Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika ya Congo (Congo- Brazzaville), Denis Sassou-N’Guesso, yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame.

Amakuru dukesha Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda yatangajwe mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, avuga ko Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriwe na Denis Sassou-N’Guesso, i Brazzaville.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, ivuga ko “Minisitiri Olivier Nduhungirehe yakiriwe na Nyakubahwa Denis Sassou-N’Guesso, Perezida wa Repubulika ya Congo, amushyikiriza ubutumwa bwa Nyakubahwa Perezida Paul Kagame.”

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ikomeza ivuga kandi ko muri uku kwakira Minisitiri Nduhungirehe, we na Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-N’Guesso; banaganiriye kuri kandidatire ya Richard Mihigo ukomoka muri Congo-Brazzaville uri guhatanira kuyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ishami rya Afurika.

Aya matora y’Umuyobozi w’Ibiro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, muri Afurika, ateganyijwe kuzaba tariki 27 z’ukwezi gutaha kwa Kanama 2024.

Nanone kandi mu biganiro byabo bombi, baganiriye “ku gukomeza guha imbaraga imikoranire isanzwe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse n’imishinga y’ubufatanye bwabyo.”

Ibihugu by’u Rwanda na Congo-Brazzavile, bisanzwe bifitanye umubano mwiza, ndetse n’Abakuru b’Ibihugu byombi, basanzwe bagenderera Ibihugu.

Muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, Denis Sassou-N’Guesso wa Congo-Brazzavile yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, aho yaje nyuma y’iminsi micye iki Gihugu cyemereye Abanyarwanda kujyayo batatse Visa.

Icyo gihe kandi, Denis Sassou-N’Guesso wanakiriwe na Perezida Paul Kagame, yanambitswe umudari w’ishimwe wiswe ‘Agaciro’ mu rwego rwo kumushimira ku ruhare yagize mu iterambere ry’Umugabane wa Afurika.

Umukuru w’u Rwanda kandi yatembereje mugenzi we Denis Sassou-N’Guesso mu rwuri rwe ruri i Kibugabuga mu Karere ka Bugesera, ikimenyetso cyashimangiye umubano mwiza w’aba Bakuru b’Ibihugu bombi.

Umwaka ushize ubwo Perezida Kagame yambikaga umudari Sassou-N’Guesso
Yaranamuherekeje ubwo yari asoje uruzinduko rw’iminsi itatu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Perezida w’Igihugu cyo muri Afurika akaba n’Umujenerali yagaragaye atembera n’igare

Next Post

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.