Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yibukije ibiranga RDF byaha isomo abifuza gushoza intambara ku Rwanda ko byarangira bicujije

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yibukije ibiranga RDF byaha isomo abifuza gushoza intambara ku Rwanda ko byarangira bicujije

Yarebye akarasisi k'aba basirikare binjiye muri RDF

Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yibukije ingabo z’u Rwanda ko zigomba gukomeza kurangwa n’ubutwari no kwanga agasuzuguro, bikanaranga Abanyarwanda bose, bikabubakamo umuhate wo kurinda no kurwanira Igihugu cyabo, ku buryo uwazabashozaho intambara byazarangira ari we wicujije.

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mata 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abasirikare b’Abofisiye 624 barangije amasomo n’imyitozo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.

Umukuru w’u Rwanda yibukije aba binjiye mu Ngabo z’u Rwanda ko baje mu mwuga wo kurinda no kurengera Igihugu cyabibarutse. Ati “Iyo bivuze kurengera Igihugu, biba bivuze no kurengera wowe ubwawe, biguhaye uburyo wirinda ukarinda n’abandi.”

Yanagarutse ku batinya kwinjira muri uyu mwuga, batinya ko bawutakarizamo ubuzima, avuga ko kuba umuntu yapfira gukorera Igihugu cye mu mwuga wa Gisirikare, ari irindi shema.

Ati “Kutawujyamo, kutawutinyuka, ntibyakubuza kubutakaza ubuzima, kuba watakaza ubuzima uri muri uyu mwuga ni ishema, ni ishema rikurinda rikarinda abawe, rikarinda n’Abanyarwanda bose n’abandi batuye iki Gihugu cyacu.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yagarutse ku mateka mabi yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane zirenga miliyoni imwe, ndetse Abanyarwanda n’Isi yose bakaba bavuye mu cyumweru cyo kuzizirikana ku nshuro ya 30, avuga ko ubunyamwuga bw’Ingabo z’u Rwanda n’ibyo rwubaka, bigomba gutuma ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.

Ati “Ntibizabe nk’ibyo ejobundi navugaga, ntabwo dushaka kongera kubibona ntibikabeho mu Rwanda twubaka, aho muzi ko nababwiye hari amateka twanyuzemo muzi kandi mwese n’abandi barayazi, aho abantu bapfuye bicwa n’abandi bicwa na politiki mbi, yaba iyahemberewe hano mu Gihugu cyacu cyangwa ibyaturutse hanze, aho umuntu yabazwaga guhitamo urupfu ari bupfe, ahantu abantu bafite intwaro babaza utayifite, bakabaza umwana, bakaza umukecuru bakazaba umusaza, ndetse n’abasore n’inkumi icyo bahitamo kugira ngo ari cyo kibica.

Igihugu iyo cyageze aha, kugira ngo kizongere kubona ibintu nk’ibyo byaba ari ishyano. Ntabwo izi ngabo z’Igigugu z’umwuga ibyo zigishwa zitozwa, amateka yacu, ntabwo yatwemerera ko byazongera kuba mu Gihugu cyacu, ni zo nshingano mufite nk’Ingabo z’Igihugu ari mwe, ari abo musanze, ari n’abandi bazaza.”

Perezida Kagame yasabye aba basirikare kimwe n’abandi basanzwe mu Ngabo z’u Rwanda, ko bagomba gukorana umutima, atanga urugero rw’umukecuru aherutse kugarukaho ubwo yatangizaga ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, wagaragarije abicaga abantu ko ari ibigwari, ubwo bamubazaga urupfu yifuza gupfa.

Perezida ati “Icyo yahisemo, yarabavumye, yabaciriye mu maso. Uwo mukecuru ni intwari ni cyo gikwiye kubaranga mwebwe n’abandi Banyarwanda. Kwanga ubagaraguza agati agatoki, mukabyanga, mukabirwanya. Urupfu Abaranywanda bakiriye guhitamo gupfa, ni ugupfa bahangana n’ubazanaho urwo rupfu.”

Perezida Kagame yibukije aba basirikare ko ibyo bigishijwe atari byo bazakora gusa, ahubwo ko bagomba no gukora ibyo umutimana nama wabo ubabwira, bakanga agasuzuguro, bakanga ubugwari, bakemera gupfira ukuri.

Ati “Ukuzanyeho ibyo, akicuza icyatumye abikora. Ni zo ngabo z’Igihugu cy’u Rwanda. Ni cyo mwebwe muri muri izi ngabo n’abandi mukomokamo, bakwiye kuba bafite uwo mutima. Rwose ibyo navuga nkwiye gusubiramo, ubazanaho intambara, akabyicuza.”

Yasabye aba basirikare gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura gisanzwe kiranwa RDF, kinaranga Igihugu cy’u Rwanda, abibutsa ko uko bazitwara yaba mu Gihugu imbere ndetse no hanze yacyo, ari na byo bizajya biha isura Igihugu cyabo.

Aba basirikare b’Abofisiye 624 basoje uyu munsi barimo abakobwa 51. Ndetse aba bose bakaba bari mu  byiciro bitatu, birimo icy’abasirikare 102 bize amasomo y’umwuga wa gisirikare babifatanyije n’amasomo yabahesheje icyiciro cya kabiri cya kaminuza.

Perezida Kagame kandi yanagaragarijwe imiterere y’amasomo atangirwa muri iri shuri arimo ay’ubuvuzi

Habaye akarasisi kanogeye ijisho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Igihugu cyafashije Israel kuzimya misile yarashweho cyayimenyesheje ko nishaka kwihorera izirwariza

Next Post

Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bwa mbere Akarasisi k’Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)

Bwa mbere Akarasisi k'Abasirikare binjiye muri RDF kabaye mu Kinyarwanda ijambo ku rindi-(AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.