Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente; yashyikirije Perezida mushya wa Senegal, Bassirou Diomaye Diakhar Faye; ubutumwa bwihariye n’impano yagenewe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iki gikorwa cyo kumushyikiriza iyi mpano n’ubutumwa, cyabaye nyuma y’umuhango w’irahira rye, wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Mata 2024.

Ubutumwa dukesha Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bwagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, buvuga ko Dr Ngirente Edouard yashikirije Perezida wa Senegal iyi mpano n’ubutumwa, ubwo yamwakiraga mu Biro bye.

Bugira buti “Nyuma y’umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa Senegal, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriwe na Perezida Bassirou Diomaye, mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu cya Senegal amugezaho ubutumwa bwihariye n’impano yagenewe na Perezida Kagame.”

Ubu butumwa bw’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta; aho Ngirente aba ari gushyikiriza Bassirou Diomaye, ibaruwa ndetse n’impano y’umutako mwiza.

Perezida Kagame Paul wahagarariwe na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Perezida Bassirou Diomaye Faye, yari yamwifurije ishya n’ihirwe nyuma y’uko yari amaze gutorwa.

Mu butumwa Perezida Kagame yamugeneye n’Abanya-Senegal tariki 27 Werurwe 2024 nyuma y’iminsi micye atowe, yari yagize ati “Nshimiye Bassirou Diomaye Faye ku bwo gutorwa nka Perezida wa Senegal.”

Perezida Kagame wavuze ko intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye, ari ikimenyetso cy’icyizere Abanya-Senegal bamugiriye, yanaboneyeho kumwizeza ko bazakorana mu gukomeza guteza imbere umubano hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yashyikirije Perezida mushya wa Senegal ubutumwa bwa Perezida Kagame
Yanamushyikirije impano ye nziza

Ni nyuma y’uko yitabiriye umuhango w’irahira rye
Perezida Bassirou Diomaye Faye yarahiriye inshingano
Yizeje Abanya-Senegal iterambere n’impinduramatwara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha

Next Post

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw’iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw’iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw'iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.