Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ibikorwa by’urugomo rukabije bakorerwa babona bishobora kuzavamo ibindibindi

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ibikorwa by’urugomo rukabije bakorerwa babona bishobora kuzavamo ibindibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bamaze igihe bataka urugomo bakorerwa n’aborozi bakomeye bakoresha abashumba bakirara mu ntsina zabo bakazitema bakazigaburira inka zabo, bavuga ko bafite ubwoba bw’umutekano nyuma y’uko hari uwo batemeye urutoki rwa hegitari ebyiri, intsinda zose bakazimarira hasi, ndetse uru rugomo rukaba rwarabyaye inzigo hagati y’abahinzi n’aborozi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye bamwe muri aba bahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Rubavu, bagarutse ku kibazo cy’amakimbirane amaze igihe kinini hagati yabo n’aborozi bakomeye bo muri uyu Murenge, bakavuga ko bamwe muri bo babatemera urutoki bakarugaburira inka zabo.

Gacaniro Jean de Dieu uvuga ko amaze imyaka 3 atabaza ubuyobozi kubera uru rugomo akorerwa, avuga ko hari n’abo byateye ubwoba ku mutekano wabo, ariko bakabura umwanzuro babifatira kuko n’ubuyobozi busa nk’ubwabyirengagije.

Ati “Ko umuntu ahunga akajya mu kindi Gihugu ahunze intambara, njye nzahunga inzara? Keretse banyeretse wenda ahandi hantu naba cyangwa se niyahure njye n’umuryango wanjye wose tuzajye mu Kivu dupfe kuko ntacyo tumariye iki gihugu.”

Nikuze Mariya, akaba umugore wa Gacaniro, yagize ati “Ubuyobozi burabizi, Mudugudu yarahageze arabireba, ntakintu cyakozweho bigeze igihe urutoki rurangiriye.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko babujijwe umutekano n’aborozi bafite inzuri rwagati mu mirima yabo kuko bashaka kuyibirukanamo ku ngufu.

Umwe ati “Ikintu yaba yarakoreye aba bantu twarakiyobewe, kugira ngo bamugire gutya, umurima bawugire gutya ari wo wari umutunze.”

Bamwe mu bashumba baragirira aba borozi b’abakire, bavuga ko batema intsina z’abaturage, ari ba Sebuja babibategetse bababwira ko bafitanye amakimbirane.

Umwe yagize ati “Hari igihe nk’abakire bamwe na bamwe boroye, wumva bavuze ngo mujye mwa runaka murare muzitema, barare banarugabuye. Ugasanga urutoki rwose bararuhunze rurashize. Ariko urumva na bo nyine ntibiyohereza, ni akazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ikibazo cy’amakimbirane y’abahinzi n’aborozi kizwi ndetse ko kiri gushakirwa umuti urambye, habanje kumenya abashumba bavugwaho gukora ibi bikorwa.

Yagize ati “Aho abashumba bagomba guhabwa akazi nk’uko n’undi wese atanga umuntu w’umwishingizi, akagaragaza imyirondoro ye, umuntu utagira indangamuntu ntashobora guhabwa akazi agomba kubanza kuyishaka kandi tugashaka n’amakuru ko aho yavuye ari umuntu w’inyangamugayo.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko n’aborozi na bo bazana abashumba bakabasiga muri izi nzuri, bakigendera, na bo bagomba gufatirwa ingamba.

Ati “Iki rero ni ikibazo twafashe ku rwego ruhanitse rw’umutekano, tukaba twizeza Abanyarubavu ko ikibazo tukizi kandi ko turi kugikemura mu buryo burambye.”

Uretse kuba uyu muturage atabarizwa na bagenzi be, ikibazo cye agihuriraho n’abandi, kuko bamwe bakigendana intimba yo kubangamirwa n’aborozi bavuga ko bamaze kubakenesha.

Gacaniro Jean de Dieu avuga ko uru rugomo rumaze gufata indi ntera
Zimwe mu ntsina bazitema zinafite ibitoki bikiri bito

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − eight =

Previous Post

House Republicans Vote to End Rule Stopping Coal Mining Debris From Being Dumped in Streams

Next Post

President Trump Threatens to Send U.S. Troops to Mexico to Take Care of ‘Bad Hombres’

Related Posts

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

IZIHERUKA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026
MU RWANDA

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

President Trump Threatens to Send U.S. Troops to Mexico to Take Care of 'Bad Hombres'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.