• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida Kagame yishimiye kuba Arsenal yageze kuri final ya UEFA Champions League

radiotv10by radiotv10
06/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Arsenal nyuma yo gusezerera R.Madrid iyisubiriye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yishimiye umukino wo kwishyura wa 1/2 cy’irangiza cy’igikombe cya UEFA Champions League, wahuje amakipe abiri yamamaza Visit Rwanda, Arsenal na Atlético de Madrid, warangiye iyi yo mu Bwongereza ibonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma.

Uyu mukino wa 1/2 wabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026 wari uwo kwishyura dore ko ubanza wabaye mu cyumweru gishize wari warangiye amakipe anganyije 1-1.

Uyu wo kwishyura warangiye ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza ibonye igitego 1-0, cyatumye ihita isezerera Atlético de Madrid yo muri Espagne ku giteranyo cy’ibitego 2-1.

Perezida Paul Kagame wanarebye imbonankubone umukino ubanza wo mu cyumweru gishize, yavuze ko yishimiye kureba uyu mukino w’amakipe abiri yombi akorana na Guverinoma y’u Rwanda mu kwamamaza ubukerarugendo bwarwo muri gahunda ya Visit Rwanda.

Yagize ati “Umukino mwiza hagati y’amakipe y’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda Atlético de Madrid na Arsenal.”

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yaboneyeho gushimira ikipe ya Arsenal asanzwe anakunda kuva cyera. Ati “Ndashimira Arsenal FC ku bw’intsinzi no kugera ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League.”

Uyu mukino urakurikirwa n’undi uhuza amakipe abiri na akorana n’u Rwanda, arimo Paris Saint Germain yo mu Bufaransa na yo yamamaza Visit Rwanda, kimwe na Bayern Munich yo mu Budage ikorana n’u Rwanda mu iterambere rya ruhago no kuzamura abafite impano.

Uyu mukino utegerejwe uyu munsi, na wo wabanjirijwe n’ubanza na wo Perezida Kagame yarebye wabaye mu cyumweru gishize, warangiye PSG ibonye intsinzi y’ibitego 5-4.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko yifuza ko umufatanyabikorwa w’imena wa Visit Rwanda ari we watwara iki gikombe cya UEFA Champions League.

Perezida Kagame, mu cyumweru gishize yarebye umukino ubanza wahuje Arsenal na Atlético de Madrid

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

The 4-3-2-1 Money Rule: A Simple Way to Take Control of Your Finances

Next Post

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Abarimu b’ishuri ribanza rimwe muri Congo bamaze amezi umunani badahembwa bigaragambije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.