Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe ku nkoni bivugwa ko zivuza ubuhuha mu banyonzi

radiotv10by radiotv10
07/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Harumvikana kutavuga rumwe ku nkoni bivugwa ko zivuza ubuhuha mu banyonzi
Share on FacebookShare on Twitter

Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu ku magare Mu Karere ka Rubavu, bataka inkoni bakubitwa n’abanyerondo bo mu Murenge wa Rubavu iyo bari gutaha barengeje isaha bahawe, mu gihe ubuyobozi bwa Koperative yabo buvuga ko ahubwo ari bo batahanaga inkoni bagakubita abashinzwe umutekano.

Aba banyonzi bavuga ko iyo barengeje saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, bakubitwa n’abanyerondo, mu gihe bumva ko bari bakwiye guhanishwa inkoni.

Nukuri Olivier yagize ati “Abashinzwe kutwaka igare ariko hari ubusambo bihaye bakakuvutagura ukikubita hasi bari kugusaka.”

Mugenzi we Nshimiyimana Nathnael na we yagize ati “Natashye nimugoroba saa kumi n’ebyiri, ngeze hano haruguru baba baramfashe ngo ntashye nijoro bakubise hano ku kuboko mpita nkingaho ukundi, si ng’iyi n’indi nkoni se. Maze ndavuga nti rero nyamara muri kumpohotera kuko nari ndi kurisunika mu maboko.”

Bamwe muri aba banyonzi bagaragaza ko hari bagenzi babo bananiranye bakarenga ku mabwiriza kandi bagashaka guhangana n’abashinzwe kubakebura, gusa icyo bose bahurizaho ni uko hari n’ubwo inkeragutabara zibahohotera.

Sadiki Jean Paul ati “Barahari b’indisipiline baba badashaka gukurikiza amategeko, kuko hari ubwo bagufashe uririho kandi iyo isaha zageze uba ugomba kurivaho ukarisunika ntacyo bagutwara barakureka ukagenda.”

Sibomana Elias uyobora koperative y’abanyonzi bo mu Murenge wa Rubavu (VELOTRACO), avuga ko nta munyonzi wigeze abagezaho iki kibazo, ahubwo ko abanyonzi ari bo bazamura urugomo.

Ati “Aho byari bigeze ni abantu bamanuraga bya biti bashyira ku magare ngo bitangire imifuka bataha bakerewe bakaza bafite umugambi wo kurwana n’abasekirite, yamubaza impamvu ari kurigendaho nijoro bakamwadukira bagakubita basa nk’ababivuyemo baravuga ngo tuzajya dukora ku manywa gusa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umusigire w’Umurenge wa Rubavu, Habimana Innocent, avuga ko ingamba zo gufata abanyonzi bakerewe zagabanyije impanuka zaterwaga n’amagare mu masaha y’ijoro.

Ati “Umusaruro wo uragaragara kuko impanuka zaragabanutse ku rwego rushimishije kandi irondo ryacu ni irondo ripanze ku rwego rushimishije kuko hari cell commander ukurikirana irondo ryose ry’Akagari bikagera no ku Murenge ndetse tugira na komite y’imyitwarire, uwo bigaragaye ko yakoze amakosa arahanwa nk’abandi bakozi bose.”

Uyu muyobozi avuga ko hatarafatwa izi ngamba zo gukumira abanyonzi bagenda ku magare nyuma ya saa kumi n’ebyiri, nta joro ry’ubusa ryasigaga hatabaye impanuka mu muhanda mushya Rugerero-Byahi.

Umwe mu banyonzi bavuga ko bakubiswe

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × one =

Previous Post

Polisi y’u Rwanda yagize icyo ivuga ku mwana warashwe bikazamura umujinya n’ubushyamirane

Next Post

Twibukiranye ibitazibagirana ku ntambara imaze umwaka yabaye akandi kaga kagwiririye Isi

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Twibukiranye ibitazibagirana ku ntambara imaze umwaka yabaye akandi kaga kagwiririye Isi

Twibukiranye ibitazibagirana ku ntambara imaze umwaka yabaye akandi kaga kagwiririye Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.