Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo- Brazzaville), Denis Sassou-N’Guesso, yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda yatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, avuga ko Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriwe na Denis Sassou-N’Guesso, i Brazzaville.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ivuga ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriwe na Nyakubahwa Denis Sassou-N’Guesso, Perezida wa Repubulika ya Congo, amushyikiriza ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ikomeza ivuga kandi ko muri uku kwakira Minisitiri Nduhungirehe, we na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-N’Guesso; banaganiriye kuri kandidatire ya Richard Mihigo ukomoka muri Congo-Brazzaville uri guhatanira kuyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ishami rya Afurika.

Aya matora y’Umuyobozi w’Ibiro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, muri Afurika, ateganyijwe kuzaba tariki 27 z’ukwezi gutaha kwa Kanama 2024.

Nanone kandi mu biganiro byabo bombi, baganiriye “ku gukomeza guha imbaraga imikoranire isanzwe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse n’imishinga y’ubufatanye bwabyo.”

Ibihugu by’u Rwanda na Congo-Brazzavile, bisanzwe bifitanye umubano mwiza, ndetse n’Abakuru b’Ibihugu byombi, basanzwe bagenderera Ibihugu.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, Denis Sassou-N’Guesso wa Congo-Brazzavile yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aho yaje nyuma y’iminsi micye iki Gihugu cyemereye Abanyarwanda kujyayo batatse Visa.

Icyo gihe kandi, Denis Sassou-N’Guesso wanakiriwe na Perezida Paul Kagame, yanambitswe umudari w’ishimwe wiswe ‘Agaciro’ mu rwego rwo kumushimira ku ruhare yagize mu iterambere ry’Umugabane wa Afurika.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatembereje mugenzi we Denis Sassou-N’Guesso mu rwuri rwe ruri i Kibugabuga mu Karere ka Bugesera, ikimenyetso cyashimangiye umubano mwiza w’aba Bakuru b’Ibihugu bombi.

Umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yambikaga umudari Sassou-N’Guesso
Yaranamuherekeje ubwo yari asoje uruzinduko rw’iminsi itatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 10 =

Previous Post

Perezida w’Igihugu cyo muri Afurika akaba n’Umujenerali yagaragaye atembera n’igare

Next Post

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze
AMAHANGA

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

12/12/2025
Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.