• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Monday, June 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

radiotv10by radiotv10
29/06/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Undi munyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yafashe ikiruhuko
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi wanamanyekanye mu mwuga w’itangazamakuru, Uncle Austin yanenze abategura ibitaramo byitabirwa ku buntu, mu gihe ababitangaho ibitekerezo bavuga ko mu gihe umuhanzi yishyuwe na sosiyete runaka, akaririmbira abantu ku butuntu, ntacyo bitwaye.

Ni nyuma y’iminsi mu Rwanda hamaze iminsi haba ibitaramo bizwi nka Iwacu Muzika Festival bizazenguruka Igihugu cyoze, ubu bimaze kugera mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo ndetse no mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, umuhanzi Uncle Austin yagize ati “Abategura ibitaramo/sponsors niba koko mwifuza ko umuhanzi atera imbere…gahunda y’ibitaramo by’ubuntu muyireke, kumva indirimbo bisaba internet kuri phone cyangwa kugura radio/tv uzishyira kuri flash baramwishyura ariko uwaririmbye yaza bakamurebera ubuntu? Make that make sense.”

Abatanze ibitekerezo kuri iki gitekerezo cya Uncle Austin, ku mbuga nkoranyambaga, bo bagaragaje ko ibi bitaramo bizengura mu Gihugu biba bikenewe kuko ari byo abaturage babasha kuboneramo abahanzi baba bumva ku madariyo.

Uwitwa Ngoga Julius kuri X, yagize ati “Niba umuhanzi baba bamwishyuye neza agategura stage ye akanasagura, ikibazo kiri he? Ntekereza ko bibafasha kwegera abafana babo mu buryo bworoshye kuko n’ubusanzwe ntibagira ibitaramo ubwabo bibahuza n’abafana uretse kuri views. Umuhanzi arunguka umufana akishima umuterankunga akamamaza.”

Uwitwa Habineza Jean na we yagize ati “Sawa nyine, ubu se nakakuye he Amalon i Ngoma iyo bitaba iby’ubuntu, ubu se wowe sinakibonye i Ngoma muri 2019 muri first MTN Iwacu Muzika Festival for free, nari kugukura hehe handi.”

Ukoresha Konti yitwa Umusinga na we yagize ati “None se tutaje yaririmbira intebe? Ariko sha muzi ko aritwe bakiliya banyu. Ibaze twanze kureba music kuri YouTube mwabyirebera mwenyine.”

Uwitwa Sindayigaya Pacifique na we yagize ati “Ariko se Uncle ko uwakuzanye aba yakwishyuye wakoze akazi wahawe na we ko hari icyo akeneye muri abo bafana baje kukureba!”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + five =

Previous Post

Abofisiye bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu ishuri rya Gisirikare muri Qatar

Related Posts

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

Umunyarwanda Kagarara yongeye kwandika amateka

by radiotv10
29/06/2026
0

Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na...

Ubutumwa bwa Bruce Melodie bwazamuye impaka n’urujijo

Ubutumwa bwa Bruce Melodie bwazamuye impaka n’urujijo

by radiotv10
29/06/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ufashwa mu bikorwa bye bya muzika na Komponyi ya 1:55 AM y’umunyemari Gael Karomba uzwi nka Coach...

Why spending on your health is never wasted

Why spending on your health is never wasted

by radiotv10
29/06/2026
0

Many people hesitate when it comes to spending money on health. A gym membership feels “expensive,” quality food seems “too...

MTN Iwacu Muzika Festival 2026: Ngoma yakiriye igitaramo cya kabiri cyaranzwe n’ibyishimo n’icyubahiro cyahawe Jay Polly

MTN Iwacu Muzika Festival 2026: Ngoma yakiriye igitaramo cya kabiri cyaranzwe n’ibyishimo n’icyubahiro cyahawe Jay Polly

by radiotv10
28/06/2026
0

Nyuma y’igitaramo cyo gutangiza ku mugaragaro MTN Iwacu Muzika Festival 2026 cyabereye mu Karere ka Huye ku wa 20 Kamena,...

Mbere yuko ‘Yampano’ afungwa byamenyekanye ko umuryango wari winjiye mu bibazo bye n’umukunzi we

Hatangajwe umwanzuro ku bujurire bw’umuhanzi ‘Yampano’ wifuzaga kurekurwa

by radiotv10
26/06/2026
0

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwagumishijeho icyemezo gifunga umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, wari wasabye ko arekurwa agakurikiranwa ari hanze,...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Igitekerezo cy’umuhanzi akaba n’umunyamakuru Uncle Austin cyazamuye impaka

Abofisiye bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu ishuri rya Gisirikare muri Qatar

AFC/M23 irashinja uruhande bahanganye ikindi gikorwa cy’ubugome ndengakamere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.