Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yoherereje Perezida mushya wa Senegal impano n’ubutumwa bwihariye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente; yashyikirije Perezida mushya wa Senegal, Bassirou Diomaye Diakhar Faye; ubutumwa bwihariye n’impano yagenewe na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Iki gikorwa cyo kumushyikiriza iyi mpano n’ubutumwa, cyabaye nyuma y’umuhango w’irahira rye, wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Mata 2024.

Ubutumwa dukesha Ibiro bya Minisitiri w’Intebe bwagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, buvuga ko Dr Ngirente Edouard yashikirije Perezida wa Senegal iyi mpano n’ubutumwa, ubwo yamwakiraga mu Biro bye.

Bugira buti “Nyuma y’umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa Senegal, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriwe na Perezida Bassirou Diomaye, mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu cya Senegal amugezaho ubutumwa bwihariye n’impano yagenewe na Perezida Kagame.”

Ubu butumwa bw’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente ari kumwe n’abandi bayobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Dr Vincent Biruta; aho Ngirente aba ari gushyikiriza Bassirou Diomaye, ibaruwa ndetse n’impano y’umutako mwiza.

Perezida Kagame Paul wahagarariwe na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Perezida Bassirou Diomaye Faye, yari yamwifurije ishya n’ihirwe nyuma y’uko yari amaze gutorwa.

Mu butumwa Perezida Kagame yamugeneye n’Abanya-Senegal tariki 27 Werurwe 2024 nyuma y’iminsi micye atowe, yari yagize ati “Nshimiye Bassirou Diomaye Faye ku bwo gutorwa nka Perezida wa Senegal.”

Perezida Kagame wavuze ko intsinzi ya Bassirou Diomaye Faye, ari ikimenyetso cy’icyizere Abanya-Senegal bamugiriye, yanaboneyeho kumwizeza ko bazakorana mu gukomeza guteza imbere umubano hagati y’Igihugu cye n’u Rwanda.

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yashyikirije Perezida mushya wa Senegal ubutumwa bwa Perezida Kagame
Yanamushyikirije impano ye nziza

Ni nyuma y’uko yitabiriye umuhango w’irahira rye
Perezida Bassirou Diomaye Faye yarahiriye inshingano
Yizeje Abanya-Senegal iterambere n’impinduramatwara

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 3 =

Previous Post

Rutsiro: Batuye mu mazi rwagati ariko ntibagira ayo gukoresha

Next Post

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw’iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw’iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagaragarije uw'iya UN igitera u Rwanda umuhate mu gutabara amahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.