Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF

radiotv10by radiotv10
28/09/2021
in SIPORO
0
Perezida wa FERWAFA Nizeyimana Olivier yasobanuye impamvu mu Rwanda hataba amahugurwa atanga License B ya CAF
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Nizeyimana Mugabo Olivier umaze igihe gito atorewe kuyobora iri shyirahamwe avuga ko impamvu u Rwanda rutagira amahugurwa y’abatoza b’umupira w’amaguru bashaka License B ya CAF ari uko nta muyobozi wa tekinike uhari.

Nizeyimana Mugabo Olivier wahoze ari perezida wa Mukura Victory Sport, avuga ko amabwiriza y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ategeka ko kugira ngo igihugu gikoresheje amahugurwa ya CAF B License kigomba kuba gifite umuyobozi wa tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri icyo gihugu.

“Kuba tudafite umuyobozi wa tekinike byanatumye tutemererwa gutanga amahugurwa ku batoza bashaka License B ya CAF kuko kugira ngo ayo mahugurwa ya CAF B License wemerwe kuyakoresha ugomba kuba ufite umuyobozi wa tekinike.” Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Olivier aganira na B&B FM

Nizeyimana akomeza avuga ko kuba u Rwanda rudafite umuyobozi wa tekinike uhamye ari ikibazo kandi ari ikibazo cy’ingutu kinihutirwa kugira ngo uyu muyobozi aboneke hakiri kare ku buryo mbere y’uko umwaka wa 2021 urangira byaba byakemutse hakaba hakorwa amahugurwa atanga CAF B na CAF C License.

FERWAFA igiye kumara imyaka ibiri nta muyobozi wa Tekinike rugira nyuma y’uko Habimana Hussein wari muri uyu mwanya yirukanwe biturutse mu kuba umusaruro wari nkene.

“Dukeneye umuyobozi wa tekinike mu gihe cya vuba kandi birihutirwa. Tumaze imyaka ibiri ntawe ariko ubu arihutirwa cyane. Umuyobozi wa tekinike dukeneye ni uwuzi neza umupira w’u Rwanda kugira ngo azawuhe icyerecyezo gikwiye. Turabizi ko ari ikibazo ariko birihutirwa ko agomba gushyirwaho.” Nizeyimana Olivier

Mu Rwanda habarurwa umubare w’abatoza barenga 16 bafite impamabumenyi ya CAF A mu gutoza umupira w’amaguru ariko byagera ku bafite CAF B na C umubare ukaba muto. Nizeyimana Mugabo Olivier uyobora FERWAFA avuga ko iki kibazo akizi kandi kigomba kubonerwa umuti mbere y’uko 2021 irangira.

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − thirteen =

Previous Post

Abarenga miliyoni ebyiri bamaze guhabwa urukingo rwa COVID-19

Next Post

OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

Related Posts

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

OFFICIAL: Souleymane Sanogo wari umaze iminsi ageragezwa muri Rayon Sports byarangiye ayisinyiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.