Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yamaganiye kure ubutumwa bw’ubucurano bwavugaga ingingo ikomeye kuri Congo

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yamaganiye kure ubutumwa bw’ubucurano bwavugaga ingingo ikomeye kuri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasabye abantu kudaga agaciro ubutumwa ncurano, bwavugaga ko u Rwanda rugiye gutangiza intambara kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ubutumwa bwacuzwe, bwitirirwa ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, aho ababikoze bifashishije uburyo bwo gucura ifoto, bagaragaza ko hari itangazo ryashyizwe hanze na RDF kuri Twitter yabo.

Ubu butumwa bw’ubucurano, buvuga ko “Ingabo z’u Rwanda zihora zanduranywaho na FARDC na Guverinoma ya Kinshasa. Nyakubarwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, azohereza abasirikare ba RDF kugaba igitero ku mujyi wa Goma mu gitondo cy’ejo.”

Ubu butumwa buhimbano, bukomeza buvuga ko ngo RDF imaze igihe kinini yiteguye iyi ntambara ndetse ko ihagaze bwuma, ikaba ifite intwaro zihagije, ngo inafite imyitwarire itajegajega.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwanyomoje iri tangazo, bukoresheje ubu butumwa ncurano, buvuga ko “ari ubuhimbano.”

🚨 Fake News Alert🚨 pic.twitter.com/VhqsqQ0TMD

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) July 11, 2023

Kuva havuka umwuka mubi mu mibanire hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nta na rimwe u Rwanda rwigeze ruvuga ko rwifuza gushoza intambara kuri iki Gihugu cy’igituranyi, nubwo cyo cyitahwemye kuvuga ko kibyifuza.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko yifuza ko ibibazo byakemuka mu nzira z’amahoro, yanavugaga ko nubwo itifuza intambara, ariko igihe cyose iki Gihigu cyayishozwaho gihagaze bwuma ku kuba cyayirwana cyemye.

U Rwanda kandi rwavuze ko rwakajije umutekano ku nkiko z’Igihugu kugira ngo umwanzi uri muri DRC atabona aho yamenera, dore ko atari rimwe cyangwa kabiri abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bagiye binjira mu Rwanda mu bikorwa by’ubushotoranyi birimo n’ibyahitanye Abanyarwanda bamwe muri 2019.

Guverinoma y’u Rwanda kandi iherutse no kubigarukaho mu itangazo yashyize hanze mu minsi ishize ubwo yamaganaga bimwe mu bikubiye muri raporo y’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, yongeye gushinja u Rwanda kuba rufasha M23, rubyamaganira kure, ruvuga ko ari ibinyoma.

Mu itangazo ryagiye hanze tariki 22 Kamena, Guverinoma y’u Rwanda yavugaga ko amwe mu makuru ari muri iyi raporo, agamije kuyobya uburari, agaragaza ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo byo muri Congo, nyamara ntaho ruhuriye na byo.

Muri iri tangazo u Rwanda rwagaragazaga ko bibabaje kubona izi mpuguke zirengagiza ikibazo cya FDLR ari yo ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye muri Congo no mu karere, rusoza ruvuga ko ruzakomeza kongera ingamba zo gukumira ibyavogera ubutaka n’ikirere cyarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

Imibare mishya y’ibiciro ku masoko iratanga icyizere ku Baturarwanda

Next Post

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.