Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rashid yabwiye Urukiko ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rashid yabwiye Urukiko ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hakuzimana Abdul Rashid uregwa ibyaha birimo guhakana no gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, uyu munsi yagejejwe imbere y’urukiko, ahakana ibyaha byose akekwaho ariko yanga kubitangaho ibisobanuro birambuye ahubwo avuga ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe ngo kubera amagambo akomeretsa yabwiwe.

Hakuzimana Abdul Rashid wakunze kuvuga ko ari Umunyapolitiki uharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, yagejewe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Uyu mugabo uregwa ibyaha bishingiye ku magambo aremeyere yagiye avugira kuri YouTube mu bihe bitandukanye, yavuze ko ibyaha byose ashinjwa bitabayeho gusa yirinda kugira ibisobanuro birambuye atangaho.

Yahise abwira Urukiko ko ubwo yariho abazwa mbere y’uko agezwa mu rukiko, yabwiye amagambo akomeretsa we akaba abyita gukorerwa iyicarubozo ryo mu mutwe.

We n’umunyamategeko Me Felix Rudakemwa, basabye Urukiko kubanza agahabwa uburenganzira yimwe ndetse akarekurwa agakurikiranwa ari hanze.

Ubwo ubushinjacyaha bwasobanuraga ishingiro ryo gusabira Hakuzimana Abudul Rashid gukurikiranwa afunze, bwavuze ko uyu mugabo yakoze ibyaha mu magambo yatangaje kuri YouTube Channel yitwa Umubavu y’umwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga ubu na we ufunze.

Ubushinjacyaha kandi bwabwiye Urukiko k uregwa yabajijwe akanga kuvuga kandi ko yari yunganiwe n’umunyamategeko we.

Hakuzimana Abdul Rashid yumvikanye kuri YouTube avuga ko igikorwa cyo kwibuka Jenoside gikwiye guhagaragara cyangwa ngo hakibukwa abapfuye bose.

Umucamanza yumvise ibyatangajwe n’impande zombi, yanzura ko azasoma umwanzuro w’urukiko tariki 22 Ugushyingo 2021.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + seven =

Previous Post

Amakipe atatu yishyize hamwe asaba ko FERWAFA yisubiraho ku cyemezo yayifatiye

Next Post

Kigali: Abagore basetse abanyamamahanga basuye u Rwanda bakurikiranyweho icyaha cyo gukoza isoni

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abagore basetse abanyamamahanga basuye u Rwanda bakurikiranyweho icyaha cyo gukoza isoni

Kigali: Abagore basetse abanyamamahanga basuye u Rwanda bakurikiranyweho icyaha cyo gukoza isoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.