba bayobozi bombi, ndetse na bamwe mu bakanyujijeho muri ruhago nka Jay Jay Okocha wari mu ikipe yari iya Perezida Kagame ari na yo yegukanye intsinzi y’ibitego 3-2 by’ikipe ya Infantino.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 20 =

Previous Post

Hagaragajwe urutonde rw’Amatorera arenga 40 yahagaritswe mu Rwanda hatangazwa n’impamvu

Next Post

Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Related Posts

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

20/01/2026
Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Hamenyekanye imwe mu myanzuro yavuye mu biganiro by’u Rwanda na Congo n’umwuka wabiranze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.