• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25

radiotv10by radiotv10
27/04/2022
in Uncategorized
0
Rubavu: Umugore wishe umugabo we ubwo barwanaga bapfuye igikatsi yakatiwe imyaka 25
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Kagari ka Bijyjyo mu  Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero yakatiwe gufungwa imyaka 25 nyuma y’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu rumuhamije kwica umugabo we ubwo barwanaga bapfa igikatsi.

Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu rwakatiye uyu mugore witwa Munganyinka Bibiane iki gifungo cy’imyaka 25, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica umugabo we Baraturwango Francois bakundaga kwita Mitera.

Iki cyaha cyabereye mu Mudugudu wa Rutonde mu Kagali ka Bijyjyo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero mu ijoro ryo ku ya 28 Werurwe 2022.

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Rubavu bwaregaga uyu mugore iki cyaha, bwavuze ko muri iryo joro ryo ku ya 28 Werurwe, Munganyinka Bibiane yagiranye amakimbirane na Baraturwango Francois alias Mitera bapfuye ko Munganyinka yari yimye igikatsi umugore baturanye.

Aya makimbirane yatumye bafatana mu mashati, umugabo wari wasinze yikubita hasi, umugore ahita afata isuka ayikubita umugabo we mu mutwe arapfa.

Munganyinka yaburanye yemera icyaha, anagisabira imbabazi, avuga ko yabitewe no kuba umugabo we na we yari yabanje kumukubita.

Uregwa yasabye imbabazi no kugabanyirizwa ibihano ndetse anorohereza ubutabera ari na byo byatumye Urukiko rumuhanisha gufungwa imyaka 25.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + seventeen =

Previous Post

Icyatumye umutoza wa rayon afata umweyo agakubura cyamenyekanye

Next Post

Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021

Nari ndemerewe no kubiceceka- Uwabaye igisonga muri MissRwanda2021

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.