Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in MU RWANDA
4
Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri, yakoreye impanuka mu Mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, igonga ibinyabiziga yasangaga mu nzira birimo na moto yari itwaye umupolisikazi wari ufite ipeti rya IP, wahise yitaba Imana ndetse n’umumotari wari umutwaye.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 26 Werurwe 2023 ahagana saa kumi n’igice ubwo iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imyumbati yamanukaga yinjira mu Mujyi wa Gisenyi, igacika feri, ubundi ikagenda yahuranya ibyo yasangaga mu nzira.

Abayibonye, bavuze ko yabanje gukubita imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari itwaye amatungo, ubundi igahita igonga moto yari iriho abantu babiri barimo umumotari wari uyitwaye ndetse n’umupolisikazi witwa Niyonsaba Drocella wari ufite ipeti rya Inspector of Police (IP), bombi bahise bahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yemeye aya makuru ko abantu babiri ari bo baguye muri iyi mpanuka, barimo uyu mupolisikazi IP Niyonsaba ndetse n’umumotari wari umutwaye kuri moto.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso kandi yanagonze imodoka itwara abagenzi ya Coaster ariko irayihusha kuko umushoferi wari uyitwaye yayibonye imanuka yiruka, agasa nk’uyihigamira.

Nyuma y’iyi mpanuka, umushoferi wari utwaye iyi modoka yakoze impanuka, yahise abura, mu gihe uwo bari kumwe yavuze ko yari yacitse feri ku buryo yagonze ibi binyabiziga ubwo yagendaga ashakisha aho yayegeka.

Aha habereye iyi mpanuka, si rimwe cyangwa kabiri zihabereye kuko zikunze kuhabera, aho bamwe bavuga ko biterwa n’uburyo hamanuka cyane, abahaturiye bagasaba ko hakwiye kugira igikorwa kugira ngo hadakomeza kujya hasigara ubuzima bwa bamwe.

Nyakwigendera IP Drocella
Yari impanuka ikomeye

RADIOTV10

Comments 4

  1. Ntaganzwa Joseph says:
    3 years ago

    Imana yakire bariya bantu bagiye muri iriya mpanuka,Kandi twihanganishije imiryango yabo.

    Reply
    • Franc says:
      3 years ago

      Niba ntibeshye iyi fuso nari nayiciyeho muri Uganda bayikorogoshora ipakiye imyumbati(ibivunde byirabura byumye cyane)yaritonze umurongo itegereje ko yambuka ikaza murwanda.ariko kuki imodoka zivuye ibugande zikunze gukorera impanuka aho igisenyi?

      Reply
  2. Imanishimwe Anastase says:
    3 years ago

    Nyakwigendera dorcella imana ikwakire mubayo kbx
    Gusa wari utanga service neza peee tuje kwiyandikisha muri RNP
    Nawe ntagasani uburyo watwakiranye urugwiro nawe ntagasani azabikwiture

    Reply
  3. Niyonkuru Obed says:
    3 years ago

    Lest in peace

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Next Post

Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.