• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

radiotv10by radiotv10
06/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko bikurikije amategeko, itangazo rije mu gihe hakomeje kuvugwa byinshi ku kwigaragambya kwa Cristiano Ronaldo yanga ko Karim Benzema agurwa na Al Hilal.

Mu iri tangazo, Saudi Pro League yagaragaje ko yubakiye ku ihame rimwe ry’ingenzi ko buri kipe ikora yigenga kandi igendera ku mategeko amwe nk’ay’izindi. Yongeyeho ko amakipe yose agira Inama y’Ubutegetsi yayo, abayobozi bayo n’abashinzwe tekiniki, bityo ko ibyemezo bifatwa n’izo nzego z’imbere mu makipe bidakwiye kuvuguruzwa.

Ubuyobozi bwa shampiyona bwasobanuye ko ibyemezo bijyanye no kugura abakinnyi, amafaranga ashorwa n’icyerekezo cy’ikipe bifatwa n’ikipe ubwayo, ariko bikubahiriza urwego rw’imari rwashyizweho hagamijwe kubungabunga iterambere rirambye no gutuma shampiyona igira ihangana ririmo uburinganire. Iryo tegeko rikaba rikurikizwa ku makipe yose nta vangura.

Ku bijyanye na Cristiano Ronaldo, Saudi Pro League yemeje ko uyu munya-Portugal yagize uruhare rukomeye mu iterambere n’intego za Al-Nassr kuva yayigeramo. Yavuze ko Ronaldo yabaye mu bikorwa byose by’ikipe, kandi ko nk’umukinnyi uri ku rwego rwo hejuru, icyifuzo cye ari ugutsinda no kwegukana ibikombe.
Ariko kandi, iri tangazo ryashimangiye ko nta mukinnyi n’umwe, uko yaba akomeye kose, ushobora kugira ijambo mu byemezo birenze ikipe akinamo.

Itangazo risoza rivuga ko ibikorwa byakozwe ku isoko ry’abakinnyi riheruka byagaragaje neza hari ubwigenge bw’amakipe, aho buri kipe yifatiye icyemezo ikurikije inyungu zayo n’uburyo ibona ejo hazaza.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Next Post

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Abanyarwanda nibaryame biyorose basinzire-Min.Nduhungirehe yongeye kwizeza ko u Rwanda rurinzwe bihagije

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.