Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rashid yabwiye Urukiko ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe

radiotv10by radiotv10
17/11/2021
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Rashid yabwiye Urukiko ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe
Share on FacebookShare on Twitter

Hakuzimana Abdul Rashid uregwa ibyaha birimo guhakana no gupfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi, uyu munsi yagejejwe imbere y’urukiko, ahakana ibyaha byose akekwaho ariko yanga kubitangaho ibisobanuro birambuye ahubwo avuga ko yakorewe iyicarubozo ryo mu mutwe ngo kubera amagambo akomeretsa yabwiwe.

Hakuzimana Abdul Rashid wakunze kuvuga ko ari Umunyapolitiki uharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, yagejewe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.

Uyu mugabo uregwa ibyaha bishingiye ku magambo aremeyere yagiye avugira kuri YouTube mu bihe bitandukanye, yavuze ko ibyaha byose ashinjwa bitabayeho gusa yirinda kugira ibisobanuro birambuye atangaho.

Yahise abwira Urukiko ko ubwo yariho abazwa mbere y’uko agezwa mu rukiko, yabwiye amagambo akomeretsa we akaba abyita gukorerwa iyicarubozo ryo mu mutwe.

We n’umunyamategeko Me Felix Rudakemwa, basabye Urukiko kubanza agahabwa uburenganzira yimwe ndetse akarekurwa agakurikiranwa ari hanze.

Ubwo ubushinjacyaha bwasobanuraga ishingiro ryo gusabira Hakuzimana Abudul Rashid gukurikiranwa afunze, bwavuze ko uyu mugabo yakoze ibyaha mu magambo yatangaje kuri YouTube Channel yitwa Umubavu y’umwe mu bakoresha uru rubuga nkoranyambaga ubu na we ufunze.

Ubushinjacyaha kandi bwabwiye Urukiko k uregwa yabajijwe akanga kuvuga kandi ko yari yunganiwe n’umunyamategeko we.

Hakuzimana Abdul Rashid yumvikanye kuri YouTube avuga ko igikorwa cyo kwibuka Jenoside gikwiye guhagaragara cyangwa ngo hakibukwa abapfuye bose.

Umucamanza yumvise ibyatangajwe n’impande zombi, yanzura ko azasoma umwanzuro w’urukiko tariki 22 Ugushyingo 2021.

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Amakipe atatu yishyize hamwe asaba ko FERWAFA yisubiraho ku cyemezo yayifatiye

Next Post

Kigali: Abagore basetse abanyamamahanga basuye u Rwanda bakurikiranyweho icyaha cyo gukoza isoni

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abagore basetse abanyamamahanga basuye u Rwanda bakurikiranyweho icyaha cyo gukoza isoni

Kigali: Abagore basetse abanyamamahanga basuye u Rwanda bakurikiranyweho icyaha cyo gukoza isoni

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.