Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Pologne yizeje u Rwanda inkunga mu bya Gisikare y’ibyarufasha guhangana n’ibitero rwagabwaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Pologne yizeje u Rwanda inkunga mu bya Gisikare y’ibyarufasha guhangana n’ibitero rwagabwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Pologne Andrzej Duda, yavuze ko Igihugu cye cyiteguye guha u Rwanda inkunga mu buryo bwarufasha guhangana n’ibyashaka kuruhungabanyiriza umutekano warwo, by’umwihariko mu bijyanye n’uburezi mu bya gisirikare.

Perezida Andrzej Duda uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024, yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gashyantare nyuma yo kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ndetse no kuyobora isinywa ry’amasezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

Perezida Duda yavuze ko yaganiriye na Perezida Paul Kagame ku bijyanye n’umutekano n’amahoro mu karere, kandi ko Ibihugu byombi bifata izi nzego nk’inkingi za nyamwamba.

Yavuze ko nk’Igihugu cye cya Pologne kubera ibyo cyanyuzemo, gishyira imbere umutekano n’amahoro kandi ko ari na ko bimeze ku Rwanda.

Ati “Ikibabaje ni uko uyu munsi turi guhangana no kuba u Burusiya bwarateye Ukraine. Ibi kandi bigiye kumara imyaka ibiri kuva tariki 24 Gashyantare 2022 aho u Burusiya bwateye Ukraine, bikanatwibutsa ko byanabaye muri 2014 ubwo u Burusiya bwatangizaga intambara yo kwigarurira Crimea.”

Yavuze ko mu myaka ibiri ishize, iyi mirwano itangiye, Pologne yakiriye impunzi zibarirwa muri za miliyoni z’Abanya-Ukraine, aho bamwe bagiye bajyanwa mu bindi Bihugu, mu gihe abandi bagiye bafashwa na Guverinoma y’iki Gihugu bahungiyemo.

Yavuze kandi ko iyi nkunga ihabwa Impunzi z’Abanya-Ukraine, banayiha Igihugu cyabo cya Ukraine, nk’uko n’ubundi babikorera Igihugu cy’inshuti cyabo.

Ati “Kandi n’igihe u Rwanda rwaba rugiye mu kaga, tuzaha ubufasha u Rwanda ndetse n’inkunga. Ni yo mpamvu twaganiriye uburezi, burimo n’uburezi mu bya gisirikare kugira ngo twizere ko u Rwanda rwifashishije urubyiruko rwarwo mu kurinda ubusugire bw’Igihugu cyabo, mu gihe hari igitero cyarugabwaho, ruzakomeze kuguma rwemye, kandi twizeye ko tugiye guteza imbere imikoranire yacu mu bya gisirikare.”

Perezida Paul Kagame wongeye guha ikaze mugenzi we Duda ndetse n’itsinda ry’abayobozi bazanye mu Rwanda, yavuze ko Ibihugu byombi, bisanzwe bifitanye ubucuti n’imikoranire byiza, kandi ko atari ibya vuba, ahubwo ko bimaze igihe kinini.

Ati “Guverinoma ya Pologne yagiye igira uruhare rutaziguye mu iterambere ry’Igihugu cyacu, kandi turabyishimira.”

Yatanze urugero rw’Ikigo cy’icyitegererezo cy’uburezi cy’abana bafite ubumuga bwo kutabona kiri i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.

Ati “Iki kigo kiri gutanga umusanzu mwiza n’impinduka nziza mu mibereho ya benshi. Kandi ibyo ntabwo ari ibintu twakwirengagiza.”

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda uyu munsi wanasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, akanazunamira, biteganyijwe ko azanasura iki Kigo kiri i Kibeho.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi wa Pologne

Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × three =

Previous Post

Ethiopia: Mu gihe inzara imaze guhitana 400, PM Abiy yavuze ko itaharangwa

Next Post

M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

Related Posts

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

IZIHERUKA

Easy foods that help your brain stay healthy and active
IMIBEREHO MYIZA

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.