Sunday, February 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

radiotv10by radiotv10
08/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa
Share on FacebookShare on Twitter

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA.

Shema Fabrice yatorewe kuba muri komite nyobozi ari kumwe na Francis Amin Michael usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Sudan y’Epfo.

Shema yinjiye muri Cecafa nyuma y’amezi atanu atorewe kuyobora Ferwafa mu matora yabaye taliki ya 30 Kanama 2025.

Umunya-Eritrea Paulos Weldehaimanot Andemariam usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu gihugu cye , niwe watorewe kuyobora Cecafa ku mwanya atahanganaga n’undi muntu, mu gihe uwatowe nka visi perezida we ari Ali Abdi Mohamed usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Somalia, nawe utari ufite uwo bahanganiye uwo mwanya.

Paulos yiyamamaje wenyine ku mwanya wa perezida kuko abo bari bahanganye bose bari bakuyemo kandidatire zabo.

Uwakuyemo kandidatire mbere y’uko n’inteko rusange itora itangira ni perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Burundi General de Police Muyenge Alexandre.

Undi ni Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda , Eng Moses Hassim Magogo, wakuyemo kandidatire inteko yanatangiye ndetse ananenga iyi mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru yo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iyo hagati (CECAFA).

Magogo yafashe iki cyemezo hahita hasigara umukandida umwe muri batatu bahataniraga umwanya wa perezida.

Mu ijambo yagejeje ku Nteko rusange ubwo yatunguranaga akuramo kandidatire , Magogo yavuze ko akarere kahungabanyijwe cyane n’ingaruka z’ivangura n’imikino ya politiki mu mupira w’amaguru, bikabangamira iterambere ry’uyu mukino muri rusange.

Yagize ati: “Ni ukuri kubabaje kubona ko muri Afurika tukiri inyuma mu iterambere ry’umupira w’amaguru, kandi imbogamizi ikomeye ari politiki dukina. Igihe twari i Juba muri Sudani y’Epfo, nahisemo kwikuramo nkareka umuvandimwe wanjye Wallace Karia akajya ku mwanya w’abari muri CAF adahanganye nanjye. Nemera ko dukomeje gutora, bizakomeza kuducamo ibice. Umuvandimwe wanjye wo mu Burundi yikuye mu matora, nanjye mfata uwo murongo. Ndizera ko bizadutwara igihe gito kandi bigatuma dukomeza imbere twunze ubumwe.”

Magogo yanagaragaje ko akarere karimo ibibazo bikomeye, agaragaza ko katarabasha kugera ku rwego rw’utundi turere.

Yagize ati: “Kuri bamwe muri twe, CECAFA ni nk’Igikombe cy’Isi cyacu, ni nk’Igikombe cya Afurika cyacu, kandi ni yo mahirwe yonyine tugira yo guhatana. Iyo urebye akarere, usanga ari ibihugu bitatu cyangwa bine byakira amarushanwa, mu gihe bimwe bitanayitabira.”

Cecafa ikunze kunengwa kudategura amarushanwa nk’ahandi.CECAFA igizwe n’ibihugu 12 ari byo: Sudani, Eritrea, Sudani y’Epfo, Djibouti, Somalia, Ethiopia, Kenya, Uganda, Tanzania, u Rwanda n’u Burundi.

Ephrem KAYIRANGA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 11 =

Previous Post

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Next Post

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Related Posts

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bwamaze gusinyisha myugariro Ishimwe Abdoul wakiniraga Mukura VS yari yaratijwe na Intare. Ubuyobozi bwa...

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

Abatoza bose ba Etincelles FC bahagaritswe

by radiotv10
03/02/2026
0

Abatoza bose b'ikipe ya Etincelles FC barimo umutoza mukuru, Masudi Djuma, bahagaritswe nyuma y’umusaruro mubi ndetse n’umubano utari mwiza hagati...

IZIHERUKA

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa
MU RWANDA

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

08/02/2026
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

08/02/2026
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

07/02/2026
Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

07/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.