Tuesday, January 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda igiye kunguka Abapolisi Bakuru 34 bafite ubumenyi mu kurwanya ruswa
Share on FacebookShare on Twitter

Abofisiye bakuru 34 ba Polisi y’u Rwanda, batangiye amahugurwa ahabwa abayobozi ajyanye n’ingamba zo kurwanya ruswa, basabwe kuzayasoza bashora kugira uruhare runini mu kurwanya ruswa.

Aya mahugurwa yatangiye kuri uyu wa 07 Ukwakira 2024, azamara iminsi itanu (5) aho ari kubera ku Cyicaro Gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.

Aya mahugurwa yatangijwe ku mugaragaro n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda (DIGP), ushinzwe ubutegetsi n’abakozi, DCG Jeanne Chantal Ujeneza, yateguwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).

DCG Jeanne Chantal Ujeneza yavuze ko ingamba zo kurwanya ruswa zigomba gutegurwa mu buryo bwuzuye mu rwego rwo kuyikumira, kuyigenza no gushyikiriza inkiko abayicyekwaho.

Yagize ati “Igenamigambi ni ingenzi mu nzego zishinzwe kurwanya ruswa. Rifasha mu gushyiraho ingamba, intego, no guhitamo ibyihutirwa mu guhangana na yo. Ni ngombwa ko hategurwa ingamba zuzuye zo kurwanya ruswa, zirimo izo gukumira, gukurikirana abacyekwa no kubashyikiriza ubutabera.”

Yakomeje agira ati “Ruswa isenya icyizere, igatambamira iterambere kandi ikaburizamo ihame ryo kureshya imbere y’amategeko. Ifata buri cyiciro cya sosiyete, uhereye ku miyoborere n’ubushabitsi kugeza ku burezi n’ubuvuzi. Iyo ruswa yamaze kwinjira mu mikorere y’inzego, iteza kuyobya umutungo, gutakarizwa icyizere mu baturage, ikanadindiza burundu iterambere.”

DIGP Ujeneza yashimangiye ko indangagaciro n’imyitwarire mbonezamurimo ari byo shingiro ry’ibikorwa byose bigamije kurwanya ruswa kandi ko ari ngombwa kubaka umuco w’ubunyangamugayo no kubazwa inshingano mu kazi ka Polisi, bityo abayobozi bakaba bagomba kuba intangarugero ku bo bayobora, bakurikiza amahame n’amabwiriza agenga umurimo.

Yasabye abitabiriye amahugurwa kugira uruhare rugaragara mu biganiro, kungurana ibitekerezo no gutegura gahunda zifatika zo gushyira mu bikorwa ingamba zizaganirwaho muri aya mahugurwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + twelve =

Previous Post

DRCongo: Inkurikizi zatangiye kuba ku bayobozi nyuma y’impanuka yakangaranyije abayibonye

Next Post

Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

Related Posts

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda
AMAHANGA

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

06/01/2026
Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

Kagura miliyoni 6Frw: Abafite ubumuga bwo kutumva bagaragaje inzitizi z’igiciro gihanitse cy’agakoresha kabafasha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.