Uwizeye Enock uzwi nka Kagarara, nyuma yo guhura n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga Umunyamerika IShowSpeed, yahuye noneho na Ashton Hall na we uzwi ku ruhando mpuzamahanga, banarushanwa gukora push ups, Kagarara ahigika uyu Munyamerika.
Aba bombi bahuriye muri Ghana kuri iki Cyumweru tariki 28 Kamena 2026, aho uyu Munyamerika Ashton Hall yatangiriye uruzinduko ari kugirira ku Mugabane wa Afurika.
Kagarara usanzwe afite ubumuga bw’ubugufi bukabije ariko uzwiho gukora imyitozo ngororamubiri mu buryo budasanzwe, ubwo yahuraga na Ashton Hall, bahise barushanwa gukora imyitozo izwi nka Push Ups cyangwa pompage, aho Kagarara yitwaye neza akamurusha kuko uyu Munyamerika yananiwe Kagarara agifite imbaraga.
Ni na ko byagenze ubwo Kagarara yahuraga na Darren Jason Watkins Jr. uzwi nka IShowSpeed ubwo yari mu Rwanda mu ntangiro z’uyu mwaka.
Kagarara wiswe ’Ashton Small’ mu buryo bwo kumugereranya n’uyu Ashton Hall bahuriye muri Ghana kuri iki Cyumweru, yamugaragarije ko yishimiye guhura na we, ndetse aganzwa n’amarangamutima.
Uyu munyamerika Ashton Hall na we yavuze ko yishimiye kuba bahuye, ndetse amubwira ko yifuza gusura Igihugu akomokamo cy’u Rwanda, kandi ko azakizamo mu gihe cya vuba.
Ashton Hall yamamaye ku mbuga nkoranyambaga kubera imyitozo ngororamubiri akora mu buryo budasanzwe byumwihariko iyo kwiruka, aho yagaragaye ari gusiganwa n’imodoka ziba zigendera ku muvuduko wo hejuru.
Mu minsi micye ishize, uyu Munyamerika yari aherutse gutangaza ko azasura uyu Munyarwanda Kagarara kubera uburyo yabonye na we akora imyitozo ngororamubiri.
Ashton Hall agiriye uruzinduko muri Afurika nyuma yo kurugirira mu Bindi Bihugu birimo byo mu Migabane itandukanye, nko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, mu Buhindi, no mu Budage.
RADIOTV10





