Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Abofisiye bakuru 34 ba Polisi y’u Rwanda, batangiye amahugurwa ahabwa abayobozi ajyanye n’ingamba zo kurwanya ruswa, basabwe kuzayasoza bashora kugira uruhare runini mu kurwanya ruswa.

Aya mahugurwa yatangiye kuri uyu wa 07 Ukwakira 2024, azamara iminsi itanu (5) aho ari kubera ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.

Aya mahugurwa yatangijwe ku mugaragaro n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda (DIGP), ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).

DCG Jeanne Chantal Ujeneza yavuze ko ingamba zo kurwanya ruswa zigomba gutegurwa mu buryo bwuzuye mu rwego rwo kuyikumira, kuyigenza no gushyikiriza inkiko abayicyekwaho.

Yagize ati “Igenamigambi ni ingenzi mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa. Rifasha mu gushyiraho ingamba, intego, no guhitamo ibyihutirwa mu guhangana na yo. Ni ngombwa ko hategurwa ingamba zuzuye zo kurwanya ruswa, zirimo izo gukumira, gukurikirana abacyekwa no kubashyikiriza ubutabera.”

Yakomeje agira ati “Ruswa isenya icyizere, igatambamira iterambere kandi ikaburizamo ihame ryo kureshya imbere y’amategeko. Ifata buri cyiciro cya sosiyete, uhereye ku miyoborere n’ubushabitsi kugeza ku burezi n’ubuvuzi. Iyo ruswa yamaze kwinjira mu mikorere y’inzego, iteza kuyobya umutungo, gutakarizwa icyizere mu baturage, ikanadindiza burundu iterambere.”

DIGP Ujeneza yashimangiye ko indangagaciro n’imyitwarire mbonezamurimo ari byo shingiro ry’ibikorwa byose bigamije kurwanya ruswa kandi ko ari ngombwa kubaka umuco w’ubunyangamugayo no kubazwa inshingano mu kazi ka Polisi, bityo abayobozi bakaba bagomba kuba intangarugero ku bo bayobora, bakurikiza amahame n’amabwiriza agenga umurimo.

Yasabye abitabiriye amahugurwa kugira uruhare rugaragara mu biganiro, kungurana ibitekerezo no gutegura gahunda zifatika zo gushyira mu bikorwa ingamba zizaganirwaho muri aya mahugurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 4 =

Previous Post

DRCongo: Inkurikizi zatangiye kuba ku bayobozi nyuma y’impanuka yakangaranyije abayibonye

Next Post

Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.