Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza

radiotv10by radiotv10
27/06/2024
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yavuze ku mpanuka yahitanye bamwe mu baturage bajyaga mu kwiyamamaza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi, yafashe mu mugongo imiryango y’abantu bahitanywe n’impanuka yo mu muhanda yatwaye ubuzima bwa bamwe mu baturage bari bagiye kumwakira mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame yakomereje ibikorwa byo kwiyamamaza mu Ntara y’Amajyepfo, yahereye mu Karere ka Huye, ahari haje abaturage barenga ibihumbi 300 baturutse mu bice binyuranye by’iyi Ntara.

Abaturage bitabira ibi bikorwa, bakomeje kugaragariza urukundo umukandida wa FPR-Inkotanyi dore ko buri wese aba yifuza kujya aho ajya kwiyamamariza, ndetse bamwe bagacamo ijoro kabiri, bagatangira ingendo zerecyeza ho yiyamariza mu gicuku.

Gusa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, ubwo abantu benshi berecyezaga ahabereye iki gikorwa, habaye impanuka yabereye mu Kagari ka Matyazo, mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, aho Bisi yerecyezaga mu mujyi wa Huye yagonze abantu bari mu muhanda, bane bakahasiga ubuzima.

Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga ijambo yagejeje ku baturage bari baje kumwakira mu kwiyamamaza, yagarutse kuri iyi mpanuka.

Ati “ndetse bamwe bagatakaza ubuzima, abandi bagakomereke, rwose nagira ngo nifatanye namwe. Hanyuma iyo mpanuka yabaye abo yahitanye abavandimwe babo, cyangwa abakomeretse ndagira ngo mvuge ko turi kumwe, harakorwa igishoboka cyose kugira ngo abakomeretse bavurwe.”

Yaboneyeho kandi gusaba abantu kwitwararika muri ibi bikorwa, nubwo ntawabuza impanuka kuba, ariko abantu na bo bakwiye kurushaho kwitwararika kugira ngo ibi bikorwa byo kwiyamamaza bikomeze kugenda neza.

Yaboneyeho kandi kugaruka ku bantu babiri batakarije ubuzima mu Karere ka Rubavu, ubwo habaga umubyigano kubera abantu benshi bari baje muri ibi bikorwa byo kwiyamamaza, na bwo yihanganisha imiryango ya ba nyakwigendera.

Ati “N’umuntu umwe ntagapfe muri ubwo buryo. Abantu barapfa, ariko bapfa mu buryo busanzwe. Tugerageze uko dushoboye ariko twifatanye n’abo bagize ibyo byago.”

Yasabye abantu ko muri ibi bihe bamugaragariza ibyishimo, abyishimira, ariko ko byakorwa mu buryo bw’ubushishozi kugira ngo hatagira abakomeza kubura ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + twelve =

Previous Post

“Ni wowe”, “Ndabyemeye”…- Ikiganiro cya Perezida Kagame n’abaturage abagira inama y’Umukandida bazatora

Next Post

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.