Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira

radiotv10by radiotv10
06/04/2022
in MU RWANDA
0
Rubavu: Abagore barashinja abagabo babo kubahindukiza mu buriri ku gahato kandi batabahahira
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagore bo mu Karere ka Rubavu barashinja abagabo babo kubakoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato kandi batabahahira ku buryo hari abo bahindukiza mu buriri bakanga bitewe n’umunaniro wo kuba biriwe bahahira ingo zabo.

Aba bagore babwiye RADIOTV10 ko batanze kuba bakwishimana n’abagabo babo mu buriri ariko ko imyitwarire yabo ibaca intege kuko birirwa mu gasozi bagacyurwa n’ijoro kandi nta mahaho babazaniye.

Umwe ati “Ubundi biriya byo mu buriri bihera muri salo namara kunywa no kurya ubwo tayari nanjye iyo ngeze hariya [mu buriri] icyo avuze ndacyumva kuko nanjye aba yamenye inda yanjye n’inda y’abana.”

Aba bagore bavuga ko iyi myitwarire y’abagabo babo yo kuba batagira icyo bakora, yatumye bakora batikoresheje kugira ngo babashe guhahira ingo zabo, ku buryo batataha bananiwe ngo bajye no guhindukirira abagabo babo biriwe mu mihana.

Undi muturage ati “Niba umuntu yagiye ntahahire umugore, abana biriwe bari kwayura, baryamye mu buriri gutyo nta mwenda bagira, ntabwo wagera mu buriri ngo ushikanuze umuntu ngo vayo hano ngo ibyo bintu uhite ubikora ubundi abantu ba bagomba kubanza gutegurana muri salo.”

Ikibabaje ngo ni uko abagabo babo baza bahaze batura imibi y’inzoga na za mushikaki mu gihe we n’abana baba bicira isazi mu jisho.

Bavuga ko ibi bikomeje guteza amakimbirane mu miryango. Undi ati “Ahita akubwira ngo ‘niba utanshaka ufite abo wirirwanye na bo ni yo mpamvu utanshaka’ kandi hari impamvu runaka.”

Aba bagore bavuga ko hari n’abarwanira mu buriri bagakora imibonano ku gahato ku buryo bamwe bavuga ko ari ihohoterwa bakorerwa.

Inzego zifite mu nshingano imibanire y’imiryango, zikunze kugira inama abashakanye kujya babanza kumvikana ku byo bagomba gukora byose birimo n’iki gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + two =

Previous Post

Indwara yahitanye Perezida w’Inteko ya Uganda yamenyekanye

Next Post

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Burkina Faso: Compaoré wabaye Perezida yakatiwe gufungwa burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.