Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida wa Pologne yizeje u Rwanda inkunga mu bya Gisikare y’ibyarufasha guhangana n’ibitero rwagabwaho

radiotv10by radiotv10
07/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Perezida wa Pologne yizeje u Rwanda inkunga mu bya Gisikare y’ibyarufasha guhangana n’ibitero rwagabwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Pologne Andrzej Duda, yavuze ko Igihugu cye cyiteguye guha u Rwanda inkunga mu buryo bwarufasha guhangana n’ibyashaka kuruhungabanyiriza umutekano warwo, by’umwihariko mu bijyanye n’uburezi mu bya gisirikare.

Perezida Andrzej Duda uri mu ruzinduko mu Rwanda kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gashyantare 2024, yatangaje ibi kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gashyantare nyuma yo kugirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame, ndetse no kuyobora isinywa ry’amasezerano y’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

Perezida Duda yavuze ko yaganiriye na Perezida Paul Kagame ku bijyanye n’umutekano n’amahoro mu karere, kandi ko Ibihugu byombi bifata izi nzego nk’inkingi za nyamwamba.

Yavuze ko nk’Igihugu cye cya Pologne kubera ibyo cyanyuzemo, gishyira imbere umutekano n’amahoro kandi ko ari na ko bimeze ku Rwanda.

Ati “Ikibabaje ni uko uyu munsi turi guhangana no kuba u Burusiya bwarateye Ukraine. Ibi kandi bigiye kumara imyaka ibiri kuva tariki 24 Gashyantare 2022 aho u Burusiya bwateye Ukraine, bikanatwibutsa ko byanabaye muri 2014 ubwo u Burusiya bwatangizaga intambara yo kwigarurira Crimea.”

Yavuze ko mu myaka ibiri ishize, iyi mirwano itangiye, Pologne yakiriye impunzi zibarirwa muri za miliyoni z’Abanya-Ukraine, aho bamwe bagiye bajyanwa mu bindi Bihugu, mu gihe abandi bagiye bafashwa na Guverinoma y’iki Gihugu bahungiyemo.

Yavuze kandi ko iyi nkunga ihabwa Impunzi z’Abanya-Ukraine, banayiha Igihugu cyabo cya Ukraine, nk’uko n’ubundi babikorera Igihugu cy’inshuti cyabo.

Ati “Kandi n’igihe u Rwanda rwaba rugiye mu kaga, tuzaha ubufasha u Rwanda ndetse n’inkunga. Ni yo mpamvu twaganiriye uburezi, burimo n’uburezi mu bya gisirikare kugira ngo twizere ko u Rwanda rwifashishije urubyiruko rwarwo mu kurinda ubusugire bw’Igihugu cyabo, mu gihe hari igitero cyarugabwaho, ruzakomeze kuguma rwemye, kandi twizeye ko tugiye guteza imbere imikoranire yacu mu bya gisirikare.”

Perezida Paul Kagame wongeye guha ikaze mugenzi we Duda ndetse n’itsinda ry’abayobozi bazanye mu Rwanda, yavuze ko Ibihugu byombi, bisanzwe bifitanye ubucuti n’imikoranire byiza, kandi ko atari ibya vuba, ahubwo ko bimaze igihe kinini.

Ati “Guverinoma ya Pologne yagiye igira uruhare rutaziguye mu iterambere ry’Igihugu cyacu, kandi turabyishimira.”

Yatanze urugero rw’Ikigo cy’icyitegererezo cy’uburezi cy’abana bafite ubumuga bwo kutabona kiri i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru.

Ati “Iki kigo kiri gutanga umusanzu mwiza n’impinduka nziza mu mibereho ya benshi. Kandi ibyo ntabwo ari ibintu twakwirengagiza.”

Perezida wa Pologne, Andrzej Duda uyu munsi wanasuye Urwibutso rwa Kigali ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, akanazunamira, biteganyijwe ko azanasura iki Kigo kiri i Kibeho.

Perezida Kagame yakiriye mugenzi wa Pologne

Bagiranye ibiganiro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Ethiopia: Mu gihe inzara imaze guhitana 400, PM Abiy yavuze ko itaharangwa

Next Post

M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

M23 yatanze umucyo ku cyazamuye ubwoba cyanatumye Tshisekedi atumiza inama y’igitaraganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.