Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ibikorwa by’urugomo rukabije bakorerwa babona bishobora kuzavamo ibindibindi

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ibikorwa by’urugomo rukabije bakorerwa babona bishobora kuzavamo ibindibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bamaze igihe bataka urugomo bakorerwa n’aborozi bakomeye bakoresha abashumba bakirara mu ntsina zabo bakazitema bakazigaburira inka zabo, bavuga ko bafite ubwoba bw’umutekano nyuma y’uko hari uwo batemeye urutoki rwa hegitari ebyiri, intsinda zose bakazimarira hasi, ndetse uru rugomo rukaba rwarabyaye inzigo hagati y’abahinzi n’aborozi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye bamwe muri aba bahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Rubavu, bagarutse ku kibazo cy’amakimbirane amaze igihe kinini hagati yabo n’aborozi bakomeye bo muri uyu Murenge, bakavuga ko bamwe muri bo babatemera urutoki bakarugaburira inka zabo.

Gacaniro Jean de Dieu uvuga ko amaze imyaka 3 atabaza ubuyobozi kubera uru rugomo akorerwa, avuga ko hari n’abo byateye ubwoba ku mutekano wabo, ariko bakabura umwanzuro babifatira kuko n’ubuyobozi busa nk’ubwabyirengagije.

Ati “Ko umuntu ahunga akajya mu kindi Gihugu ahunze intambara, njye nzahunga inzara? Keretse banyeretse wenda ahandi hantu naba cyangwa se niyahure njye n’umuryango wanjye wose tuzajye mu Kivu dupfe kuko ntacyo tumariye iki gihugu.”

Nikuze Mariya, akaba umugore wa Gacaniro, yagize ati “Ubuyobozi burabizi, Mudugudu yarahageze arabireba, ntakintu cyakozweho bigeze igihe urutoki rurangiriye.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko babujijwe umutekano n’aborozi bafite inzuri rwagati mu mirima yabo kuko bashaka kuyibirukanamo ku ngufu.

Umwe ati “Ikintu yaba yarakoreye aba bantu twarakiyobewe, kugira ngo bamugire gutya, umurima bawugire gutya ari wo wari umutunze.”

Bamwe mu bashumba baragirira aba borozi b’abakire, bavuga ko batema intsina z’abaturage, ari ba Sebuja babibategetse bababwira ko bafitanye amakimbirane.

Umwe yagize ati “Hari igihe nk’abakire bamwe na bamwe boroye, wumva bavuze ngo mujye mwa runaka murare muzitema, barare banarugabuye. Ugasanga urutoki rwose bararuhunze rurashize. Ariko urumva na bo nyine ntibiyohereza, ni akazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ikibazo cy’amakimbirane y’abahinzi n’aborozi kizwi ndetse ko kiri gushakirwa umuti urambye, habanje kumenya abashumba bavugwaho gukora ibi bikorwa.

Yagize ati “Aho abashumba bagomba guhabwa akazi nk’uko n’undi wese atanga umuntu w’umwishingizi, akagaragaza imyirondoro ye, umuntu utagira indangamuntu ntashobora guhabwa akazi agomba kubanza kuyishaka kandi tugashaka n’amakuru ko aho yavuye ari umuntu w’inyangamugayo.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko n’aborozi na bo bazana abashumba bakabasiga muri izi nzuri, bakigendera, na bo bagomba gufatirwa ingamba.

Ati “Iki rero ni ikibazo twafashe ku rwego ruhanitse rw’umutekano, tukaba twizeza Abanyarubavu ko ikibazo tukizi kandi ko turi kugikemura mu buryo burambye.”

Uretse kuba uyu muturage atabarizwa na bagenzi be, ikibazo cye agihuriraho n’abandi, kuko bamwe bakigendana intimba yo kubangamirwa n’aborozi bavuga ko bamaze kubakenesha.

Gacaniro Jean de Dieu avuga ko uru rugomo rumaze gufata indi ntera
Zimwe mu ntsina bazitema zinafite ibitoki bikiri bito

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + fifteen =

Previous Post

House Republicans Vote to End Rule Stopping Coal Mining Debris From Being Dumped in Streams

Next Post

President Trump Threatens to Send U.S. Troops to Mexico to Take Care of ‘Bad Hombres’

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

President Trump Threatens to Send U.S. Troops to Mexico to Take Care of 'Bad Hombres'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.