Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas

radiotv10by radiotv10
11/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yizeje umusanzu w’u Rwanda mu guhosha ibya Israel na Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame witabiriye inama yo gushaka umuti w’intambara imaze iminsi muri Gaza, yagaragaje ko nubwo umuzi w’iki kibazo ukomeye, ariko bitavuze ko kitakemuka, anemeza ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu nzira zaganisha ku muti.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Kamena 2024 mu nama y’icyakorwa mu gushaka umuti w’ikibazo cyo muri Gaza, ahamaze amezi umunani hari intambara imaze guhitana abarenga ibihumbi 37.

Iyi nama yahawe insanganyamatsiko igira iti “Call for Action: Urgent Humanitarian Response for Gaza”, yatumijwe n’Umwami wa Jordan, Abdullah II Ibn Al-Hussein, Perezida wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres.

Perezida Paul Kagame yavuze ko umuzi w’iki kibazo ukomeye, ariko ko bitavuze ko kitakemuka, mu gihe habaho gushyira hamwe. Ati “Uko bigaragara, uko ikibazo giteye, kirakomeye ariko ntibivuze ko kitabonerwa umuti.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko ikibazo nk’iki gishyira Isi mu kangaratete, bityo ko no kugishakira umuti, bisaba gushyira hamwe imbaraga, ndetse buri wese agatanga umusanzu we washoboka.

Ati “Imbaraga uburyo, n’ubushobozi, bihagarariwe muri iki cyumba uyu munsi, ntabwo byabura kugira icyo bikora mu gushyira iherezo kuri iki kibazo gishyira mu kangaratere ubuzima bw’inzirakarengane z’abasivile nk’uko dukomeje kubibona umunsi ku wundi.”

Perezida Kagame yavuze ko nk’u Rwanda bituma rushobora kugira icyo rwakora mu gutanga umusanzu mu gushaka umuti w’iki kibazo, haba mu nzira za Dipolomasi ndetse n’ubuhuza mu gutuma iyi ntambara ihagarara.

Ati “Izi mbaraga zikomeje kwifashishwa, zikwiye kuzirikanwa kandi zigashyigikirwa, kugira ngo tubona umusaruro ufatika mu buryo bwa vuba mu rwego rwo kurinda abana, ndetse n’imiryango yabo bari mu kaga gakomeye.”

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa remezo bifatiye runini abaturage muri Gaza nk’ibitaro n’amashuri, byahungiyemo abaturage, bidakwiye kwifashishwa n’abari kurwana muri iyi ntambara cyangwa ngo bibe ibigomba kwibasirwa, kuko bishyira ubuzima bwabo mu kaga.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko kandi ibikorwa biri kuba, bihonyora uburenganzira bwa muntu, bityo ko bituma Isi igomba guhaguruka igatanga impuruza.

Ati “Kuko ntabwo turi kuvuga ibijyanye no kurenga ku mategeko gusa, ahubwo turanavuga n’ubuzima bw’ikiremwamuntu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hakenewe ingamba zo gushaka umuti urambye uvuye mu nzira za politiki, kandi bigashyigikirwa n’abashobora gutanga umusanzu bose.

Ati “U Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu gushyigikira iyi nzira, rushingiye ku myumvire yacu ko tubona ko bishoboka ko iki kibazo cyarangira mu gihe cya vuba.”

Iyi nama ibaye nyuma y’amasaha macye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena, Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, gatoye umwanzuro ushyigikira umugambi wo guhagarika iyi ntambara imaze igihe mu Ntara ya Gaza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 3 =

Previous Post

UPDATE: Hemejwe amakuru ababaje ku ndege yari irimo V/Perezida wa Malawi hatangazwa n’abandi barimo

Next Post

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza
IBYAMAMARE

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

U Rwanda rwasubije Umuryango urushinja ibinyoma ku by’abimukira rugaragaza n’ibyo wirengagiza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.