Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi, yafashe mu mugongo imiryango y’abantu bahitanywe n’impanuka yo mu muhanda yatwaye ubuzima bwa bamwe mu baturage bari bagiye kumwakira mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Ntara y’Amajyepfo, yahereye mu Karere ka Huye, ahari haje abaturage barenga ibihumbi 300 baturutse mu bice binyuranye by’iyi Ntara.

Abaturage bitabira ibi bikorwa, bakomeje kugaragariza urukundo umukandida wa FPR-Inkotanyi dore ko buri wese aba yifuza kujya aho ajya kwiyamamariza, ndetse bamwe bagacamo ijoro kabiri, bagatangira ingendo zerecyeza ho yiyamariza mu gicuku.

Gusa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ubwo abantu benshi berecyezaga ahabereye iki gikorwa, habaye impanuka yabereye mu Kagari ka Matyazo, mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, aho Bisi yerecyezaga mu mujyi wa Huye yagonze abantu bari mu muhanda, bane bakahasiga ubuzima.

Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga ijambo yagejeje ku baturage bari baje kumwakira mu kwiyamamaza, yagarutse kuri iyi mpanuka.

Ati “ndetse bamwe bagatakaza ubuzima, abandi bagakomereke, rwose nagira ngo nifatanye namwe. Hanyuma iyo mpanuka yabaye abo yahitanye abavandimwe babo, cyangwa abakomeretse ndagira ngo mvuge ko turi kumwe, harakorwa igishoboka cyose kugira ngo abakomeretse bavurwe.”

Yaboneyeho kandi gusaba abantu kwitwararika muri ibi bikorwa, nubwo ntawabuza impanuka kuba, ariko abantu na bo bakwiye kurushaho kwitwararika kugira ngo ibi bikorwa byo kwiyamamaza bikomeze kugenda neza.

Yaboneyeho kandi kugaruka ku bantu babiri batakarije ubuzima mu Karere ka Rubavu, ubwo habaga umubyigano kubera abantu benshi bari baje muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza, na bwo yihanganisha imiryango ya ba nyakwigendera.

Ati “N’umuntu umwe ntagapfe muri ubwo buryo. Abantu barapfa, ariko bapfa mu buryo busanzwe. Tugerageze uko dushoboye ariko twifatanye n’abo bagize ibyo byago.”

Yasabye abantu ko muri ibi bihe bamugaragariza ibyishimo, abyishimira, ariko ko byakorwa mu buryo bw’ubushishozi kugira ngo hatagira abakomeza kubura ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

“Ni wowe”, “Ndabyemeye”…- Ikiganiro cya Perezida Kagame n’abaturage abagira inama y’Umukandida bazatora

Next Post

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.