• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

radiotv10by radiotv10
26/12/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba uw’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.

Ni nyuma yuko Amb. Olivier Nduhungirehe abaye umwe mu bihumbi n’ibihumbi bitabiriye igitaramo cya Israel Mbonyi ‘Icyambu’ kibaye ku nshuro ya kane.

Nubundi inyubako ya BK Arena yongeye irakubita iruzura, aho uyu muhanzi yamaze umwanya munini aririmbira abitabiriye iki gitaramo cye ku munsi wa Noheli, wibutsa abakristu Kuvuka k’Umucunguzi Yezu/ Yesu Kristu.

Nduhungirehe wari witabiriye iki gitaramo ari kumwe n’abo mu muryango we, yagize ati “Muri BK Arena yuzuye, kumara amasaha ane aririmba, gusabana n’abitabiriye igitaramo, Israel Mbonyi arenze kuba umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.”

Minisitiri Nduhungirehe kandi wari wanitabiriye igitaramo nk’iki cy’umwaka ushize ‘Icyambu Season III’, na bwo yari yashimye uyu muhanzi Israel Mbonyi, wongeye kugaragarizwa urukundo ruhebuje.

Icyo gihe mu butumwa Nduhungirehe yari yatanze umwaka ushize avuga kuri Israel Mbonyi, yari yagize ati “Ni umukozi w’Imana, umunyakuri, umuhanga ku rubyiniro, umuhanzi twahaweho Imana, umutaramyi utananirwa ni ubuhamya bugenda.”

Israel Mbonyi na we wahise agaragaza amarangamutima yatewe no gushimwa n’umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda, na we yari yagize ati “Mwakoze cyanye nyakubahwa, bivuze kinini kuba twari kumwe mu Cyambu Live concert III.”

Iki gitaramo cya Israel Mbonyi cy’uyu mwaka wa 2025, bivugwa ko cyitabiriwe n’abarenga ibihumbi 10, aho nanone benshi bongeye kugaragaza ko indirimbo z’uyu muhanzi bamaze kuzimira bunguri, dore ko uko yaririmbaga bajyanaga ijambo ku rindi.

Isarel Mbonyi yongeye gusendereza ibyishimo mu Banyarwanda
Minisitiri Nduhungirehe ni umwe mu bitabiriye igitaramo cye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 14 =

Previous Post

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Next Post

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.