Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Havuzwe imibare igaragaza ko abakobwa bashaka serivisi yo ‘gukuramo inda’ yiyongereye

radiotv10by radiotv10
28/12/2024
in MU RWANDA
0
Rubavu: Havuzwe imibare igaragaza ko abakobwa bashaka serivisi yo ‘gukuramo inda’ yiyongereye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ibitaro bya Gisenyi mu Karere ka Rubavu, buvuga ko ko mu kwezi bwakira abakobwa bari hagati ya 10 na 20 baba bashaka serivisi yo gukuramo inda ku byabyemerewe n’itegeko, gusa ngo hari abataramenya iby’iri tegeko.

Mu buhamya bwa bamwe mu bahuye n’ikibazo cyo gutwita inda zitifuzwaga, humvikanamo bamwe mu bakobwa batewe inda bakiri munsi y’imyaka 18 ariko bamwe bashobora guhabwa serivise zo gukuramo inda kuko bari bafite amakuru.

Icyakora bamwebagaragaza ko batigeze bahabwa iyi serivisi kuko bari bafite amakuru atandukanye ku gukuramo inda nk’uko bisobanurwa n’umwe muri bo.

Umwe muri bo ufite imyaka 16 yagize ati “Ntabyo nari nzi usibye abaturage bambwiraga ngo nzane amafaranga banzanire umuntu uyinkuriramo ariko nkaba narumvise ko hari igihe uyikuramo nabi ukajyana na yo ngira ubwoba ndavuga ngo nzamurera uko mbayeho.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urugaga rw’Imiryango itari iya Leta Rwanda NGO’s Forum ushinzwe kurwanya Icyorezo cya SIDA, guteza imbere Ubuzima no guharanira Uburenganzira bwa Muntu, Kabanyana Noriette asaba ibyiciro bitemererwa n’itegeko kugira umuco wo kwifata bagakoresha ubundi buryo butuma badatwara inda batifuza.

Ati “Abemererwa n’itegeko basaba iyi serivisi aho iteganyijwe kwa muganga naho abo itegeko ritemerera rero ntiriba ribemerera, ahubwo turabasaba kugira umuco wo kwirinda, kwifata no kutiyandarika hirindwa izo ngaruka.”

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr. Tuganeyezu Oreste avuga ko imibare y’abantu bagana ibitaro bashaka iyi serivisi igenda yiyongera kuko ubu iri hagati y’abakobwa cyangwa abagore 10 na 20 ku kwezi.

Gusa yemeza ko hari abagikuramo inda mu buryo butemewe ariko ko bakomeje ubukangurambaga, kugira ngo babyirinde kuko bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Yavuze ko abemererwa n’itegeko, bo babikorerwa, kandi ko nta n’umwe ukwiye kugira ipfunwe, kuko bikorwa kinyamwuga ndetse uwabikorewe akagirirwa ibanga

Ati “Itegeko rigena ko uwatewe inda akaba ashaka serivisi yo kuyikuramo, bitagomba kurenza ibyumweru 22. Hari umenya amakuru agatinda gufata icyemezo cyangwa akagira isoni atinya akato ashobora guhabwa ariko turabamenyesha ko iyo serivisi itangwa mu ibanga.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Ishimwe Pacifique avuga a ko iyi serivisi yo gukuramo inda mu buryo bunoze ngo igiye gufasha byinshi kuko hari abaturage benshi bayikeneye.

Ati “Iyi serivisi yari isanzwe ihari cyane cyane ku bantu bahohotewe, niho byari byiganje kandi byagendaga gake bigatuma iyi serivisi itamenyekana cyane cyangwa bikanagenda gake ugereranyije n’uko byifuzwa ari nayo mpamvu Leta yashyize ubundi buryo bwo kwagura iyi Serivisi kandi bizafasha benshi.”

Ingingo ya 125 y’itegeko N° 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko nta buryozwacyaha bubaho iyo gukuramo inda byakozwe kubera impamvu zirimo kuba utwite ari umwana, kuba usaba gukurirwamo inda yarakoreshejwe imibonano mpuzabitsina ku gahato, kuba yarayitwaye nyuma yo kubanishwa ku gahato n’undi nk’umugore n’umugabo, kuba usaba gukurirwamo inda yarayitewe n’uwo bafitanye isano ya hafi kugera ku gisanira cya kabiri no kuba inda ibangamiye ubuzima bw’utwite cyangwa ubw’umwana atwite.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + nineteen =

Previous Post

Ubutumwa bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye The Ben na Pamella kubera amashusho yabo

Next Post

Ubutumwa bwuzuye impanuro n’impamba byatuma mu miryango hatubera nk’ijuru rito

Related Posts

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

Hasobanuwe intandaro y’ibura ry’amazi ryakajije uburemere mu Mujyi wa Kigali n’umuti riri kuvugutirwa

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko ikibazo cy’ibura ry’amazi riri kugaragara muri iyi minsi, cyatewe n’igabanuka ry’ayo mu mugezi wa Nyabarongo...

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

Bride Price: Cultural treasure or commercial transaction?

by radiotv10
30/07/2025
0

In many African societies and beyond, the tradition of bride price also known as "lobola" in Southern Africa or "inkwano"...

IZIHERUKA

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo
AMAHANGA

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

30/07/2025
Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bwuzuye impanuro n’impamba byatuma mu miryango hatubera nk’ijuru rito

Ubutumwa bwuzuye impanuro n'impamba byatuma mu miryango hatubera nk'ijuru rito

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.