Monday, July 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Ibikorwa by’urugomo rukabije bakorerwa babona bishobora kuzavamo ibindibindi

radiotv10by radiotv10
08/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Ibikorwa by’urugomo rukabije bakorerwa babona bishobora kuzavamo ibindibindi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bamaze igihe bataka urugomo bakorerwa n’aborozi bakomeye bakoresha abashumba bakirara mu ntsina zabo bakazitema bakazigaburira inka zabo, bavuga ko bafite ubwoba bw’umutekano nyuma y’uko hari uwo batemeye urutoki rwa hegitari ebyiri, intsinda zose bakazimarira hasi, ndetse uru rugomo rukaba rwarabyaye inzigo hagati y’abahinzi n’aborozi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yasuye bamwe muri aba bahinzi b’urutoki bo mu Murenge wa Rubavu, bagarutse ku kibazo cy’amakimbirane amaze igihe kinini hagati yabo n’aborozi bakomeye bo muri uyu Murenge, bakavuga ko bamwe muri bo babatemera urutoki bakarugaburira inka zabo.

Gacaniro Jean de Dieu uvuga ko amaze imyaka 3 atabaza ubuyobozi kubera uru rugomo akorerwa, avuga ko hari n’abo byateye ubwoba ku mutekano wabo, ariko bakabura umwanzuro babifatira kuko n’ubuyobozi busa nk’ubwabyirengagije.

Ati “Ko umuntu ahunga akajya mu kindi Gihugu ahunze intambara, njye nzahunga inzara? Keretse banyeretse wenda ahandi hantu naba cyangwa se niyahure njye n’umuryango wanjye wose tuzajye mu Kivu dupfe kuko ntacyo tumariye iki gihugu.”

Nikuze Mariya, akaba umugore wa Gacaniro, yagize ati “Ubuyobozi burabizi, Mudugudu yarahageze arabireba, ntakintu cyakozweho bigeze igihe urutoki rurangiriye.

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko babujijwe umutekano n’aborozi bafite inzuri rwagati mu mirima yabo kuko bashaka kuyibirukanamo ku ngufu.

Umwe ati “Ikintu yaba yarakoreye aba bantu twarakiyobewe, kugira ngo bamugire gutya, umurima bawugire gutya ari wo wari umutunze.”

Bamwe mu bashumba baragirira aba borozi b’abakire, bavuga ko batema intsina z’abaturage, ari ba Sebuja babibategetse bababwira ko bafitanye amakimbirane.

Umwe yagize ati “Hari igihe nk’abakire bamwe na bamwe boroye, wumva bavuze ngo mujye mwa runaka murare muzitema, barare banarugabuye. Ugasanga urutoki rwose bararuhunze rurashize. Ariko urumva na bo nyine ntibiyohereza, ni akazi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko ikibazo cy’amakimbirane y’abahinzi n’aborozi kizwi ndetse ko kiri gushakirwa umuti urambye, habanje kumenya abashumba bavugwaho gukora ibi bikorwa.

Yagize ati “Aho abashumba bagomba guhabwa akazi nk’uko n’undi wese atanga umuntu w’umwishingizi, akagaragaza imyirondoro ye, umuntu utagira indangamuntu ntashobora guhabwa akazi agomba kubanza kuyishaka kandi tugashaka n’amakuru ko aho yavuye ari umuntu w’inyangamugayo.”

Uyu muyobozi kandi avuga ko n’aborozi na bo bazana abashumba bakabasiga muri izi nzuri, bakigendera, na bo bagomba gufatirwa ingamba.

Ati “Iki rero ni ikibazo twafashe ku rwego ruhanitse rw’umutekano, tukaba twizeza Abanyarubavu ko ikibazo tukizi kandi ko turi kugikemura mu buryo burambye.”

Uretse kuba uyu muturage atabarizwa na bagenzi be, ikibazo cye agihuriraho n’abandi, kuko bamwe bakigendana intimba yo kubangamirwa n’aborozi bavuga ko bamaze kubakenesha.

Gacaniro Jean de Dieu avuga ko uru rugomo rumaze gufata indi ntera
Zimwe mu ntsina bazitema zinafite ibitoki bikiri bito

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + twelve =

Previous Post

House Republicans Vote to End Rule Stopping Coal Mining Debris From Being Dumped in Streams

Next Post

President Trump Threatens to Send U.S. Troops to Mexico to Take Care of ‘Bad Hombres’

Related Posts

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abari biyambajwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mugambi wo gutera u Rwanda,...

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

by radiotv10
06/07/2025
0

Abanyamuryango ba za Kaperative zikorana na Pariki y’Igihugu y’Akagera mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahooro cyaje...

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

President Paul Kagame said that those who were hired by the Government of the Democratic Republic of the Congo (DRC)...

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

by radiotv10
04/07/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa amasezerano ruherutse gusinyana na DRC i Washington DC, ariko...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka imaze iminsi igaragara ku mpuzankano y’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
04/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buravuga ko impinduka z’ibendera ry’Igihugu riri ku mpuzankano zazo zimaze iminsi zigaragara, zigamije gukomeza kunoza imyambaro...

IZIHERUKA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda
MU RWANDA

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

by radiotv10
06/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

06/07/2025
Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

President Trump Threatens to Send U.S. Troops to Mexico to Take Care of 'Bad Hombres'

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.