Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in SIPORO
0
Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Nizeyimana Mugabo Olivier umaze igihe gito atorewe kuyobora iri shyirahamwe avuga ko impamvu u Rwanda rutagira amahugurwa y’abatoza b’umupira w’amaguru bashaka License B ya CAF ari uko nta muyobozi wa tekinike uhari.

Nizeyimana Mugabo Olivier wahoze ari perezida wa Mukura Victory Sport, avuga ko amabwiriza y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ategeka ko kugira ngo igihugu gikoresheje amahugurwa ya CAF B License kigomba kuba gifite umuyobozi wa tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu.

“Kuba tudafite umuyobozi wa tekinike byanatumye tutemererwa gutanga amahugurwa ku batoza bashaka License B ya CAF kuko kugira ngo ayo mahugurwa ya CAF B License wemerwe kuyakoresha ugomba kuba ufite umuyobozi wa tekinike.” Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier aganira na B&B FM

Nizeyimana akomeza avuga ko kuba u Rwanda rudafite umuyobozi wa tekinike uhamye ari ikibazo kandi ari ikibazo cy’ingutu kinihutirwa kugira ngo uyu muyobozi aboneke hakiri kare ku buryo mbere y’uko umwaka wa 2021 urangira byaba byakemutse hakaba hakorwa amahugurwa atanga CAF B na CAF C License.

FERWAFA igiye kumara imyaka ibiri nta muyobozi wa Tekinike rugira nyuma y’uko Habimana Hussein wari muri uyu mwanya yirukanwe biturutse mu kuba umusaruro wari nkene.

“Dukeneye umuyobozi wa tekinike mu gihe cya vuba kandi birihutirwa. Tumaze imyaka ibiri ntawe ariko ubu arihutirwa cyane. Umuyobozi wa tekinike dukeneye ni uwuzi neza umupira w’u Rwanda kugira ngo azawuhe icyerecyezo gikwiye. Turabizi ko ari ikibazo ariko birihutirwa ko agomba gushyirwaho.” Nizeyimana Olivier

Mu Rwanda habarurwa umubare w’abatoza barenga 16 bafite impamabumenyi ya CAF A mu gutoza umupira w’amaguru ariko byagera ku bafite CAF B na C umubare ukaba muto. Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora FERWAFA avuga ko iki kibazo akizi kandi kigomba kubonerwa umuti mbere y’uko 2021 irangira.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Next Post

OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

Related Posts

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.