Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
27/03/2023
in MU RWANDA
4
Rubavu: Impanuka ikomeye yasize inkuru y’incamugongo y’umupolisikazi washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka y’ikamyo bikekwa ko yari yacitse feri, yakoreye impanuka mu Mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, igonga ibinyabiziga yasangaga mu nzira birimo na moto yari itwaye umupolisikazi wari ufite ipeti rya IP, wahise yitaba Imana ndetse n’umumotari wari umutwaye.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 26 Werurwe 2023 ahagana saa kumi n’igice ubwo iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imyumbati yamanukaga yinjira mu Mujyi wa Gisenyi, igacika feri, ubundi ikagenda yahuranya ibyo yasangaga mu nzira.

Abayibonye, bavuze ko yabanje gukubita imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari itwaye amatungo, ubundi igahita igonga moto yari iriho abantu babiri barimo umumotari wari uyitwaye ndetse n’umupolisikazi witwa Niyonsaba Drocella wari ufite ipeti rya Inspector of Police (IP), bombi bahise bahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yemeye aya makuru ko abantu babiri ari bo baguye muri iyi mpanuka, barimo uyu mupolisikazi IP Niyonsaba ndetse n’umumotari wari umutwaye kuri moto.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Fuso kandi yanagonze imodoka itwara abagenzi ya Coaster ariko irayihusha kuko umushoferi wari uyitwaye yayibonye imanuka yiruka, agasa nk’uyihigamira.

Nyuma y’iyi mpanuka, umushoferi wari utwaye iyi modoka yakoze impanuka, yahise abura, mu gihe uwo bari kumwe yavuze ko yari yacitse feri ku buryo yagonze ibi binyabiziga ubwo yagendaga ashakisha aho yayegeka.

Aha habereye iyi mpanuka, si rimwe cyangwa kabiri zihabereye kuko zikunze kuhabera, aho bamwe bavuga ko biterwa n’uburyo hamanuka cyane, abahaturiye bagasaba ko hakwiye kugira igikorwa kugira ngo hadakomeza kujya hasigara ubuzima bwa bamwe.

Nyakwigendera IP Drocella
Yari impanuka ikomeye

RADIOTV10

Comments 4

  1. Ntaganzwa Joseph says:
    3 years ago

    Imana yakire bariya bantu bagiye muri iriya mpanuka,Kandi twihanganishije imiryango yabo.

    Reply
    • Franc says:
      3 years ago

      Niba ntibeshye iyi fuso nari nayiciyeho muri Uganda bayikorogoshora ipakiye imyumbati(ibivunde byirabura byumye cyane)yaritonze umurongo itegereje ko yambuka ikaza murwanda.ariko kuki imodoka zivuye ibugande zikunze gukorera impanuka aho igisenyi?

      Reply
  2. Imanishimwe Anastase says:
    3 years ago

    Nyakwigendera dorcella imana ikwakire mubayo kbx
    Gusa wari utanga service neza peee tuje kwiyandikisha muri RNP
    Nawe ntagasani uburyo watwakiranye urugwiro nawe ntagasani azabikwiture

    Reply
  3. Niyonkuru Obed says:
    3 years ago

    Lest in peace

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Abatsindiye indishyi bizagenda bite?- Me Evode ahishyuye byinshi bizakurikira ifungurwa rya Rusesabagina

Next Post

Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Abakomando b’Abarundi baherutse kujya muri DRCongo batangiye gukora ibitangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.