Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame witabiriye inama yo gushaka umuti w’intambara imaze iminsi muri Gaza, yagaragaje ko nubwo umuzi w’iki kibazo ukomeye, ariko bitavuze ko kitakemuka, anemeza ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu nzira zaganisha ku muti.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kamena 2024 mu nama y’icyakorwa mu gushaka umuti w’ikibazo cyo muri Gaza, ahamaze amezi umunani hari intambara imaze guhitana abarenga ibihumbi 37.

Iyi nama yahawe insanganyamatsiko igira iti “Call for Action: Urgent Humanitarian Response for Gaza”, yatumijwe n’Umwami wa Jordan, Abdullah II Ibn Al-Hussein, Perezida wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuzi w’iki kibazo ukomeye, ariko ko bitavuze ko kitakemuka, mu gihe habaho gushyira hamwe. Ati “Uko bigaragara, uko ikibazo giteye, kirakomeye ariko ntibivuze ko kitabonerwa umuti.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo nk’iki gishyira Isi mu kangaratete, bityo ko no kugishakira umuti, bisaba gushyira hamwe imbaraga, ndetse buri wese agatanga umusanzu we washoboka.

Ati “Imbaraga uburyo, n’ubushobozi, bihagarariwe muri iki cyumba uyu munsi, ntabwo byabura kugira icyo bikora mu gushyira iherezo kuri iki kibazo gishyira mu kangaratere ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile nk’uko dukomeje kubibona umunsi ku wundi.”

Perezida Kagame yavuze ko nk’u Rwanda bituma rushobora kugira icyo rwakora mu gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’iki kibazo, haba mu nzira za Dipolomasi ndetse n’ubuhuza mu gutuma iyi ntambara ihagarara.

Ati “Izi mbaraga zikomeje kwifashishwa, zikwiye kuzirikanwa kandi zigashyigikirwa, kugira ngo tubona umusaruro ufatika mu buryo bwa vuba mu rwego rwo kurinda abana, ndetse n’imiryango yabo bari mu kaga gakomeye.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa remezo bifatiye runini abaturage muri Gaza nk’ibitaro n’amashuri, byahungiyemo abaturage, bidakwiye kwifashishwa n’abari kurwana muri iyi ntambara cyangwa ngo bibe ibigomba kwibasirwa, kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kandi ibikorwa biri kuba, bihonyora uburenganzira bwa muntu, bityo ko bituma Isi igomba guhaguruka igatanga impuruza.

Ati “Kuko ntabwo turi kuvuga ibijyanye no kurenga ku mategeko gusa, ahubwo turanavuga n’ubuzima bw’ikiremwamuntu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hakenewe ingamba zo gushaka umuti urambye uvuye mu nzira za politiki, kandi bigashyigikirwa n’abashobora gutanga umusanzu bose.

Ati “U Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu gushyigikira iyi nzira, rushingiye ku myumvire yacu ko tubona ko bishoboka ko iki kibazo cyarangira mu gihe cya vuba.”

Iyi nama ibaye nyuma y’amasaha macye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena, Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, gatoye umwanzuro ushyigikira umugambi wo guhagarika iyi ntambara imaze igihe mu Ntara ya Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Next Post

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe
FOOTBALL

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

14/01/2026
Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

13/01/2026
Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.