Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

RBC yatanze Moto 46, kugira ngo hafashwe abana batarakingirwa COVID19   

radiotv10by radiotv10
01/10/2023
in Uncategorized
0
RBC yatanze Moto 46, kugira ngo hafashwe abana batarakingirwa COVID19   
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima RBC cyatangaje ko hatanzwe moto 46 zizoroshya ingendo, inkingo zikagezwa ku bigo nderabuzima, bigatanga icyizere ko abafite abana batarakingirwa inkingo zose za Covid-19 bazagerwaho ku buryo bworoshye.

Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Gasabo mu cyanya cyahariwe inganda i Masoro ku wa Gatanu tariki 29 Nzeri, Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima RBC, cyakiriye moto 46 cyahawe na Rise Organisation ku nkunga ya USAID, zizifashishwa mu gukwirakwiza inkingo z’abana za Covid- 19.

Nubwo izi moto zizifashishwa no mu bindi bikorwa by’ibigo nderabuzima ariko by’umwihariko    zizafasha ibitari bifite uburyo bwo kujya mu Midugudu bashakisha abana batarakingirwa, zinorohereza ibigo nderabuzima kujya ku bitaro gufata inkingo.

Umuyobozi muri gahunda y’inkingo muri RBC Sibomana Hassan, avuga ko moto bahawe zizafasha kuba nta mwana n’umwe uzacikanwa n’urukingo.

Ati: “By’umwihariko ku bijyanye n’ikingirwa zije kudufasha kugira ngo turebe niba nta mwana uzasigara adakingiye, kabone n’iyo  atagera ku ivuriro, bizamworohera kujya ku Kagari, mu Mudugudu kugira ngo uwo mwana ashakishwe.”

Yongeyeho ati: “Izi ni moto zakora no mu misozi, bizafasha amavuriro yacu guhora afite inkingo n’ibikoresho bihagije”.

RBC ifite gahunda yo kugeza ibikorwa by’ikingira no mu mavuriro y’ibanze (Health Post).

Sibomana akomeza avuga ko hari hakigaragara icyuho cya moto zidahagije ibigo nderabuzima byakoreshaga.

Ati: “Ni ibisanzwe kuba twagira moto muri gahunda y’inkingo ariko buri gihe usanga dufite icyuho cyo kuba twabona moto zihagije zo guha ibigo nderabuzima byacu, haracyakenewe ibyo   bikoresho kugira ngo twongere umubare, abantu bakore akazi mu buryo buboroheye”.

Abana bagera kuri 96% bakingiwe inkingo zose za Covid-19, naho kuva mu Kwakira, 2022 hatangira gahunda yo gukingira abafite hagati y’imyaka 5-11 hamaze  gukingirwa abarenga 80%.

Mu mwaka wa 2022, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko gukingira abaturage bigeze ku kigero cya 99% abarenga 70% bamaze gufata urukingo rwo gushimangira, mu gihe abamaze gufata urukingo rwa kabiri rwo gushimangira bafite imyaka guhera kuri 60 kuzamura bari   kuri 30%.

RADIOTV10RWANDA

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 3 =

Previous Post

Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y’isezererwa rya Rayon na APR mu mikino Nyafurika

Next Post

Somalia abagera kuri 7 bahasize ubuzima abandi barakoremera mu gitero cy’ubwiyahuzi

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Somalia abagera kuri 7 bahasize ubuzima abandi barakoremera mu gitero cy’ubwiyahuzi

Somalia abagera kuri 7 bahasize ubuzima abandi barakoremera mu gitero cy'ubwiyahuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.