Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in MU RWANDA
0
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry

Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, ruragira inama abakoresha imbuga nkoranyambaga kwitwararika, kuko hari ibimaze iminsi bigaragaraho binagize ibyaha, kandi ko uru rwego ruticaye ubusa, ahubwo ko hari icyo ruri kubikoraho, kuko bigomba gucika burundu.

Muri ibi byumweru bitatu, bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, bamaze iminsi mu mpaka zazamuwe na bimwe mu bitangarizwaho by’umwihariko kuri YouTube.

Habanje inkuru z’umunyamakuru akaba n’umuhanzi Nyarwaya Innocent uzwi nka Yago, wavuze ko yahunze Igihugu kubera ako yise agatsiko k’abanyamakuru bagenzi be ngo bashatse kumwivugana.

Bidateye kabiri, hazamutse inkuru z’umunyamakuru Murungi Sabin ukorera kuri YouTube, aho abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye bashyiraho amashusho bivugwa ko yafashwe ngo avuye guca inyuma uwo bashakanye, ndetse ko ngo yabikoranaga n’undi uzwi na we kuri YouTube.

Aya mashusho y’uyu munyamakuru wagaragaye asohoka mu nzu bivugwa ko ari ho habereye icyo gikorwa, ndetse n’andi amugaragaza aryamye hasi bigaragara ko ashobora kuba yavunitse, yakurikiwe n’ibitekerezo byinshi byose bitagaragarizwa ishingiro, aho abiganjemo abakoresha YouTube, bagiye bayavugaho ibitekerezo bitandukanye.

Nanone kandi ku mbuga nkoranyambaga, hashyizweho amafoto n’amashusho y’urukozasoni, ya bamwe mu bazwi mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko uru rwego rubona ibi byose bitangarizwa ku mbuga nkoranyambaga, kandi ko ruticaye ubusa.

Ati “Ni imyitwarire igayitse, nta bunyangamugayo burimo, ndetse ibyo bikorwa bimwe bigize ibyaha. Urabona biteye isoni biragayitse. Nka RIB rero turabibona, hari ikiri gukorwa.”

Dr Murangira B. Thierry avuga kandi ko aba bantu bakomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, biba binagaragaza imyitwarire ye mu buzima busanzwe.

Ati “Bigaragaza imico ye, bigaragaza uburere bwe, bigaragaza ndetse n’uburere umuntu afite, ni ikigero cyiza cyo kureba ikigero cy’imitekerereze ye afite. Imyitwarire ku mbuga nkoranyambaga izahita ikugaragaza nyine uwo uri we.”

Dr Murangira B. Thierry yakomeje avuga ko uretse kuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ruri kugira icyo rukora kuri ibi bimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga, ariko binagomba gucika.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + twelve =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

Next Post

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu
AMAHANGA

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

01/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Ibyo wamenya ku bwoko bushya bwa Covid bwateye ikikango i Burayi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.