Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame witabiriye inama yo gushaka umuti w’intambara imaze iminsi muri Gaza, yagaragaje ko nubwo umuzi w’iki kibazo ukomeye, ariko bitavuze ko kitakemuka, anemeza ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu nzira zaganisha ku muti.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kamena 2024 mu nama y’icyakorwa mu gushaka umuti w’ikibazo cyo muri Gaza, ahamaze amezi umunani hari intambara imaze guhitana abarenga ibihumbi 37.

Iyi nama yahawe insanganyamatsiko igira iti “Call for Action: Urgent Humanitarian Response for Gaza”, yatumijwe n’Umwami wa Jordan, Abdullah II Ibn Al-Hussein, Perezida wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuzi w’iki kibazo ukomeye, ariko ko bitavuze ko kitakemuka, mu gihe habaho gushyira hamwe. Ati “Uko bigaragara, uko ikibazo giteye, kirakomeye ariko ntibivuze ko kitabonerwa umuti.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo nk’iki gishyira Isi mu kangaratete, bityo ko no kugishakira umuti, bisaba gushyira hamwe imbaraga, ndetse buri wese agatanga umusanzu we washoboka.

Ati “Imbaraga uburyo, n’ubushobozi, bihagarariwe muri iki cyumba uyu munsi, ntabwo byabura kugira icyo bikora mu gushyira iherezo kuri iki kibazo gishyira mu kangaratere ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile nk’uko dukomeje kubibona umunsi ku wundi.”

Perezida Kagame yavuze ko nk’u Rwanda bituma rushobora kugira icyo rwakora mu gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’iki kibazo, haba mu nzira za Dipolomasi ndetse n’ubuhuza mu gutuma iyi ntambara ihagarara.

Ati “Izi mbaraga zikomeje kwifashishwa, zikwiye kuzirikanwa kandi zigashyigikirwa, kugira ngo tubona umusaruro ufatika mu buryo bwa vuba mu rwego rwo kurinda abana, ndetse n’imiryango yabo bari mu kaga gakomeye.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa remezo bifatiye runini abaturage muri Gaza nk’ibitaro n’amashuri, byahungiyemo abaturage, bidakwiye kwifashishwa n’abari kurwana muri iyi ntambara cyangwa ngo bibe ibigomba kwibasirwa, kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kandi ibikorwa biri kuba, bihonyora uburenganzira bwa muntu, bityo ko bituma Isi igomba guhaguruka igatanga impuruza.

Ati “Kuko ntabwo turi kuvuga ibijyanye no kurenga ku mategeko gusa, ahubwo turanavuga n’ubuzima bw’ikiremwamuntu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hakenewe ingamba zo gushaka umuti urambye uvuye mu nzira za politiki, kandi bigashyigikirwa n’abashobora gutanga umusanzu bose.

Ati “U Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu gushyigikira iyi nzira, rushingiye ku myumvire yacu ko tubona ko bishoboka ko iki kibazo cyarangira mu gihe cya vuba.”

Iyi nama ibaye nyuma y’amasaha macye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena, Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, gatoye umwanzuro ushyigikira umugambi wo guhagarika iyi ntambara imaze igihe mu Ntara ya Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 6 =

Previous Post

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Next Post

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Related Posts

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
0

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

IZIHERUKA

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge
AMAHANGA

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

07/08/2025
Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

07/08/2025
Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

Ibivugwa ku ijyanwa mu bitaro ry’umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel umugabo w’Umunyarwandakazi Teta bavuzweho gupfubirana

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.