Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe ku nkoni bivugwa ko zivuza ubuhuha mu banyonzi

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe ku nkoni bivugwa ko zivuza ubuhuha mu banyonzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku magare Mu Karere ka Rubavu, bataka inkoni bakubitwa n’abanyerondo bo mu Murenge wa Rubavu iyo bari gutaha barengeje isaha bahawe, mu gihe ubuyobozi bwa Koperative yabo buvuga ko ahubwo ari bo batahanaga inkoni bagakubita abashinzwe umutekano.

Aba banyonzi bavuga ko iyo barengeje saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, bakubitwa n’abanyerondo, mu gihe bumva ko bari bakwiye guhanishwa inkoni.

Nukuri Olivier yagize ati “Abashinzwe kutwaka igare ariko hari ubusambo bihaye bakakuvutagura ukikubita hasi bari kugusaka.”

Mugenzi we Nshimiyimana Nathnael na we yagize ati “Natashye nimugoroba saa kumi n’ebyiri, ngeze hano haruguru baba baramfashe ngo ntashye nijoro bakubise hano ku kuboko mpita nkingaho ukundi, si ng’iyi n’indi nkoni se. Maze ndavuga nti rero nyamara muri kumpohotera kuko nari ndi kurisunika mu maboko.”

Bamwe muri aba banyonzi bagaragaza ko hari bagenzi babo bananiranye bakarenga ku mabwiriza kandi bagashaka guhangana n’abashinzwe kubakebura, gusa icyo bose bahurizaho ni uko hari n’ubwo inkeragutabara zibahohotera.

Sadiki Jean Paul ati “Barahari b’indisipiline baba badashaka gukurikiza amategeko, kuko hari ubwo bagufashe uririho kandi iyo isaha zageze uba ugomba kurivaho ukarisunika ntacyo bagutwara barakureka ukagenda.”

Sibomana Elias uyobora koperative y’abanyonzi bo mu Murenge wa Rubavu (VELOTRACO), avuga ko nta munyonzi wigeze abagezaho iki kibazo, ahubwo ko abanyonzi ari bo bazamura urugomo.

Ati “Aho byari bigeze ni abantu bamanuraga bya biti bashyira ku magare ngo bitangire imifuka bataha bakerewe bakaza bafite umugambi wo kurwana n’abasekirite, yamubaza impamvu ari kurigendaho nijoro bakamwadukira bagakubita basa nk’ababivuyemo baravuga ngo tuzajya dukora ku manywa gusa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Rubavu, Habimana Innocent, avuga ko ingamba zo gufata abanyonzi bakerewe zagabanyije impanuka zaterwaga n’amagare mu masaha y’ijoro.

Ati “Umusaruro wo uragaragara kuko impanuka zaragabanutse ku rwego rushimishije kandi irondo ryacu ni irondo ripanze ku rwego rushimishije kuko hari cell commander ukurikirana irondo ryose ry’Akagari bikagera no ku Murenge ndetse tugira na komite y’imyitwarire, uwo bigaragaye ko yakoze amakosa arahanwa nk’abandi bakozi bose.”

Uyu muyobozi avuga ko hatarafatwa izi ngamba zo gukumira abanyonzi bagenda ku magare nyuma ya saa kumi n’ebyiri, nta joro ry’ubusa ryasigaga hatabaye impanuka mu muhanda mushya Rugerero-Byahi.

Umwe mu banyonzi bavuga ko bakubiswe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mwana warashwe bikazamura umujinya n’ubushyamirane

Next Post

Twibukiranye ibitazibagirana ku ntambara imaze umwaka yabaye akandi kaga kagwiririye Isi

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
MU RWANDA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Twibukiranye ibitazibagirana ku ntambara imaze umwaka yabaye akandi kaga kagwiririye Isi

Twibukiranye ibitazibagirana ku ntambara imaze umwaka yabaye akandi kaga kagwiririye Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.