Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi

radiotv10by radiotv10
21/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Icyizere ni cyose ku muti w’ikibazo cy’umugezi wateraga benshi ikikango wanigeze guhitana benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’ubw’Ikigo cy’Umutungo Kamere w’Amazi, barahumuriza abaturiye Umugezi wa Sebeya ko batazongera kugirwaho ingaruka na wo mu gihe wakundaga gutera ibiza, byigeze no guhitana ubuzima bw’abaturage.

Umwaka ushize ubwo Intara y’Iburengerazuba yibasirwaga n’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi yaguye, abatuye Mirenge ya Kanama, Nyundo na Rugerero mu Karere ka Rubavu, bahuye n’isanganya ryaturutse ku mazi y’umugezi wa Sebeya yuzuye akabasanga mu ngo zabo.

Abahanga bavuze ko ikiza nk’iki cyabaye umwaka ushize, cyaherukaga mu myaka isaga 75 ishize. Nyuma y’iki kiza cyahitanye abaturage bagera kuri 28 bo muri aka Karere ka Rubavu, Umuyobozi wako Mulindwa Prosper avuga ko ibyakozwe nk’ikidendezi gifite ubushobozi bwo gufata amazi agera kuri metero kibe 2,5M mu gihe abaye menshi aho kwirara mu ngo z’abaturage n’ibindi bitanga icyizere kiri hejuru. Yagize ati “Iyi damu ikumira ibiza ku kigero kiri hejuru ya 90%.”

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa kanama baturiye iki kidendezi na bo bavuga ko iki gikorwa cyakozwe ari nk’igitangaza nyuma y’igihe kinini bibasirwa n’imyuzure buri kwezi kwa 4 n’ukwa 5.

Umwe ati “Nk’ejobundi imvura iherutse kugwa, yaraje ikubita hano isubira iriya hano hose haba inyanja maze amatiyo ajyana amazi macye macye.”

Gusa bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Nyundo washegeshwe cyane n’ibiza bya Sebeya mu mwaka ushize wa 2023, bavuga ko nubwo kugeza ubu nta mazi yari yabasanga mu ngo zabo ariko bagifite impungenge, ndetse bakibaza impamvu badakurwa mu gihirahiro cy’aho bazatura.

Umwe ati “Impungenge n’ubundi tuzakomeza kugira n’ubundi n’uko bari gukora ibice tukaba dufite icyizere gicye ko amazi aramutse agarutse yanyura ha handi bari gusiga. Dufite n’ikibazo kuko n’iyi saha hari abakiri mu gasozi, hari abasa n’abari mu giti, turibaza ngo ese tuzubakirwa? Ese bazatwimura?”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Umutungo Kamere w’Amazi mu Rwanda, Dr  Rukundo Emmanuel ahumuriza abaturage, kuko ibikorwa biri gukorwa n’ibiteganyijwe bitanga icyizere kandi mu gihe kirambye.

Yagize ati “Izi nkuta n’izi damu zagize umumaro munini cyane, kandi nyuma y’ibi bikorwa turi gukora turimo turanakora na R warning system, ni ukuvuga ngo ni sisiteme ishobora kuburira abaturage mu gihe cy’ibiza.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bukomeza buvuga ko abaturage bari batuye muri metero 10 uvuye kuri uyu mugezi wa Sebeya bose bahakuwe ariko bukizeza n’abandi bawegereye badafite ubushobozi ko buzakomeza kubafasha kububakira uko ubushobozi buzagenda buboneka.

Imirimo yo kubaka ibikorwa byo gutangira amazi yanakozwemo n’abaturage

Bafite icyizere ko Sebeya itazongera kubatera

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + nineteen =

Previous Post

Ihere ijisho uko abakinnyi b’Amavubi baserutse bagiye mu mwiherero (AMAFOTO)

Next Post

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Amakuru agezwego ku mugabo ukekwaho Jenoside wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.