Thursday, February 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
26/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku mutwe w’iterabwoba wiyita Leta ya Kisilamu mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria.

Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryacyeye, nk’uko byemejwe n’Ibiro bishinzwe iby’Intambara mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubu butumwa bwa Trump, bugira buti “Muri iri joro, nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Leta Zunze Ubumwe za America zagabye igitero cya rurangiza kandi kigamije kwica abo mu mutwe w’Iterabwoba wa ISIS mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria, bahora bibasira mu buryo bubabaje inzirakarengane z’abakirisitu, ku rwego rutigeze rubaho mu myaka yatambutse ndetse no mu binyejana.”

Muri ubu butumwa, Trump yavuze ko yakunze guha gasopo ibi byihebe abimenyesha ko “niba badahagaritse kwica abakirisitu, bazabona ingororano y’ikuzimu, none muri iri joro birabaye.”

Perezida wa US yatangaje ko muri iri joro Ibiro bishinzwe intambara byohereje ibisasu kandi byageze ku ntego yabyo, aho yavuze kandi ko “ni Leta Zunze Ubumwe za America zishobora gukora ibi.”

Ati “Ku buyobozi bwanjye, Igihugu cyacu ntikizigera giha urwaho ko Iterabwoba rya Kisilamu rikura.” Asoza ashimira Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America anakifuriza Noheli nziza ndetse no kwishimira ko ibyo byihebe byapfuye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Harindintwari Andre says:
    2 months ago

    Ibi bivuze iki rero kuri politics mpuzamahaga???

    Kubera ko ari president wa USA aranzura akagaba igitero muburyo runaka none Igihugu nk’uRwanda rwakwirwanaho rugamije kurengera ubusugire bwarwo ngo kuki bakoze ibi?!!!biratangaje kubona muri Africa abantu bicwa nkaho ntakirengera bagira nyamara n’ufite umutima wo kurengera abarenganywa bati ntabyerewe, intambara runaka ni wowe uzizana,ubwigegenge bwakagombye kuba ubwigegenge buri wese akirwanaho agamije guha Igihugu cye ituze n’amahoro kd binyuzeu inzira zitagira icyo zihutaza

    Reply

Leave a Reply to Harindintwari Andre Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Next Post

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Related Posts

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

by radiotv10
18/02/2026
0

Leta ya Gabon ibinyujije mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Kugenzura Itangazamakuru, yatangaje ko yahagaritse imbuga nkoranyambaga muri iki gihugu kugeza igihe...

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
18/02/2026
0

Umunyamabanga wa Leta muri Guverinoma ya Kenya ushinzwe Uburinganire, yatangaje ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya umaze iminsi agaragara mu mashusho akoresha ibyo...

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

Hatanzwe ibisobanuro nyuma yuko hari abasirikare b’Abafaransa bagaragaye i Kisangani hategurirwa ibitero bigabwa kuri AFC/M23

by radiotv10
18/02/2026
0

Nyuma yuko hari amakuru atangajwe ko abasirikare b’u Bufaransa bagaragaye i Kisangani havugwaho kuba hari ikigo gikomeye cya FARDC iteguriramo...

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

Ni iki kitezwe mu biganiro by’u Burusiya, Ukraine na America biri kubera mu muhezo?

by radiotv10
18/02/2026
0

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, wari umunsi wa kabiri w’icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro bihuje u Burusiya, Ukraine na...

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

Eng.-AFC/M23 shoots down additional FARDC war aircraft

by radiotv10
17/02/2026
0

The AFC/M23 coalition, which is fighting against the government of the Democratic Republic of Congo, has shot down three unmanned...

IZIHERUKA

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi
AMAHANGA

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

by radiotv10
18/02/2026
0

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

18/02/2026
Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

18/02/2026
Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

Abasore babiri bakurikiranyweho gukubita umugabo basanze aryamanye na mushiki wabo bikamuviramo gupfa

18/02/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo yafunzwe nyuma yo gutahurwaho kumara igihe abana n’umwana w’umukobwa arusha imyaka 40

18/02/2026
Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

Miss Pamella umugore wa The Ben yagize ibyago

18/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo cyo guhagarika imbuga nkoranyambaga mu gihe kitazwi

Hatangajwe icyagaragaye mu kiyobyabwenge kimaze kwica abantu 17 mu byumweru bibiri mu Rwanda

Ikibazo cy’umugabo w’Umurusiya uri kugarukwaho cyane muri Kenya kubera amashusho ye cyinjiwemo n’inzego

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.