Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo

radiotv10by radiotv10
11/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ni uwabo nabo bakaba abe- FPR-Inkotanyi ivuga ku baturage bisanzura kuri Kagame bakanamuca mu ijambo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, avuga ko kuba aho Umukandida w’uyu Muryango, Paul Kagame ajya kwiyamamariza, mu ijambo rye abaturage ari bo biharira umwanya, ari ibyishimo biba byabasaze, bakamwereka ko ari uwabo na bo bakaba abe, ku buryo iyo bari kuganira, imbamutima zibibagiza igitinyiro cye, bakamwisanzuraho, bigatuma bumva ko ntacyo yavuga ngo ntibamwikirize.

Kugeza ubu Umukandida w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, amaze kwiyamamariza kuri site 15 muri 18, hakaba hasigaye eshatu zirimo iy’uyu munsi yo mu Karere ka Gakenke.

Ibikorwa byo kwiyamamaza kuri iyi nshuro, byagaragayemo uburyo Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi biyumvamo Chairman wabo, n’urukundo ruhebuje bamufitiye by’umwihariko ku bwitabire buhanitse bw’abaza kumwakira, aho Site zose amaze kwiyamamarizaho, ntahaje abaturage bari munsi y’ibihumbi 200.

Uretse kuba Paul Kagame yaragiye abwira abaturage ko yaje kubashimira, abitabira ibi bikorwa na bo bagira umwanya wo kubwira Umukandida akabari ku mutima, badatinya no kumuca mu ijambo, bakavuga imbamutima zabo.

Mu kiganiro Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi, Ambasaderi Wellars Gasamagera yagiranye na RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Nyakanga 2024, yavuze ko Abanyamuryango b’uyu Muryango badashobora guhisha amarangamutima yabo y’uburyo bakunda umukandida wabo.

Umunyamakuru yamubajije impamvu abanyamuryango baca mu ijambo Umukandida wabo bamugaragariza ibinezaneza byo kuyoborwa na we, kandi bizwi ko Paul Kagame ari umunyagitinyiro.

Yasubije agira ati “Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, ni byo koko afite igitinyiro ari njye nawe turabizi, ariko iyo yageze mu bantu be, mu baturage be nka kuriya, n’icyo gitinyiro gisa nk’icyigiyeyo gato kugira ngo bigaragare ko ahuye na bo, uranabyivugiye uti ‘basa nk’aho bafite uburyo bahuza ibitekerezo’.

Biriya ni ibintu biza mu buryo bwa kamere navuga bwa kimeza, ni ibintu byizana, ntakundi wabifata, na we ubwe urabibona ko ntakundi kuntu yabigenza, abajyamo akaba uwabo, na bo bakaba abe, yaranabibabwiye ejobundi i Gicumbi, ati ‘ni mwebwe mungize’.”

Paul Kagame yakirwa n’Abanyamuryango ba FPR benshi cyane

Ubwitabire ntibusanzwe

Ambasaderi Gasamagera yanagarutse ku migendekere y’ibi bikorwa byo kwamamaza Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi biri kugana ku musozo, avuga ko ikimaze kugaragara ari ubwitabire bwo hejuru bw’ababyitabira.

Ati “Ubwitabire nabwo ntibisanzwe. Mbere uko twajyaga twamamaza wasangaga tubona umubare w’abantu uringaniye, nk’ibihumbi ijama birengaho gacye, ariko ubu noneho byarazamutse cyane, ngira ngo byanikubye kabiri, hari site twabonye nk’iya Nyamirambo twagejeje hafi ibihumbi magana ane (400 000), iya Musanze muri magana atatu.”

Avuga ko ariko nanone ikigamijwe atari ukugira umubare munini w’abitabira ibi bikorwa, ahubwo ari n’uburyo abaza baba bagaragaza inyota yo kumva umukandida wabo ndetse n’ubushake bubaturutsemo.

Ati “Abantu bitabiriye ari benshi babishaka, bafite ikobe, ubona rwose ishyaka ari ryose, kandi koko babona Umukandida wacu, Umukandida wabo bamugize uwabo rwose, ukabona barishimye, bakamwereka ko bamukunze. Natwe rero ibi ni ibintu bitwereka ko Umukandida wacu ahagaze neza, kandi ko azatorwa.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi kandi yagiye na we yisanzura ku baturage babaga baje kumwakira, ndetse hamwe yagiye akoresha indimi-shami zabo, nk’i Gicumbi aheruka kwiyamamariza, yavuze ururimi rwa Oluchiga, asanzwe anazi, aho yagize ati “Abanyabuzare ba Gicumbi [Abavandimwe b’i Gicumbi] muraho mugumire, nabasima munonga kwija aha muri benshi [Ndabashima cyane kuba mwaje muri benshi], mwakora kuza muri benshi, mwakora munonga, mwebare munonga.”

Mu Karere ka Rusizi, ahari agace gakoreshwamo ururimi rw’Amahavu, Paul Kagame na ho yagize ati “Enyanya enyana” bishatse kuvuga ngo “hejuru cyane.”

Ambasaderi Gasamagera, avuga ko ibi na byo bigaragaza guhuza k’Umukandida wa FPR-Inkotanyi n’abaturage, kuko ari bo baba batangiye bakoresha izo ndimi, bashaka ko na we azimenya kugira ngo barusheho kwisanzurana.

Ati “Biriya na byo tujye tunabyumva, iyo agiye ahantu, abantu bamwisangamo, bakamubwira n’ururimi rwabo.”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi, uyu munsi ariyamamariza mu Karere ka Gakenke, mu gihe ejo ku wa Gatanu tariki 12 Nyakanga aziyamamariza mu Karere ka Gasabo, na ho tariki 13 Nyakanga ari na bwo azasoza ibikorwa byo kwiyamamaza, akazasoreza mu Karere ka Kicukiro.

Mu ijambo rye aba yikirizwa n’abaturage bishimye bihebuje
Abaturage bishimira kongera kuganira na we

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa Perezida wa Congo-Brazzaville

Next Post

Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

IZIHERUKA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka
AMAHANGA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Rayon Sports WFC yamanuye uri mu banyezamu beza muri Afurika y’Iburasirazuba wanakinnye i Burundi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.