Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku mutwe w’iterabwoba wiyita Leta ya Kisilamu mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria.
Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryacyeye, nk’uko byemejwe n’Ibiro bishinzwe iby’Intambara mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America.
Ubu butumwa bwa Trump, bugira buti “Muri iri joro, nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Leta Zunze Ubumwe za America zagabye igitero cya rurangiza kandi kigamije kwica abo mu mutwe w’Iterabwoba wa ISIS mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria, bahora bibasira mu buryo bubabaje inzirakarengane z’abakirisitu, ku rwego rutigeze rubaho mu myaka yatambutse ndetse no mu binyejana.”
Muri ubu butumwa, Trump yavuze ko yakunze guha gasopo ibi byihebe abimenyesha ko “niba badahagaritse kwica abakirisitu, bazabona ingororano y’ikuzimu, none muri iri joro birabaye.”
Perezida wa US yatangaje ko muri iri joro Ibiro bishinzwe intambara byohereje ibisasu kandi byageze ku ntego yabyo, aho yavuze kandi ko “ni Leta Zunze Ubumwe za America zishobora gukora ibi.”
Ati “Ku buyobozi bwanjye, Igihugu cyacu ntikizigera giha urwaho ko Iterabwoba rya Kisilamu rikura.” Asoza ashimira Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America anakifuriza Noheli nziza ndetse no kwishimira ko ibyo byihebe byapfuye.
RADIOTV10










Ibi bivuze iki rero kuri politics mpuzamahaga???
Kubera ko ari president wa USA aranzura akagaba igitero muburyo runaka none Igihugu nk’uRwanda rwakwirwanaho rugamije kurengera ubusugire bwarwo ngo kuki bakoze ibi?!!!biratangaje kubona muri Africa abantu bicwa nkaho ntakirengera bagira nyamara n’ufite umutima wo kurengera abarenganywa bati ntabyerewe, intambara runaka ni wowe uzizana,ubwigegenge bwakagombye kuba ubwigegenge buri wese akirwanaho agamije guha Igihugu cye ituze n’amahoro kd binyuzeu inzira zitagira icyo zihutaza