Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze igisubizo kitabanyura bahabwa iyo batse ibyangombwa by’ubutaka bwabo

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze igisubizo kitabanyura bahabwa iyo batse ibyangombwa by’ubutaka bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bakomeje gusiragizwa n’ubuyobozi ku byangombwa by’ubutaka bwabo bamaze imyaka igera kuri 5 birukaho, ariko bakabwirwa ko buri mu gishanga ariko bagatangazwa n’uko bamwe mu bari hasi yabo hafi n’igishanga babifite.

Aba baturage bafite ubutaka mu Mudugudu wa Keya mu Kagari ka Munanira mu Murenge wa Nyamyumba, bavuga ko bagenzi babo babonye ibyangombwa by’ubutaka bwabo, mu gihe bo bakomeje gusiragizwa ndetse bakanahabwa igisubizo kitabanyura.

Barayavuga Claudine utuye muri metero 30 uvuye ku gishanga yagigize ati “Uwo hepfo yanjye aragifite n’uwo hirya yanjye bose barabifite, twebwe ahubwo dutuye hano ku musozi nyine twese ntabwo ariko tubifite.”

Aba baturage bakomeza bavuga ko batazi ikigenderwaho mu guhabwa ibyangombwa by’ubutaka ku baturiye iki gishanga, bagasaba ubuyobozi kubakura mu gihirahiro.

Undi ati “Abaturanyi bacu batuye hirya no hino twe turi hagati yabo bafite iby’ubutaka ariko twe ntabyo dufite kandi ari bo batuye hasi yacu. None se wavuga ko uriya wo hasi abona icyangombwa gute njyewe nkakibura kandi nanjye niruka nkagenda nkaca mu nzego zose.”

Mugenzi wabo na we yagize ati “Tujya gusaba ibyangombwa bakadusiragiza ngo ni mu gishanga, ngo ni muri Leta, ubwo tukibaza abo hasi baba bafite ibyangombwa twebwe bo hejuru tukabibura twajya kubibaza bakaduhoza mu ruhirahiro ngo nyura hano, nyura hano wabigeza ahandi bikagaruka bityo kugeza igihe umwaka urangiriye n’undi ukongera ugatangira uri muri ibyo.”

Aba baturage bavuga ko ibi bituma batiteza imbere, kuko nk’uwifuza kujya kwaka inguzanyo muri Banki, adashobora kubikora, ntamara hari benshi bakabikoze, bakabasha kwiteza imbere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin avuga ko impamvu aba baturage badahabwa ibyangombwa by’ubutaka ari uko buri mu gishanga.

Ati “Kandi ibishanga ntabwo ari umutungo bwite w’umuturage, ni ibyanya bikomye biri mu mutungo rusange wa Leta ku nyungu zo kurengera ibidukikije.”

Uyu muyobozi avuga ko aba baturage bahawe ibi bisonuro kuva cyera, ku buryo ntawari ukwiye gukomeza kubyibazaho, ahubwo ko bakwiye gushaka izindi nzira zo kwiteza imbere.

Kutagira ibyangombwa by’ubutaka bituma batabasha kwiteza imbere uko bikwiye
Bavuga ko batumva impamvu batabihabwa kandi abatuye munsi yabo barabihawe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + nineteen =

Previous Post

Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Next Post

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Related Posts

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Umuryango FPR-Inkotanyi wakoze amavugurura n’impinduka mu Buyobozi Bukuru bwawo, zasize ugize ba Visi Perezida babiri, ndetse Bazivamo Christophe wigeze kububamo,...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.