Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in MU RWANDA
4
Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri, yakoreye impanuka mu Mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, igonga ibinyabiziga yasangaga mu nzira birimo na moto yari itwaye umupolisikazi wari ufite ipeti rya IP, wahise yitaba Imana ndetse n’umumotari wari umutwaye.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 26 Werurwe 2023 ahagana saa kumi n’igice ubwo iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imyumbati yamanukaga yinjira mu Mujyi wa Gisenyi, igacika feri, ubundi ikagenda yahuranya ibyo yasangaga mu nzira.

Abayibonye, bavuze ko yabanje gukubita imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari itwaye amatungo, ubundi igahita igonga moto yari iriho abantu babiri barimo umumotari wari uyitwaye ndetse n’umupolisikazi witwa Niyonsaba Drocella wari ufite ipeti rya Inspector of Police (IP), bombi bahise bahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yemeye aya makuru ko abantu babiri ari bo baguye muri iyi mpanuka, barimo uyu mupolisikazi IP Niyonsaba ndetse n’umumotari wari umutwaye kuri moto.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso kandi yanagonze imodoka itwara abagenzi ya Coaster ariko irayihusha kuko umushoferi wari uyitwaye yayibonye imanuka yiruka, agasa nk’uyihigamira.

Nyuma y’iyi mpanuka, umushoferi wari utwaye iyi modoka yakoze impanuka, yahise abura, mu gihe uwo bari kumwe yavuze ko yari yacitse feri ku buryo yagonze ibi binyabiziga ubwo yagendaga ashakisha aho yayegeka.

Aha habereye iyi mpanuka, si rimwe cyangwa kabiri zihabereye kuko zikunze kuhabera, aho bamwe bavuga ko biterwa n’uburyo hamanuka cyane, abahaturiye bagasaba ko hakwiye kugira igikorwa kugira ngo hadakomeza kujya hasigara ubuzima bwa bamwe.

Nyakwigendera IP Drocella
Yari impanuka ikomeye

RADIOTV10

Comments 4

  1. Ntaganzwa Joseph says:
    3 years ago

    Imana yakire bariya bantu bagiye muri iriya mpanuka,Kandi twihanganishije imiryango yabo.

    Reply
    • Franc says:
      3 years ago

      Niba ntibeshye iyi fuso nari nayiciyeho muri Uganda bayikorogoshora ipakiye imyumbati(ibivunde byirabura byumye cyane)yaritonze umurongo itegereje ko yambuka ikaza murwanda.ariko kuki imodoka zivuye ibugande zikunze gukorera impanuka aho igisenyi?

      Reply
  2. Imanishimwe Anastase says:
    3 years ago

    Nyakwigendera dorcella imana ikwakire mubayo kbx
    Gusa wari utanga service neza peee tuje kwiyandikisha muri RNP
    Nawe ntagasani uburyo watwakiranye urugwiro nawe ntagasani azabikwiture

    Reply
  3. Niyonkuru Obed says:
    3 years ago

    Lest in peace

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Next Post

Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.