Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

radiotv10by radiotv10
06/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yishimiye umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cya UEFA Champions League, wahuje amakipe abiri yamamaza Visit Rwanda, Arsenal na Atlético de Madrid, warangiye iyi yo mu Bwongereza ibonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma.

Uyu mukino wa 1/2 wabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026 wari uwo kwishyura dore ko ubanza wabaye mu cyumweru gishize wari warangiye amakipe anganyije 1-1.

Uyu wo kwishyura warangiye ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ibonye igitego 1-0, cyatumye ihita isezerera Atlético de Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

Perezida Paul Kagame wanarebye imbonankubone umukino ubanza wo mu cyumweru gishize, yavuze ko yishimiye kureba uyu mukino w’amakipe abiri yombi akorana na Guverinoma y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo muri gahunda ya Visit Rwanda.

Yagize ati “Umukino mwiza hagati y’amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda Atlético de Madrid na Arsenal.”

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yaboneyeho gushimira ikipe ya Arsenal asanzwe anakunda kuva cyera. Ati “Ndashimira Arsenal FC ku bw’intsinzi no kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.”

Uyu mukino urakurikirwa n’undi uhuza amakipe abiri na akorana n’u Rwanda, arimo Paris Saint Germain yo mu Bufaransa na yo yamamaza Visit Rwanda, kimwe na Bayern Munich yo mu Budage ikorana n’u Rwanda mu iterambere rya ruhago no kuzamura abafite impano.

Uyu mukino utegerejwe uyu munsi, na wo wabanjirijwe n’ubanza na wo Perezida Kagame yarebye wabaye mu cyumweru gishize, warangiye PSG ibonye intsinzi y’ibitego 5-4.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yifuza ko umufatanyabikorwa w’imena wa Visit Rwanda ari we watwara iki gikombe cya UEFA Champions League.

Perezida Kagame, mu cyumweru gishize yarebye umukino ubanza wahuje Arsenal na Atlético de Madrid

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + eleven =

Previous Post

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Related Posts

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

Ikipe ya Mukura yatanze ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubitiwe mu kibuga n’umusifuzi

by radiotv10
04/05/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura VS bwamaze gushyikiriza Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ikirego nyuma yuko umukinnyi wayo akubiswe umugeri...

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

Bitunguranye umunyabigwi wari uhanzwe amaso mu bahatanira kuyobora ruhago muri Congo yakuyemo kandidatire

by radiotv10
03/05/2026
0

Umunyabigwi Shabani Nonda wari mu bakandida 9 bahatanira kuyobora Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FECOFA), yakuyemo...

Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

Abitabiriye CAVB Men’s Club Championship basuye Urwibutso rwa Gisozi birebera amateka y’ibyabaye mu Rwanda

by radiotv10
29/04/2026
0

Abagize itsinda ry’abayobozi, abatoza, abasifuzi mpuzamahanga n’abaherekeje amakipe yitabiriye Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, CAVB Men’s Club Championship 2026,...

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

Impaka ziyongereye ku bakandida barimo umunyabigwi Shabani Nonda bahatanira kuyobora ruhago ya Congo

by radiotv10
27/04/2026
0

Mu gihe habura iminsi itageze ku kwezi ngo muri Repubulika Ndemokarasi ya Congo habe amatora y’uzayobora federasiyo y’umupira w’amaguru muri...

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

APR FC na Rayon Sports zabonye intsinzi i Huye mbere yo kwihurira

by radiotv10
27/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju FC ibitego 2-0, mu gihe APR FC yo yatsinze Mukura VS ibitego 3-0 mu...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye
FOOTBALL

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

by radiotv10
06/05/2026
0

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

05/05/2026
Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

05/05/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

05/05/2026
Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.