Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

radiotv10by radiotv10
21/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari Akagari kose katayagira, bityo bakabaho mu kwirwanaho, rimwe na rimwe bikabateza ingaruka zirimo n’urupfu.

Amezi atandatu arashize, bamwe mu batuye mu Kagari ka Rubona, Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, bagaragaje ikibazo cy’amazi, begerejwe ariko ngo akaba atabageraho. Mu rwego rwo kwirwanaho, bajya kuyashaka mu bishanga kugira ngo babone ayo bakoresha mu ngo zabo.

Barayigirira Fabien ati “Ubu dutunzwe n’utuzi two ku gihiha dutega ku dusoko, kandi naho ni kure kugerayo, bisaba nk’igihe cy’isaha imwe, hamwe no kugaruka bifata nk’amasaha atatu.”

Barawigira James ati “Aya mazi tuyavoma kubera ko tuba twabuze ayandi. Twavugishije WASAC ngo badukemurire ikibazo cyo kutabona amazi, ariko twarategereje turaheba.”

Uretse aba baturage bavuga ko kugeza ubu ikibazo kitarakemuka, twanyarukiye no mu Kagari ka Nkomane mu Murenge wa Kanama, naho abahatuye batubwira ingorane bahura na zo uko bwije n’uko bukeye kubera ikibazo cyo kutagira amazi meza.

Niyimfasha Jean Bosco ati “Ikibazo cy’amazi hano ni ingorabahizi, kuko nk’aho nari ndi gutera umuti ni mu musozi byamfataga nk’amasaha atatu kugira ngo ngezeyo amazi twagera mu ngo zacu. Rero ni ibibazo kuko nta robine tugira; tuvoma amazi atemba cyangwa avumbuka mu rutare cyangwa mu mikingo, ugasanga abana bacu rimwe na rimwe iyo mikingo n’inkangu biri kubagwaho. Ubwo udapfuye aravunika.”

Tuzabana Noel ati “Turayabura burundu! Reba hariya mu kabande, mu bikuyu ni ho tuvoma amazi ari gutemba kuko nta kundi twabigenza. Ugasanga abana bari kurwara inzoka kubera amazi mabi. Leta rero yatwegereza za robine, abana bakajya kuyazana hafi ntibacikanwe n’amasomo.”

Aba baturage bo mu Kagari ka Nkomane bahabwa icyizere n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Bwana Nzabahimana Evariste, wavuze ko bashonje bahishiwe kuko ngo bidatinze bazagerwaho n’amazi meza.

Gitifu Nzabahimana Evariste ati “Twemera ko amazi meza ari make ku baturage ba Nkomane, ariko arahagera n’ubwo adahagije. Hari umushinga munini uzagemura amazi muri biriya bice kandi waratangiye. Rwose inyota yabo y’amazi baraza kuyishyira vuba, kuko iki kibazo ubuyobozi burakizi kandi bwafashe ingamba zo kugikemura burundu.”

Icyakora, mu kiganiro n’itangazamakuru ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwagiranye n’abanyamakuru mbere y’uko umwaka wa 2026 utangira, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Bwana Mulindwa Prosper, yagarutse ku mushinga ugamije gukwirakwiza amazi mu mirenge itandukanye y’aka karere isanzwe igerwamo n’amazi make. Yagaragaje ko ibikorwa byo kubaka umuyoboro uyavana mu Karere ka Musanze byatangiye, gusa hakaba hakiri imbogamizi z’uruganda ruzatunganya ayo mazi rutararangira, bityo bigatuma abaturage batinda kugerwaho n’amazi meza.

Ni mu gihe, muri gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda yo kwihutisha iterambere, biteganyijwe ko bitarenze umwaka wa 2029 buri Munyarwanda azaba agerwaho n’amazi meza, aho abatuye mu mijyi bazaba bakora urugendo rutarenze metero 200 bajya gushaka amazi meza, na metero 500 ku batuye mu cyaro.

Kubona amazi meza bibasaba gukora ingendo ndende
Baravunika kuko ntakundi babigenza

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

Next Post

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.