Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Bavuze igisubizo kitabanyura bahabwa iyo batse ibyangombwa by’ubutaka bwabo

radiotv10by radiotv10
17/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Bavuze igisubizo kitabanyura bahabwa iyo batse ibyangombwa by’ubutaka bwabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bakomeje gusiragizwa n’ubuyobozi ku byangombwa by’ubutaka bwabo bamaze imyaka igera kuri 5 birukaho, ariko bakabwirwa ko buri mu gishanga ariko bagatangazwa n’uko bamwe mu bari hasi yabo hafi n’igishanga babifite.

Aba baturage bafite ubutaka mu Mudugudu wa Keya mu Kagari ka Munanira mu Murenge wa Nyamyumba, bavuga ko bagenzi babo babonye ibyangombwa by’ubutaka bwabo, mu gihe bo bakomeje gusiragizwa ndetse bakanahabwa igisubizo kitabanyura.

Barayavuga Claudine utuye muri metero 30 uvuye ku gishanga yagigize ati “Uwo hepfo yanjye aragifite n’uwo hirya yanjye bose barabifite, twebwe ahubwo dutuye hano ku musozi nyine twese ntabwo ariko tubifite.”

Aba baturage bakomeza bavuga ko batazi ikigenderwaho mu guhabwa ibyangombwa by’ubutaka ku baturiye iki gishanga, bagasaba ubuyobozi kubakura mu gihirahiro.

Undi ati “Abaturanyi bacu batuye hirya no hino twe turi hagati yabo bafite iby’ubutaka ariko twe ntabyo dufite kandi ari bo batuye hasi yacu. None se wavuga ko uriya wo hasi abona icyangombwa gute njyewe nkakibura kandi nanjye niruka nkagenda nkaca mu nzego zose.”

Mugenzi wabo na we yagize ati “Tujya gusaba ibyangombwa bakadusiragiza ngo ni mu gishanga, ngo ni muri Leta, ubwo tukibaza abo hasi baba bafite ibyangombwa twebwe bo hejuru tukabibura twajya kubibaza bakaduhoza mu ruhirahiro ngo nyura hano, nyura hano wabigeza ahandi bikagaruka bityo kugeza igihe umwaka urangiriye n’undi ukongera ugatangira uri muri ibyo.”

Aba baturage bavuga ko ibi bituma batiteza imbere, kuko nk’uwifuza kujya kwaka inguzanyo muri Banki, adashobora kubikora, ntamara hari benshi bakabikoze, bakabasha kwiteza imbere.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu Murenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin avuga ko impamvu aba baturage badahabwa ibyangombwa by’ubutaka ari uko buri mu gishanga.

Ati “Kandi ibishanga ntabwo ari umutungo bwite w’umuturage, ni ibyanya bikomye biri mu mutungo rusange wa Leta ku nyungu zo kurengera ibidukikije.”

Uyu muyobozi avuga ko aba baturage bahawe ibi bisonuro kuva cyera, ku buryo ntawari ukwiye gukomeza kubyibazaho, ahubwo ko bakwiye gushaka izindi nzira zo kwiteza imbere.

Kutagira ibyangombwa by’ubutaka bituma batabasha kwiteza imbere uko bikwiye
Bavuga ko batumva impamvu batabihabwa kandi abatuye munsi yabo barabihawe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + eight =

Previous Post

Kayonza: Agahinda k’uwugarijwe n’ibibazo wacumbikiwe mu nzu imaze imyaka 60

Next Post

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Ikipe y’Abasirikare barinda Perezida yarimo Capt. Ian Kagame yegukanye Igikombe (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.