• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose

radiotv10by radiotv10
30/12/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida Nyusi yasuye ingabo i Cabo Delgado yongera gushimira Kagame n’Abanyarwanda bose
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Mozambique, Philipe Nyusi yasuye ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro mu Karere ka Mueda mu Ntara ya Cabo Delgado, aboneraho kongera gushimira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange bemeye koherezayo abana babo.

Perezida Philipe Nyusi yakoze uru ruzinduko kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021 aherekejwe na Minisitiri w’Umutekano w’iki Gihugu bakaba bakiriwe n’Umuyobozi w’Ingabo za Moambique w’agateganyo, Brig Gen Vidigal.

Nyuma yo kugezwaho uko ibikorwa byo kugarura amahoro i Cabo Delgado, Perezida Philipe Nyusi yahuye n’abayoboye ingabo ziri mu butumwa muri aka gace barimo uyoboye iz’u Rwanda ndetse n’uyoboye iza SADC.

President Nyusi yashimiye ibihugu byose bifite ingabo zaje mu butumwa mu Gihugu cye ku kazi keza ziri gukora ko guhashya ibyihebe ndetse aboneraho kubisaba gukomeza ibikorwa bya Gisirikare mu Turere twa Macomia, Mocimboa da Praia, Nangade Mueda na Ibo island.

Yaboneyeho kongera gushimira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’Abanyarwanda muri rusange kuba baremeye kohereza abana babo mu bikorwa byo kurandura ibyihebe kandi ko ubwitange bwabo buzahora mu mitima y’Abanyagihugu cye.

Mu mpera za Nzeri 2021, Perezida Nyusi na bwo yari yashimiye byimazeyo mugenzi we Paul Kagame wagiriye uruzinduko mu Ntara ya Cabo Delgado bakanaganira n’ingabo z’u Rwanda ziriyo.

Perezida Paul Kagame washimiye uko ingabo z’u Rwanda ziri muri ubu butumwa ziri kwitwara, yaboneyeho kuzibwira ko akazi ari bwo gasa nk’agatangiye kuko uretse kuba barakoze ibikorwa bikomeye byo kwirukana ibyihebe mu birindiro byabyo ariko ko ibikorwa nk’ibi bikomeje kandi ko no gutuma habaho amahoro arambye bigomba kugerwaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Imyigishirize n’ubumenyi bukenewe bigomba kujyana n’ibihe tugezemo-Dr Gasingirwa

Next Post

Senderi wavuzweho gutunga imodoka y’irangi ryo mu nzu yaguze inshya y’urwererane

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Senderi wavuzweho gutunga imodoka y’irangi ryo mu nzu yaguze inshya y’urwererane

Senderi wavuzweho gutunga imodoka y’irangi ryo mu nzu yaguze inshya y’urwererane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.