Friday, June 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Platini yahishuye aho yakuye amafaranga yubakishije etaje y’akataraboneka yujuje

radiotv10by radiotv10
29/04/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Platini yahishuye aho yakuye amafaranga yubakishije etaje y’akataraboneka yujuje
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka P. cyangwa Patini yuvuze ko akazi akora k’umuziki ari ko akesha inzu igeretse yujuje mu karere ka Bugesera.

Platini yanamaze kwimukira muri iyi nzu y’urwererane yuzuye ahitwa mu Karumuna mu Kagari ka Kanzenze mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

Yavuze ko iyi nzu yayigezeho abikesha akazi akora ka buri munsi k’ubuhanzi ndetse akavuga ko iki gikorwa agezeho gishimangira ko ko umuziki ari akazi nk’akandi.

Yagize ati “Bishimangira ko umuziki atari akazi kabi.” Akomeza avuga ko ntakindi akesha iyi nzu, ati “ni umuziki gusa gusa.”

Platini yatangaje ko amaze umwaka yubakisha iyi nzu ndetse akemeza ko yamaze kuyimukiramo n’umuryango we.

Uyu muhanzi umaze umwaka akoze ubukwe na Ingabire Olivia, ubu banamaze kwibaruka imfura yabo.

Uyu muhanzi watangiye kumenyekana ubwo yari mu itsinda rya Dream Boys ryaje gusenyuka, ubu akora nk’umuhanzi wikorana ku giti cye ndetse akaba yaragiye agira amahirwe adasanzwe yo kwitabira ibitaramo n’ibikorwa binyuranye ku mugabane wa Afurika.

Avuga ko nubu akomeje ibikorwa bye bya muzika dore ko mu mpera z’umwaka ushize yanasinyanye amasezerano yo gukorana na kompanyi ireberera inyungu z’abahanzi yitwa One Percent International Management.

Yararikiye abakunzi be ko afite imishinga inyuranye abahishiye irimo indirimbo azashyira hanze mu gihe kiri imbere.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + nineteen =

Previous Post

Kirehe: Umusaza yafatanywe inote ya 2.000Frw y’inyiganano agiye kugura ikigage

Next Post

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

Related Posts

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

Umusore wari wanditse kuri WhatsApp ko hari icyo yishinja yabonetse yapfuye

by radiotv10
12/06/2025
0

Umusore w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, wari wanyujije ubutumwa kuri WhatsApp ko yishinja...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yibwe imodoka

by radiotv10
12/06/2025
0

Umunyamakurukazi Uwamwezi Daphine wamenyekanye nka Bianca, yibwe imodoka ye, ndetse akaba yamaze gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB. Uyu...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yo hanze y’u Rwanda itegerejwemo uwari kapiteni wa Rayon
FOOTBALL

Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yo hanze y’u Rwanda itegerejwemo uwari kapiteni wa Rayon

by radiotv10
13/06/2025
0

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

BREAKING: Indege yarimo abagenzi 240 yakoze impanuka irasandara

12/06/2025
Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

Amakuru agezweho ku gucyura Abasirikare ba Afurika y’Epfo bakozanyijeho na M23 bikarangira bamanitse amaboko

12/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yo hanze y’u Rwanda itegerejwemo uwari kapiteni wa Rayon

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.