Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya

radiotv10by radiotv10
22/11/2022
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Qatar: Umunyamerika wagiye kureba umukino yambaye umupira wamamaza ubutinganyi yahuye n’uruva gusenya
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru w’Umunyamerika wagiye mu mukino w’igikombe cy’Isi kiri kubera muri Qatar yambaye umupira wamamaza ubutinganyi, yangiwe kwinjira asabwa kuwukuramo arabyanga, atabwa no muri yombi by’igihe gito.

Umunyamakuru Grant Wahl yahuye n’iri sanganya mu mukino wabaye mu ijoro ryacyeye ryo ku wa Mbere wahuzaga Leta Zunze Ubumwe za America na Wales.

Ubwo yageraga kuri stade yitiriwe Ahmad Bin Ali iri mu gace ka Al Rayyan, abashinzwe umutekano kuri stade babanje kumubuza kwinjira kubera umupira yari yambaye uriho amabara y’umukororombya yamamaza ubutinganyi.

Abo basekirite bamusabye gukuramo uwo mupira bamubwira ko ibikorwa byamamaza ubutinganyi mu Gihugu cyabo bitemewe.

Grant Wahl ufite urubuga rwe rwandika ku makuru ya siporo, yabanje kwamburwa telefone ye ngo atabona uko yandika ubutumwa kuri Twitter, avuga ibimubayeho.

Gusa yari yamaze kubugezaho kare, aho yari yifashe ifoto yambaye uwo mupira, ashyiraho ubutumwa agira ati “Aka akanya: abashinzwe umutekano banze ko ninjira muri stade mu mukino wa USA na Wales. Bambwira bati ‘ugomba guhindura uwo mupira. Ntibyemewe’.”

Nyuma yaje kwandika ubutumwa agira ati “Ubu meze neza ariko ibyo nakorewe ntibyari ngombwa. Ubu ndi mu gice cyahariwe abanyamakuru kandi ndacyambaye umupira wanjye. Nafunzwe hafi igice cy’isaha.”

Yavuze ko ukuriye abashinzwe umutekano yaje kumwegera akamwiseguraho ubundi akamureka akinjira. Nanone kandi yiseguweho n’uhagaraririye Impuzamashyirahamwe y’umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA).

Gusa na nyuma y’uyu mukino, uyu munyamakuru akomeje kwandika inkuru zigaruka kuri ibi yise ihohoterwa yakorewe, avuga ko abantu badakwiye kubuzwa uburenganzira bwabo.

Ubutegetsi bwa Qatar, Igihugu kitemera ibikorwa by’abakundana bahuje ibitsina, bwari bwabanje kumenyesha abazitabira Igikombe cy’Isi ko ibi bikorwa bitemewe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Kugeza ubu nta mwuka mubi uri hagati y’u Burundi n’u Rwanda- Perezida Ndayishimiye

Next Post

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

Related Posts

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

Umunyemari uzwi mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan wiyita Boss Lady wanabyaranye n’umuhanzi w’ikirangirire Diamond Platnumz avuga ko muri...

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za America muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko hari ibihano biteganyijwe mu gihe...

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

by radiotv10
14/07/2025
0

Nyuma yuko ubuyobozi bwa Uganda bufunguye Imipaka ya Bunagana na Ishasha ihuza iki Gihugu na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

by radiotv10
14/07/2025
0

Ambassador of The United States of America in the Democratic Republic of Congo has warned that there will be consequences...

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

Nyuma y’ukwezi uwabaye Perezida wa Zambia yitabye Imana n’uwayoboye Nigeria yapfuye

by radiotv10
14/07/2025
0

Muhammadu Buhari wabaye Perezida wa Nigeria, yitabye Imana ku myaka 82 azize uburwayi yari amaranye igihe, nyuma y’ukwezi kumwe Edgar...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

MTN-Rwanda yishimiye kwegukunye igihembo cy’umusoreshwa mwiza ku nshuro ya 15

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.