Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in SIPORO
0
Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Nizeyimana Mugabo Olivier umaze igihe gito atorewe kuyobora iri shyirahamwe avuga ko impamvu u Rwanda rutagira amahugurwa y’abatoza b’umupira w’amaguru bashaka License B ya CAF ari uko nta muyobozi wa tekinike uhari.

Nizeyimana Mugabo Olivier wahoze ari perezida wa Mukura Victory Sport, avuga ko amabwiriza y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ategeka ko kugira ngo igihugu gikoresheje amahugurwa ya CAF B License kigomba kuba gifite umuyobozi wa tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu.

“Kuba tudafite umuyobozi wa tekinike byanatumye tutemererwa gutanga amahugurwa ku batoza bashaka License B ya CAF kuko kugira ngo ayo mahugurwa ya CAF B License wemerwe kuyakoresha ugomba kuba ufite umuyobozi wa tekinike.” Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier aganira na B&B FM

Nizeyimana akomeza avuga ko kuba u Rwanda rudafite umuyobozi wa tekinike uhamye ari ikibazo kandi ari ikibazo cy’ingutu kinihutirwa kugira ngo uyu muyobozi aboneke hakiri kare ku buryo mbere y’uko umwaka wa 2021 urangira byaba byakemutse hakaba hakorwa amahugurwa atanga CAF B na CAF C License.

FERWAFA igiye kumara imyaka ibiri nta muyobozi wa Tekinike rugira nyuma y’uko Habimana Hussein wari muri uyu mwanya yirukanwe biturutse mu kuba umusaruro wari nkene.

“Dukeneye umuyobozi wa tekinike mu gihe cya vuba kandi birihutirwa. Tumaze imyaka ibiri ntawe ariko ubu arihutirwa cyane. Umuyobozi wa tekinike dukeneye ni uwuzi neza umupira w’u Rwanda kugira ngo azawuhe icyerecyezo gikwiye. Turabizi ko ari ikibazo ariko birihutirwa ko agomba gushyirwaho.” Nizeyimana Olivier

Mu Rwanda habarurwa umubare w’abatoza barenga 16 bafite impamabumenyi ya CAF A mu gutoza umupira w’amaguru ariko byagera ku bafite CAF B na C umubare ukaba muto. Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora FERWAFA avuga ko iki kibazo akizi kandi kigomba kubonerwa umuti mbere y’uko 2021 irangira.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 18 =

Previous Post

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Next Post

OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports yitegura umukino wa Super Cup uzayihuza na mucyeba wayo, APR FC, yaguze abakinnyi batatu barimo myugariro...

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.