• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

radiotv10by radiotv10
26/12/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
1
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku mutwe w’iterabwoba wiyita Leta ya Kisilamu mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria.

Ni igitero cyagabwe mu ijoro ryacyeye, nk’uko byemejwe n’Ibiro bishinzwe iby’Intambara mu biro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Ubu butumwa bwa Trump, bugira buti “Muri iri joro, nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, Leta Zunze Ubumwe za America zagabye igitero cya rurangiza kandi kigamije kwica abo mu mutwe w’Iterabwoba wa ISIS mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Nigeria, bahora bibasira mu buryo bubabaje inzirakarengane z’abakirisitu, ku rwego rutigeze rubaho mu myaka yatambutse ndetse no mu binyejana.”

Muri ubu butumwa, Trump yavuze ko yakunze guha gasopo ibi byihebe abimenyesha ko “niba badahagaritse kwica abakirisitu, bazabona ingororano y’ikuzimu, none muri iri joro birabaye.”

Perezida wa US yatangaje ko muri iri joro Ibiro bishinzwe intambara byohereje ibisasu kandi byageze ku ntego yabyo, aho yavuze kandi ko “ni Leta Zunze Ubumwe za America zishobora gukora ibi.”

Ati “Ku buyobozi bwanjye, Igihugu cyacu ntikizigera giha urwaho ko Iterabwoba rya Kisilamu rikura.” Asoza ashimira Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za America anakifuriza Noheli nziza ndetse no kwishimira ko ibyo byihebe byapfuye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Harindintwari Andre says:
    5 months ago

    Ibi bivuze iki rero kuri politics mpuzamahaga???

    Kubera ko ari president wa USA aranzura akagaba igitero muburyo runaka none Igihugu nk’uRwanda rwakwirwanaho rugamije kurengera ubusugire bwarwo ngo kuki bakoze ibi?!!!biratangaje kubona muri Africa abantu bicwa nkaho ntakirengera bagira nyamara n’ufite umutima wo kurengera abarenganywa bati ntabyerewe, intambara runaka ni wowe uzizana,ubwigegenge bwakagombye kuba ubwigegenge buri wese akirwanaho agamije guha Igihugu cye ituze n’amahoro kd binyuzeu inzira zitagira icyo zihutaza

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × one =

Previous Post

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Next Post

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Related Posts

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

Next Post
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.