Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Uko mwitera ibirungo mu maso munabitera Igihugu cyanyu- Lieutenant Arielle abwira ba Nyampinga

radiotv10by radiotv10
30/04/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Madamu J.Kagame yakiriye ba Nyampinga barimo n’w’uyu mwaka Miss Muheto abagira inama

Umwe ubu akora mu nzego z'umutekano

Share on FacebookShare on Twitter

Lieutenant Arielle Sekamana waganirije ba Nyampinga b’u Rwanda, yababwiye ko uko babyuka bakitera ibirungo bagira ngo bagaragare neza, bagomba no kugaragaza neza Igihugu cyabibarutse.

Yabivuze ubwo Madamu Jeannette Kagame yakiraga bamwe muri ba Nyampinga b’u Rwanda ndetse n’ibisonga byabo kuri uyu wa Kane tariki 28 Mata 2022.

Muri iki kiganiro, Madamu Jeannette Kagame yasabye abakobwa kurenga imbogamizi bari guhura na zo muri ibi bihe bakoresheje ubushobozi bifitemo.

Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Ubushobozi tubona mwifitemo bujye bubaherekeza kandi bubafashe no mu bigoye. Tubifurije gusoza uru rugamba mwemye.”

Lieutenan Arielle Sekamana umwe mu baganirije ba bakobwa, yabibukije ko bafite ababakurikira benshi ku mbuga nkoranyambaga zabo ariko ko badakwiye kuzikoresha bagaragaza ubwiza bwabo gusa.

Ati “Icyo mbasaba, mu magambo macye ni uko igihe cyose mubyutse mu gitondo mukitera ibirungo mu maso ubundi mugashyira ifoto ku mbuga nkoranyambaga ukavuga ibyo wakoze, ujye wibuka no gufata umwanya wo kuvuga ku Gihugu cyawe kandi na cyo ukivuge ibigwi nk’uko na we witeye ibirungo kuko ni Igihugu cyawe.”

Miss Mutesi Jolly yashimiye Madamu Jeannette Kagame wabahaye agaciro akabakira, ndetse ko biteguye gukomeza kugahesha Igihugu cyabo kuko na cyo gihora kikabaha.

Yagize ati “Agaciro waduhaye, dusanzwe twiha agaciro mu byo dukora bitandukanye ariko noneho turakakiriye kandi twizeye ko imbaraga twakoresha mu muryango mugari wacu, tugiye kugakuba kabiri.”

Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju wari muri iki kiganiro, yabwiye ba nyampinga ko bahisemo kuba ab’ikitegererezo kandi ko ibyo byavuga byose biba bitegerejwe na benshi.

Ati “Icyo mwakora cyose uyu munsi, nka bakuru banyu aho twaba turi hose dukoma amashyi tuvuga ngo abana bacu b’abakobwa bagomba gutera imbere.”

Minisitiri wa Siporo kandi yasabye ba nyampinga kujya bakora siporo kugira ngo banarusheho kugira ubuzima bwiza, abizeza ko abazabishaka azabafasha mu myitozo ngororamubiri.

Ni ikiganiro cyakiriwe neza n’umuryango nyarwanda aho bamwe bemeza ko kitareba gusa ba nyampinga ahubwo ko kireba abakobwa bose kubera inama zavugiwemo zibibutsa ko abakobwa ari bo ba mutima w’ingo z’ejo hazaza.

Na Minisitiri wa Siporo Aurore Mimosa Munyangaju
Miss Jolly yagize icyo avuga

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Platini yahishuye aho yakuye amafaranga yubakishije etaje y’akataraboneka yujuje

Next Post

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Related Posts

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

by radiotv10
09/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwamaze gushyikiriza Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, rutangaza ko iperereza...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

IZIHERUKA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire
MU RWANDA

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Intambara ya Ukraine n’u Burusiya yabaye nk’isonga umurwayi wari ukirembye- Umusesenguzi mu by’ubukungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.