Sunday, December 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe

radiotv10by radiotv10
15/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Perezida wa Guinea Gen.Doumbouya yagaragaje ibyamunyuze mu kwakira Perezida Kagame yita umuvandimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Guinea, Lt Gen Mamadi Doumbouya yishimiye kwakira no kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame yita umuvandimwe akaba n’inshuti ye, anavuga ko mu mwanya muto bari bafite, bombi banahuye na Hadja André Touré, Madamu w’uwari Perezida w’iki Gihugu witabye Imana, akishimira uburyo baganiriye.

Bikubiye mu butumwa Mamadi Doumboya yanyuije ku rubuga nkoranyambaga rwa X mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gicurasi 2024 nyuma y’amasaha macye, Perezida Paul Kagame arangije urugendo yagiriraga muri Guinea ku wa Mbere tariki 13 Gicurasi.

Muri ubu butumwa, Perezida Mamadi Doumbouya, yagize ati “nishimiye kwakira i Conakry umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye, nyakubahwa Paul Kagame, Perezida w’u Rwanda.”

Avuga ko uru ruzinduko rwa mugenzi we w’u Rwanda, rushimangira umubano w’ikirenga, ubucuti n’ubuvandimwe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse no gukomeza guteza imbere imikoranire yabyo.

Ati “Mu mwanya muto w’ingirakamaro, twagize amahirwe adasanzwe yo guhura na Hadja André Touré, umupfakazi w’uwabaye Perezida wa Guinea ikibona ubwigenge, nyakwigendera Ahmed Sékou Touré.”

Perezida Mamadi Doumbouya yavuze ko uku guhura na Madamu wa nyakwigendera, wari umwanya waranzwe n’imbamutima nyinshi, ndetse ko wamwibukije umurage wo gukunda Igihugu wasizwe na Ahmed Sékou Touré.

Ati “Uku guhura kwaranzwe n’ibyishimo bidasanzwe kwa Perezida Paul Kagame na Hadja André Touré, ndetse nanjye ubwanjye n’uwahoze ari Madamu wa Perezida, bigaragaza ko twiyemeje twese kwigira ku hashize mu rwego rwo gukabya inzozi z’abakurambere.”

Arongera ati “Muri uyu mwanya w’agatangaza w’uruzinduko rw’ubucuti rwa Perezida w’u Rwanda, ni ubutumire bwo gukomeza kugeza ku byiza Igihugu cyacu nk’umurage w’abo dukomokaho bagihanze, ndetse no gutanga urugero rwiza mu kubaka ahazaza hatanga icyizere.”

Yasoje ubutumwa bwe yizeza ko Ibihugu byombi bizakomeza kunga ubumwe, bigakomeza kuyoboka inzira zashyizweho mu mikoranire y’iterambere ry’abaturage babyo.

Perezida Mamadi Doumbouya avuga ko yishimiye kwakira insuti ye Perezida Paul Kagame

Yanishimiye uburyo Perezida Kagame na Madamu Hadja André Touré

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Kigali: Impungenge ni nyinshi ku kiraro kimaze imyaka 40 ibyacyo byarabaye agatereranzamba

Next Post

Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Related Posts

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwamaganye bwivuye inyuma ibitero y’ibisasu bya rutura bimaze iminsi...

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

by radiotv10
06/12/2025
0

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko igihugu cye cyiteguye gutanga ibicanwa bidahagarara ku Buhinde. Ibi Putin yabitangarije mu ruzinduko...

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibitero birimo iby’indege biri guturuka i Burundi, bikagabwa mu gace gatuwemo n’Abaturage ka Kamanyola muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira...

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

by radiotv10
03/12/2025
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’icya Uganda (UPDF) bwatumye habaho kurasana mu mujyi wa...

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

AFC/M23 yagaragaje ingero z’ibyakozwe n’uruhande bahanganye idashobora kwihanganira

by radiotv10
03/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye uburyarya rishinja ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo buvuga ko bushaka amahoro, nyamara bugaca ruhinganyuma bugakomeza...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Kenya: Inkangu yongeye gushyira abaturage mu gahinda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.