Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RDF yamaganiye kure ubutumwa bw’ubucurano bwavugaga ingingo ikomeye kuri Congo

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
RDF yamaganiye kure ubutumwa bw’ubucurano bwavugaga ingingo ikomeye kuri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwasabye abantu kudaga agaciro ubutumwa ncurano, bwavugaga ko u Rwanda rugiye gutangiza intambara kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ubutumwa bwacuzwe, bwitirirwa ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, aho ababikoze bifashishije uburyo bwo gucura ifoto, bagaragaza ko hari itangazo ryashyizwe hanze na RDF kuri Twitter yabo.

Ubu butumwa bw’ubucurano, buvuga ko “Ingabo z’u Rwanda zihora zanduranywaho na FARDC na Guverinoma ya Kinshasa. Nyakubarwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, azohereza abasirikare ba RDF kugaba igitero ku mujyi wa Goma mu gitondo cy’ejo.”

Ubu butumwa buhimbano, bukomeza buvuga ko ngo RDF imaze igihe kinini yiteguye iyi ntambara ndetse ko ihagaze bwuma, ikaba ifite intwaro zihagije, ngo inafite imyitwarire itajegajega.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023, Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda, bwanyomoje iri tangazo, bukoresheje ubu butumwa ncurano, buvuga ko “ari ubuhimbano.”

🚨 Fake News Alert🚨 pic.twitter.com/VhqsqQ0TMD

— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) July 11, 2023

Kuva havuka umwuka mubi mu mibanire hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nta na rimwe u Rwanda rwigeze ruvuga ko rwifuza gushoza intambara kuri iki Gihugu cy’igituranyi, nubwo cyo cyitahwemye kuvuga ko kibyifuza.

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko yifuza ko ibibazo byakemuka mu nzira z’amahoro, yanavugaga ko nubwo itifuza intambara, ariko igihe cyose iki Gihigu cyayishozwaho gihagaze bwuma ku kuba cyayirwana cyemye.

U Rwanda kandi rwavuze ko rwakajije umutekano ku nkiko z’Igihugu kugira ngo umwanzi uri muri DRC atabona aho yamenera, dore ko atari rimwe cyangwa kabiri abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bagiye binjira mu Rwanda mu bikorwa by’ubushotoranyi birimo n’ibyahitanye Abanyarwanda bamwe muri 2019.

Guverinoma y’u Rwanda kandi iherutse no kubigarukaho mu itangazo yashyize hanze mu minsi ishize ubwo yamaganaga bimwe mu bikubiye muri raporo y’itsinda ry’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye, yongeye gushinja u Rwanda kuba rufasha M23, rubyamaganira kure, ruvuga ko ari ibinyoma.

Mu itangazo ryagiye hanze tariki 22 Kamena, Guverinoma y’u Rwanda yavugaga ko amwe mu makuru ari muri iyi raporo, agamije kuyobya uburari, agaragaza ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibazo byo muri Congo, nyamara ntaho ruhuriye na byo.

Muri iri tangazo u Rwanda rwagaragazaga ko bibabaje kubona izi mpuguke zirengagiza ikibazo cya FDLR ari yo ntandaro y’ibibazo by’umutekano mucye muri Congo no mu karere, rusoza ruvuga ko ruzakomeza kongera ingamba zo gukumira ibyavogera ubutaka n’ikirere cyarwo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + fifteen =

Previous Post

Imibare mishya y’ibiciro ku masoko iratanga icyizere ku Baturarwanda

Next Post

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.