• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

radiotv10by radiotv10
09/02/2026
in MU RWANDA
0
Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho ubujura baherutse kwinjira muri rigore iherereye i Nyamirambo mu Mujyi wa Kigali bamaze gushikuza abantu telefone, akirimo, ndetse ko hamenyekanye amakuru ya bagenzi babo babagaburiraga.

Aba bantu babiri bakekwaho ubujura, binjiye muri iyi rigore mu cyumweru gishize tariki 04 Gashyantare nyuma yo gushikuza Telefone abaturage bitambukiraga.

Kuva icyo gihe inzego z’umutekano zirinze aha hantu, kugira ngo aba bantu nibavamo bazatabwe muri yombi, gusa umwe muri bo na n’ubu yanze kuvamo, mu gihe undi yavuyemo ku bushake ku wa Gatanu w’icyumweru gishize tariki 06 Gashyantare 2026 nyuma yo kurembywa n’inzara.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yemeje ko umwe muri aba bantu akirimo, ndetse hakaba hamenyekanye amakuru ko hari abamufashaga kubona ibimutungiramo.

Yaguze ati “Aracyahari ndetse hari n’amayeri yakoreshwaga kugira ngo abeho ariko na yo yamenyekanye. Twamenye ko hari bagenzi babo babagaburiraga.”

CIP Gahonzire avuga ko “Havuyemo umwe, hasigayemo undi, ni yo makuru ahari, uwo ukirimo azivanamo na we nk’uko n’undi yikuyemo.”

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali yavuze kandi ko nta gahunda uru rwego rufite yo gukoresha ubundi buryo nko gutera ibyuka biryana mu maso muri iyi rigole kugira ngo avemo.

Yagize ati “Ibyo byuka biterwa ahantu hari ngombwa nko mu bigaragambya, ariko ntibyaterwa mu bigo bw’amashuri, mu ngo z’abaturage no mu rusisiro.”

Muri aka gace k’i Nyamirambo hari hamaze iminsi havugwa ubujura bukorwa n’abatega abantu bakabashikuza ibyo bafite, bakiruka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Next Post

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Related Posts

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

Inama zigirwa Abaturarwanda ku ikoreshwa ry’amazi muri iki gihe yabaye imbonekarimwe

by radiotv10
01/07/2026
0

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Amazi, Isuku n'lsukura (WASAC Group) kirakangurira abafatabuguzi bacyo gukoresha neza amazi muri iki gihe cy’impeshyi, no gushaka...

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

Amakuru y’ingenzi wamenya ku Nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Kagame

by radiotv10
01/07/2026
0

Inama y’Abaminisitisi yayobowe na Perezida Paul Kagame, yasuzumiwemo ingingo zinyuranye zirimo ibirebana n’ubukungu bw’u Rwanda, kunoza amatora mu buyobozi bw'inzego...

Next Post
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Ni iki cyatumye Guverinoma ya Tanzania yohereza abasirikare n’abapolisi benshi mu mijyi itandukanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.