Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

radiotv10by radiotv10
07/02/2026
in IMYIDAGADURO
0
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bamara igihe kinini ku kazi, kenshi kurusha igihe bamara mu rugo. Ibi bituma ibisanzwe ari ubucuti bishobora gukura, rimwe na rimwe bikabyara urukundo. Nubwo urukundo mu kazi ari ngombwa ku bakorana, harigihe birenga urukundo rukenewe bigatera abakoresha kugira  impungenge ku musaruro w’akazi no ku myitwarire iboneye mu kazi.

Si buri gihe , urukundo mu kazi rugira ingaruka mbi. Iyo abantu bishimye, akenshi baba bafite imbaraga, akanyamuneza  kandi bagahorana umutima mwiza. Ibi bishobora gufasha umukozi kwibanda ku nshingano ze no kwishimira akazi. Iyo abantu babiri bari mu rukundo bagashobora kurinda no gucunga amarangamutima yabo, bakibanda kunyungu zibyo bakora, bakuzuza inshingano zabo neza kandi bakubaha amategeko n’amabwiriza y’akazi, urukundo rwabo rushobora kutagira icyo ruhindura ku musaruro wabo.

Ibibazo bishobora kugaragara iyo amarangamutima yihariye atangiye kuvangwa n’umwanya w’akazi. Bamwe mu bakundana bashobora kumara igihe kinini bavugana, bagasangira amakuru cyangwa bagafata umwanya mu nini mu kugenzurana mu gihe cy’akazi. Ibi bishobora gutera kudakurikira neza inshingano bigatuma umwanya w’akazi ugabanuka bikagabanya umusaruro wari witezwe.

Ikindi kibazo ni ukutagira ubutabera mu kazi. Iyo umwe mu bakundana afite ububasha buruta ubwa bandi mu kazi, hashobora kugaragara cyangwa hakabo kwishyira hejuru kuwo bakundana bigatera abandi bakozi  kumva batanyuzwe n’ibyemezo byo mu kazi cyangwa bakabona ko ibyemezo bifatwa bitari ku buryo bungana. Ibi bishobora kwangiza icyizere no gutera umwuka mubi mu bakorana.

Imyitwarire yo mukazi nayo ishobora kugerwaho n’ingaruka iyo imbibi z’urukundo mu kazi  zidacunzwe neza. Kwerekana urukundo imbere y’abandi, kurakara ku kazi cyangwa gusangiza bagenzi bawe amakuru y’urukundo rwanyu bishobora gutera akajagari ku kazi. Iyo urukundo rurangiye nabi, amarangamutima ashobora gukurikira n’inyungu zo mu kazi, bigatera ibihombo inyungu za kazi , kutumvikana kwa bari gukunda bikabangamira imikorere y’abandi.

Kubera izi mpungenge, Abantu bakundana ku kazi bagomba gutandukanya neza ubuzima bwabo bwite n’inshingano zakazi bakora . Ibi bisobanuye ko kwibanda ku kazi mu gihe cy’amasaha y’akazi, kubaha bagenzi babo bakorana bose  no gukurikiza amategeko y’aho bakorera ari ikintu kingenzi gikomba kuranga umubano wabo. Ibigo byinshi bigira amabwiriza agamije gufasha abakozi gucunga urukundo mu kazi mu buryo buboneye.

Urukundo ku kazi si ikibazo buri gihe. Ikibazo nyamukuru ni imyitwarire y’abakozi. Iyo abantu bubahiriza amahame kandi bagakora mu buryo bw’umwuga, urukundo n’akazi bishobora kubana nta nkomyi. Ariko iyo amarangamutima yihariye aganje nyirayo, umusaruro w’akazi n’imyitwarire iboneye ikwiye abakozi bishobora kugabanuka bigatanga umusaruro muke.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 1 =

Previous Post

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Next Post

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.