Tuesday, April 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
26/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku mutwe w’iterabwoba wiyita Leta ya Kisilamu mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria.

Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryacyeye, nk’uko byemejwe n’Ibiro bishinzwe iby’Intambara mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubu butumwa bwa Trump, bugira buti “Muri iri joro, nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Leta Zunze Ubumwe za America zagabye igitero cya rurangiza kandi kigamije kwica abo mu mutwe w’Iterabwoba wa ISIS mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria, bahora bibasira mu buryo bubabaje inzirakarengane z’abakirisitu, ku rwego rutigeze rubaho mu myaka yatambutse ndetse no mu binyejana.”

Muri ubu butumwa, Trump yavuze ko yakunze guha gasopo ibi byihebe abimenyesha ko “niba badahagaritse kwica abakirisitu, bazabona ingororano y’ikuzimu, none muri iri joro birabaye.”

Perezida wa US yatangaje ko muri iri joro Ibiro bishinzwe intambara byohereje ibisasu kandi byageze ku ntego yabyo, aho yavuze kandi ko “ni Leta Zunze Ubumwe za America zishobora gukora ibi.”

Ati “Ku buyobozi bwanjye, Igihugu cyacu ntikizigera giha urwaho ko Iterabwoba rya Kisilamu rikura.” Asoza ashimira Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America anakifuriza Noheli nziza ndetse no kwishimira ko ibyo byihebe byapfuye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Harindintwari Andre says:
    3 months ago

    Ibi bivuze iki rero kuri politics mpuzamahaga???

    Kubera ko ari president wa USA aranzura akagaba igitero muburyo runaka none Igihugu nk’uRwanda rwakwirwanaho rugamije kurengera ubusugire bwarwo ngo kuki bakoze ibi?!!!biratangaje kubona muri Africa abantu bicwa nkaho ntakirengera bagira nyamara n’ufite umutima wo kurengera abarenganywa bati ntabyerewe, intambara runaka ni wowe uzizana,ubwigegenge bwakagombye kuba ubwigegenge buri wese akirwanaho agamije guha Igihugu cye ituze n’amahoro kd binyuzeu inzira zitagira icyo zihutaza

    Reply

Leave a Reply to Harindintwari Andre Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Next Post

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Related Posts

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

by radiotv10
06/04/2026
0

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashimiye abakinnyi b’Ikipe y’iki Gihugu iherutse kubona itike yo kuzakina Igikombe...

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi na Madamu we bitabiriye Inzira y’Umusaraba

by radiotv10
04/04/2026
0

Perezida w'u Burundi, Evariste Ndayishimiye na Madamu we Angeline Ndayishimiye Ndayubaha basanzwe ari Abakristu Gatulika, bitabiriye Inzira y’Umusaraba yo kuzirikana...

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

Capt.Ibrahim Traoré yemeza ko Demokarasi yazaniwe Abanyafurika ari yo yangije byinshi

by radiotv10
03/04/2026
0

Perezida Ibrahim Traoré wa Burkina Faso, wafashe ubutegetsi binyuze muri coup d’etat yabaye mu 2022, yasabye abaturage kwikuramo amahame ya demokarasi, avuga ko...

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

Icyo Perezida Macron avuga ku magambo Trump yamuvuzeho yumvikanamo kumwibasira

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Emmanuel Macron yatangaje ko ntacyo yasubiza ku byatangajwe na mugenzi we Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America...

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

Perezida Tshisekedi yagiriye uruzinduko muri Qatar isanzwe ari umuhuza mu bya DRC na AFC/M23

by radiotv10
02/04/2026
0

Perezida Félix-Antoine Tshisekedi Tshilombo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiriye uruzinduko mu Gihugu cya Qatar kiyoboye ibiganiro by’ubuhuza buhua...

IZIHERUKA

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe
AMAHANGA

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

by radiotv10
06/04/2026
0

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

06/04/2026
Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

06/04/2026
Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

06/04/2026
Bavuze icyo bifuza cyatuma basezerera guhinga mu buryo bwa gakondo

Bavuze icyo bifuza cyatuma basezerera guhinga mu buryo bwa gakondo

06/04/2026
How Parents Can Educate Children During the Commemoration Period of the 1994 Genocide Against the Tutsi

How Parents Can Educate Children During the Commemoration Period of the 1994 Genocide Against the Tutsi

06/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Tshisekedi yasabye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ubwo yabashyikiriza imodoka z’akataraboneka nk’ishimwe

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

Haravugwa Abapadiri babiri mu Rwanda batawe muri yombi kuri Pasika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.