Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo

radiotv10by radiotv10
08/05/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Baravuga icyo babona gituma abana b’abakobwa bishora mu ngeso zitaragaragaye ku babyeyi babo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko urubyiruko rw’abakobwa rukomeje kwishora mu ngeso z’ubusambanyi, hagira ugira ngo arabagira inama, bakamwuka inabi bavuga ko ashaka kubabuza uburenganzira bwabo.

Bamwe muri aba babyeyi, bavuga ko icyo babona gikomeje gutuma aba bana bishora mu ngeso mbi, ari uko bahawe uburenganzira bagakabya, mu gihe abo hambere banabanyuzagaho akanyafu, none ubu ntawe ubavuga.

Umwe ati “Igihangayikishije njye mbona ari uburenganzira abana bahawe. Ubona umwana yatinze ukamubaza uti ‘mwana wari uri he?’ Ati ‘ubwo ni uburenganzira bwanjye nuvuga gato ndakurega kuri polisi.’ Nawe nk’umubyeyi yaza mu gitondo, yaza igihe ashakiye ugatuza kuko urebye nabi bashobora kukujyana no kuri polisi kubera ko wahohoteye wa mwana wavuze ngo kuki atinze.”

Undi mubyeyi ati ati “Ubu ni abazirankoni, none unavuze nk’uwabyariye iwabo, umubwiye uti ‘mwana icara hamwe ntuzongere kugenda ujya kurereta cyangwa ngo utinde mu mihana’, uwo mwana arakubwira ngo ‘ahubwo ndajya kukurega kuko uri kuntoteza, ndaguhamagariza RIB nturi kundeba neza’, ugasanga mbese ni ikibazo.”

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr. Tuganeyezu Oreste ashimangira ko imyitwarire y’urubyiruko muri iki gihe iteye inkeke bityo akarusaba gutora umuco wa ‘Tunyweless’ kuko ngo byagabanya imibare y’inda zitateganyijwe igenda yiyongera cyane.

Ati “Ikiduteye ubwoba ahubwo ni imyitwarire tubona hanze aha ngaha mu rubyiruko, ubusinzi mu rubyiruko byongera ibyago byinshi byo kuba abantu bakwishora mu mibonano mpuzabitsina cyane cyane idakingiye nk’ibi mubona by’inda zitateganyijwe cyane cyane mu bana batoya binajyana ndetse no gufata ku ngufu, iyo ugiye kureba imibare ubona ko yiyongera. Tunyweless buriya n’ubwo ireba ikijyanye n’ubusinzi ariko inareba n’izo ngaruka zindi zaturuka mu kuba abantu ari abasinzi.”

Umuhuzabikorwa w’Umuryango utari uwa Leta wita ku kurengera umwana, ‘Coalition Umwana Ku Isonga’, Ruzigana Maximilien avuga ko ikibazo cy’imyitwarire ya bamwe mu rubyiruko kiva ku kuba bamwe mu babyeyi bashaka guhana abana bitagishobotse ndetse agashimangira ko urufunguzo rwo guhana umwana neza atari inkoni, ahubwo ari imyitwarire y’umubyeyi ku giti cye.

Ati “Umwana iyo umugaruje ineza n’urukundo ukamubwira neza akenshi atinya gukora icyaha no gukora amakosa, kubera ko ari gutinya guhemukira umubyeyi kandi babanye neza, umwana akazakura yubaha umubyeyi kubera ko amukunda, atamwubahira ko amutinya.”

Yakomeje agira ati “Ababyeyi bakwiye kumva ko uruhare rwabo ku burere bw’abana babo ni ntasimburwa. Birashoboka ko umwana yakunanira ntabwo mvuze ngo 100% abana bose ushobora kubahereza umurongo bakawubahiriza ariko n’iyo wabemerera abo ngabo bavuga batyo ngo ubahe umwanya bagende babakubite, ntabwo n’ubundi babagarura mu murongo, ahubwo imvugo ukoresha uri guhana umwana kuko umwana ntuzamureka ngo akore icyo yishakiye akiri mutoya ngo nakura aba ari bwo ushakira kubimushyiraho azaba yamaze kurenga ihaniro.”

Inzego zitandukanye zikomeza zigaragaza ko n’ubwo bamwe mu babyeyi basa nk’abashinja Leta kubabuza guhana abana babo, atari ukuri ahubwo ko iba ibarinda guhabwa ibihano bibabaza umubiri n’umutima, icyakora bigasa nk’aho hari icyuho kuko bamwe mu babyeyi bahitamo guterera iyo ku bwo kudasobanukirwa n’uburyo bukwiye bwo guhana abana.

Ababyeyi banenga ingeso zadukanywe n’urubyiruko rw’abakobwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 5 =

Previous Post

BREAKING: Guverinoma yavuze ku makuru y’uwa mbere uturutse mu Bwongereza woherejwe mu Rwanda

Next Post

Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Related Posts

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

IZIHERUKA

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije
MU RWANDA

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Nigeria: Umunsi w’Abakozi wasize bamwe mu bakorera Leta bamwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.