Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yamaganiye kure ubutumwa bw’ubucurano bwavugaga ingingo ikomeye kuri Congo

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yamaganiye kure ubutumwa bw’ubucurano bwavugaga ingingo ikomeye kuri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasabye abantu kudaga agaciro ubutumwa ncurano, bwavugaga ko u Rwanda rugiye gutangiza intambara kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ubutumwa bwacuzwe, bwitirirwa ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, aho ababikoze bifashishije uburyo bwo gucura ifoto, bagaragaza ko hari itangazo ryashyizwe hanze na RDF kuri Twitter yabo.

Ubu butumwa bw’ubucurano, buvuga ko “Ingabo z’u Rwanda zihora zanduranywaho na FARDC na Guverinoma ya Kinshasa. Nyakubarwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, azohereza abasirikare ba RDF kugaba igitero ku mujyi wa Goma mu gitondo cy’ejo.”

Ubu butumwa buhimbano, bukomeza buvuga ko ngo RDF imaze igihe kinini yiteguye iyi ntambara ndetse ko ihagaze bwuma, ikaba ifite intwaro zihagije, ngo inafite imyitwarire itajegajega.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwanyomoje iri tangazo, bukoresheje ubu butumwa ncurano, buvuga ko “ari ubuhimbano.”

🚨 Fake News Alert🚨 pic.twitter.com/VhqsqQ0TMD

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) July 11, 2023

Kuva havuka umwuka mubi mu mibanire hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nta na rimwe u Rwanda rwigeze ruvuga ko rwifuza gushoza intambara kuri iki Gihugu cy’igituranyi, nubwo cyo cyitahwemye kuvuga ko kibyifuza.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko yifuza ko ibibazo byakemuka mu nzira z’amahoro, yanavugaga ko nubwo itifuza intambara, ariko igihe cyose iki Gihigu cyayishozwaho gihagaze bwuma ku kuba cyayirwana cyemye.

U Rwanda kandi rwavuze ko rwakajije umutekano ku nkiko z’Igihugu kugira ngo umwanzi uri muri DRC atabona aho yamenera, dore ko atari rimwe cyangwa kabiri abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bagiye binjira mu Rwanda mu bikorwa by’ubushotoranyi birimo n’ibyahitanye Abanyarwanda bamwe muri 2019.

Guverinoma y’u Rwanda kandi iherutse no kubigarukaho mu itangazo yashyize hanze mu minsi ishize ubwo yamaganaga bimwe mu bikubiye muri raporo y’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, yongeye gushinja u Rwanda kuba rufasha M23, rubyamaganira kure, ruvuga ko ari ibinyoma.

Mu itangazo ryagiye hanze tariki 22 Kamena, Guverinoma y’u Rwanda yavugaga ko amwe mu makuru ari muri iyi raporo, agamije kuyobya uburari, agaragaza ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo byo muri Congo, nyamara ntaho ruhuriye na byo.

Muri iri tangazo u Rwanda rwagaragazaga ko bibabaje kubona izi mpuguke zirengagiza ikibazo cya FDLR ari yo ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye muri Congo no mu karere, rusoza ruvuga ko ruzakomeza kongera ingamba zo gukumira ibyavogera ubutaka n’ikirere cyarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + seven =

Previous Post

Imibare mishya y’ibiciro ku masoko iratanga icyizere ku Baturarwanda

Next Post

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.