Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo- Brazzaville), Denis Sassou-N’Guesso, yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda yatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, avuga ko Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriwe na Denis Sassou-N’Guesso, i Brazzaville.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ivuga ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriwe na Nyakubahwa Denis Sassou-N’Guesso, Perezida wa Repubulika ya Congo, amushyikiriza ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ikomeza ivuga kandi ko muri uku kwakira Minisitiri Nduhungirehe, we na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-N’Guesso; banaganiriye kuri kandidatire ya Richard Mihigo ukomoka muri Congo-Brazzaville uri guhatanira kuyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ishami rya Afurika.

Aya matora y’Umuyobozi w’Ibiro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, muri Afurika, ateganyijwe kuzaba tariki 27 z’ukwezi gutaha kwa Kanama 2024.

Nanone kandi mu biganiro byabo bombi, baganiriye “ku gukomeza guha imbaraga imikoranire isanzwe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse n’imishinga y’ubufatanye bwabyo.”

Ibihugu by’u Rwanda na Congo-Brazzavile, bisanzwe bifitanye umubano mwiza, ndetse n’Abakuru b’Ibihugu byombi, basanzwe bagenderera Ibihugu.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, Denis Sassou-N’Guesso wa Congo-Brazzavile yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aho yaje nyuma y’iminsi micye iki Gihugu cyemereye Abanyarwanda kujyayo batatse Visa.

Icyo gihe kandi, Denis Sassou-N’Guesso wanakiriwe na Perezida Paul Kagame, yanambitswe umudari w’ishimwe wiswe ‘Agaciro’ mu rwego rwo kumushimira ku ruhare yagize mu iterambere ry’Umugabane wa Afurika.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatembereje mugenzi we Denis Sassou-N’Guesso mu rwuri rwe ruri i Kibugabuga mu Karere ka Bugesera, ikimenyetso cyashimangiye umubano mwiza w’aba Bakuru b’Ibihugu bombi.

Umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yambikaga umudari Sassou-N’Guesso
Yaranamuherekeje ubwo yari asoje uruzinduko rw’iminsi itatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 19 =

Previous Post

Perezida w’Igihugu cyo muri Afurika akaba n’Umujenerali yagaragaye atembera n’igare

Next Post

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.